15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

w’Imana azabashe kuzitwibutsa mu gihe cy’akaga. Dawidi yaravuze ati, “Nabikiye ijambo<br />

ryawe mu mutima wanjye, kugira ngo ntagucumuraho. “ 9<br />

Abarangamiye ibizahoraho bakwiriye kwirinda ibibatera gushidikanya. Inkingi<br />

zishyigikiye ukuri nazo zizagotwa. Ntibyashoboka kuba aho udahura n’imvugo isesereza<br />

n’inyigisho ziyobya, zo gushidikanya n’ibyorezo byo muri iki gihe cy’ubuhemu. Satani afite<br />

ibishuko bya buri rwego rwose rw’abantu. Ategesha abatarize amashyengo cyangwa<br />

amazimwe, naho ku abize akabateza impaka mu bya siyansi n’intekerezo z’ubucurabwenge<br />

agamije gutuma Ibyanditswe Byera bitiringirwa cyangwa biteshwa agaciro. Ndetse no ku<br />

rubyiruko rudafite ubumenyi buhagije, abateramo gushidikanya ku byerekeye amahame<br />

shingiro ya Gikristo. Kandi ubwo buhemu bw’urubyiruko budafite ishingiro, bugira ingaruka.<br />

Benshi batangira kunenga kwizera kwa ba Sekuru no guheza Mwuka baherwa ubuntu. Benshi<br />

bari barasezeranye mu mibereho yabo kuzubaha Imana no kubera ab’isi imigisha, bagasigara<br />

bagengwa no gukiranirwa. Abiringira bose intekerezo zuzuyemo ubwibone bwa muntu kandi<br />

bakiyumvamo ko bashobora gusobanura ubwiru bw’Imana maze bakibwira ko bagera ku kuri<br />

batabikesha ubwenge mvajuru, bene abo bafatirwa mu mitego ya Satani.<br />

Ubu turiho mu gihe gikomeye cy’amateka y’iyi si. Iherezo rya benshi riri hafi kugera.<br />

Imibereho yacu y’ahazaza ndetse n’agakiza k’abandi bantu bishingiye ku guhitamo kwacu<br />

kwa none. Dukeneye kuyoborwa na Mwuka w’ukuri. Uwizera Kristo wese akwiriye kwibaza<br />

atya ati, “Mana yanjye urashaka ko nakora iki ?’‘ Dukeneye kwicishiriza bugufi imbere<br />

y’Uwiteka, twiyiriza ubusa kandi dusenga, kandi tukigana Ijambo ry’Imana umwete mwinshi,<br />

cyane cyane dutekereza ku bijyanye n’urubanza. Tugomba kugira umwete wo kugira<br />

ubumenyi bwimbitse mu by’Imana. Nta gihe na gito dufite cyo gupfusha ubusa. Ibyaduka<br />

bikomeye biratugose; turi mu gikingi Satani yishimira. Ntimuhunikire yemwe barinzi<br />

bashyizweho n’Imana; kuko umwanzi abasatiriye, ahora arekereje ngo igihe cyose mushobora<br />

gucika intege cyangwa muhunyiza, abagwe gitumo maze abahindure umuhigo we.<br />

Benshi bashukwa no gutekereza uko bagaragara imbere y’Imana. Barishimagiza kuko<br />

badakora ibibi, ariko bakibagirwa kureba ibikorwa by’indashyikirwa n’ibyo ubugwaneza<br />

Imana ibasaba, nyamara bakaba barabyirengagije ntibabikore. Ntibihagije kuba ibiti byo mu<br />

murima w’Imana. Bagomba gukora icyo Imana ibatezeho ari byo kwera imbuto. Imana<br />

izababaza impamvu yatumye badakora ibyiza bashoboraga gukora babishobojwe n’ubuntu<br />

bwayo. Mu bitabo byo mu ijuru handitswemo ko ari ibiti by’imburamumaro birumbaraye mu<br />

murima. Nyamara, iby’iryo tsinda ry’abameze batyo ntibiragera aho biba akahebwe. Imana<br />

y’Inyarukundo iracyararika abo bose bahinyuye imbabazi zayo kandi bakirengagiza ubuntu<br />

bwayo muri aya magambo: “Usinziriye we, kanguka, uzuke, Kristo abone uko akumurikira,<br />

mucunguze uburyo umwete kuko iminsi ari mibi”. 10<br />

Ubwo igihe cy’ishungura kizaba kigeze, abagize Ijambo ry’Imana umuyobozi w’ubugingo<br />

bwabo bazagaragara. Mu gihe cy’impeshyi, ntushobora gutandukanya ibiti bihorana ibibabi<br />

bitoshye n’ibindi biti; ariko iyo umuyaga w’urugaryi uhindukiye, ibiti by’amababi atoshye<br />

434

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!