15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

ari ibyo nihangiye.” 5 Iyaba abantu bafataga Bibiliya nk’uko yanditswe, iyaba hatabagaho<br />

abigisha b’ibinyoma bayobya kandi bakajijisha intekerezo z’abantu, haba harakozwe<br />

umurimo wo kunezeza abamarayika b’Imana kandi ukagarurira Kristo ibihumbi byinshi<br />

by’abantu barimo kuraragirira mu buyobe.<br />

Dukwiriye kumenyereza imbaraga z’ubwenge bwacu kwiga Ibyanditswe Byera kandi<br />

tukiha inshingano yo kwimbika cyane kugira ngo dusobanukirwe, dukurikije ubushobozi<br />

bw’umuntu, ibikomeye cyane by’Imana; nanone kandi ntidukwiriye kwibagirwa ko<br />

ubugwaneza no kwicisha bugufi by’umwana ari byo biranga umwigishwa nyakuri. Ingorane<br />

ziboneka mu Byanditswe Byera ntizishobora gukemurwa mu buryo busanzwe bukoreshwa<br />

mu gukemura ibibazo by’ubucurabwenge. Ntidukwiriye kwiga Bibiliya twishingikirije ku<br />

buhanga bwacu nk’uko benshi bakora mu gihe biga ubucurabwenge, ahubwo dukwiriye,<br />

kuyiga dusenga kandi twishingikirije ku Mana kandi twifuza kumenya ibyo Imana ishaka.<br />

Dukwiriye kuza dufite umutima wicisha bugufi kandi wemera kwigishwa kugira ngo tubone<br />

ubumenyi bukomoka kuri NDIHO. Bitabaye bityo, abadayimoni bazahumisha ubwenge<br />

bwacu kandi banangire imitima yacu kugira ngo tudasobanukirwa ukuri.<br />

Imigabane imwe yo mu Byanditswe abahanga benshi bayita amayobera, cyangwa<br />

bakavuga ko ari imburamumaro, nyamara ahubwo yuzuyemo amagambo y’ihumure<br />

n’inyigisho ku muntu wese wigiye mu ishuri rya Kristo. Impamvu imwe ituma abize<br />

iby’iyobokamana badasobanukirwa n’Ijambo ry’Imana, ni uko bafunga amaso yabo ngo<br />

batareba ukuri kandi badashaka kuzagukurikiza. Gusobanukirwa n’ukuri kwa Bibiliya<br />

ntibiterwa n’imbaraga z’ubwenge umuntu abikoranye, ahubwo biterwa n’umugambi bwite<br />

n’ubushake bwo gushakashaka gukiranuka.<br />

Bibiliya ntikwiriye na rimwe kwigwa hatabayeho gusenga. <strong>Umwuka</strong> Muziranenge niwe<br />

wenyine ubasha kudutera kumva akamaro k’ibyo bintu bitaruhije gusobanuka, cyangwa<br />

akaturinda kugoreka ukuri tudasobanukiwe. Ni umurimo w’abamarayika bo mu ijuru<br />

gutegurira imitima gusobanukirwa n’Ijambo ry’Imana kugira ngo twumve tunejejwe<br />

n’ubwiza bwaryo, tumenye neza n’imiburo yaryo kandi tugakomezwa n’amasezerano yaryo.<br />

Iri sengesho ry’Umunyazaburi rikwiriye kuba iryacu natwe, “Hwejesha amaso yanjye kugira<br />

ngo ndebe ibitangaza byo mu mategeko yawe.” 6 Kenshi ibishuko bisa nk’ibitari ibyo<br />

gutsindwa bitewe n’uko ugeragezwa yirengagiza gusenga no kwiga Bibiliya, maze ntiyitegure<br />

kwibuka amasezerano y’Imana no guhangana na Satani yitwaje intwaro zo mu Byanditswe.<br />

Ariko abamarayika bahora hafi y’abashaka kwigishwa ibyo mu ijuru; kandi mu gihe<br />

bibaye ngombwa cyane bazabibutsa ukuri kose bazaba bakeneye. ‘’Nuko rero, ubwo umwanzi<br />

azabatera ameze nk’umugezi uhurura cyane, <strong>Umwuka</strong> w’Uwiteka azabagota abarinde umubi.<br />

‘’ 7<br />

Yesu yasezeraniye abigishwa be ati, “Ariko Umufasha ari we Mwuka Muziranenge, uwo<br />

Data azatuma mu izina ryanjye ni we uzabigisha byose, abibutse ibyo nababwiye byose. “ 8<br />

Ariko inyigisho za Yesu zikwiriye kubanza kubikwa mu ntekerezo kugira ngo <strong>Umwuka</strong><br />

433

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!