15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Ukuri n’ikuzo by’Imana ntibitandukana; ntibishoboka ko kuri twe abashyikirijwe Bibiliya,<br />

twakubahisha Imana intekerezo z’ubuyobe. Benshi bavuga ko icyo umuntu yaba yizera cyose,<br />

apfa gusa kuba afite imibereho itunganye. Ariko kandi, imibereho igaragazwa no kwizera.<br />

Niba umucyo n’ukuri byaratugezeho, maze tukirengagiza amahirwe yo kukumva no<br />

kukureba, ubwo tuba tukwanze; duhisemo umwijima mu cyimbo cy’umucyo. ‘’Hariho inzira<br />

umuntu yibwira ko ari nziza, ariko iherezo ryayo rikaba inzira z’urupfu”. 3<br />

Igihe hariho amahirwe yose yo kumenya ibyo Imana ishaka, ubujiji ntibuba bukibaye<br />

urwitwazo rwo kuyoba cyangwa gucumura. Umugenzi ageze mu ihuriro ry’inzira nyinshi<br />

kandi ibyapa byerekana aho inzira yose igana, aramutse yirengagije ibyo byapa, akanyura mu<br />

nzira abona ko ariyo imubereye iyo ukuri, ashobora kuba abikoze yumva ko ari mu kuri kwe,<br />

nyamara bidatinze azisanga yanyuze inzira yamuyobeje.<br />

Imana yaduhaye Ijambo ryayo kugira ngo tubashe kwimenyereza inyigisho zikubiyemo<br />

kandi tunamenye ubwacu icyo Imana idusaba. Igihe umunyamategeko yasangaga Yesu,<br />

akamubaza ati,“Nakora iki kugira ngo nzaragwe ubugingo buhoraho ?’‘ Umukiza<br />

yamusubirishije Ibyanditswe agira ati: “Byanditswe bite mu mategeko? Wasomyemo iki?’‘<br />

Ubujiji ntibubasha kubera umusore cyangwa umusaza urwitwazo, cyangwa ngo bubakureho<br />

igihano gikwiriye uwishe itegeko ry’Imana; kuko bafite mu biganza byabo umuyobozi<br />

w’indahemuka w’ayo mategeko, n’amabwiriza yayo ndetse n’ibyo asaba. Kugira imigambi<br />

myiza ntibihagije; ntibihagije ko umuntu yakora icyo abona kimubereye cyiza, cyangwa se<br />

icyo umubwiriza yavuze ko ari cyo cy’ukuri. Agakiza k’umuntu kari mu maboko ye, kandi<br />

agomba kwishakashakira ubwe mu Byanditswe Byera. Uko kwizera k’umuntu kwaba<br />

gukomeye kose, uko yaba yiringira kose ko umubwiriza we azi ukuri, ibi si byo byaba<br />

urufatiro rwo kwizera kwe. Afite igishushanyo cyerekana inzira igana mu ijuru; kandi ntawe<br />

ugomba kwihimbira iyo nzira.<br />

Inshingano y’ibanze kandi y’agaciro gakomeye ku muntu wese ni iyo kumenya icyo ukuri<br />

aricyo binyuze mu Byanditswe Byera, maze akagendera mu mucyo kandi agatera abandi<br />

umwete wo gukurikiza icyitegererezo cye. Buri munsi dukwiriye kwigana Bibiliya umwete,<br />

tugashyira ku gipimo buri ngingo kandi tukagereranya umurongo ku murongo. Dufashijwe<br />

n’Imana, ubwacu tuziyunguramo ibitekerezo nk’uko aritwe ubwacu tuzibarizwa ibyacu<br />

imbere y’Imana.<br />

Ukuri gusobanutse kwagaragajwe muri Bibiliya kwashidikanyijweho kandi gushyirwa mu<br />

mwijima n’abahanga biyise ko ari abanyabwenge buhanitse, bigisha ko Ibyanditswe Byera<br />

bifite amayobera, ibanga ry’ibya mwuka ridashora kumvikana mu rurimi ryakoreshejwemo.<br />

Abo ni abigisha b’ibinyoma. Bari mu itsinda rya ba bandi Yesu yavuzeho aya magambo ati,<br />

“Mwarayobye, kuko mutamenye Ibyanditswe, ntimumenye n’ububasha bw’Imana.’‘ 4<br />

Imvugo ya Bibiliya ikwiriye gusobanurwa hakurikijwe ubusobanuro bwayo nyabwo, keretse<br />

ahakoreshejwe ibimenyetso cyangwa imibare. Yesu yatanze isezerano ati, “Umuntu wese<br />

ukunda gukora ibyo Imana ishaka, azamenya ko ibyo nigisha bituruka ku Mana, cyangwa ko<br />

432

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!