15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Nguko uko amakosa akomeye yivanze mu myizerere ya gikristo. Rimwe muri ayo makosa<br />

ni ukwemera ko ubugingo bw’umuntu budapfa kandi ko umuntu wapfuye akomeza kugira<br />

ibyo amenya. Iyo nyigisho ni yo ubutegetsi bw’i Roma bwafatiyeho bushyiraho gusenga<br />

abatagatifu no kwambaza Mariya. Aho kandi ni ho haturutse ubuyobe buvuga ko ku iherezo<br />

abatarihannye bazahora bababazwa, ubwo buyobe bukaba bwarahise bwinjizwa mu<br />

myizerere y’ubupapa.<br />

Ubwo ni bwo inzira yaharuriwe kwinjiza mu itorero ikindi gihimbano cya gipagani, ari<br />

cyo itorero ry’i Roma ryise purigatori, kandi rigikoresha ritera ubwoba imbaga y’abantu<br />

bizeraga Imana batayisobanukiwe neza ndetse n’abari mu mihango ya gipagani. Iyo nyigisho<br />

y’ubuyobe yashimangiraga ko hariho ahantu ho kubabarizwa, akaba ari ho abantu bigaragara<br />

ko badakwiye kurimburwa by’iteka ryose baherwa igihano cy’ibyaha byabo, maze bamara<br />

kubihumanurwaho bakabona kwemererwa kujya mu ijuru. 20<br />

Itorero ry’i Roma ryari rikeneye guhimba ikindi kinyoma ryakwifashisha kugira ngo rigire<br />

inyungu rikura mu bwoba n’ingeso mbi by’abayoboke baryo. Icyo ryakigezeho rigishobojwe<br />

n’inyigisho yo kugura imbabazi z’ibyaha. Abantu bose biyemezaga kurwanira papa mu<br />

ntambara yarwanaga ashaka kwagura ubutware bwe, ashaka guhana abanzi be cyangwa<br />

ashaka gutsembatsemba abatinyukaga guhakana ko ari umuyobozi w’itorero w’ikirenga. Abo<br />

bantu basezeranirwaga kubabarirwa ibyaha bakoze kera, ibyo bakoraga mu gihe barimo<br />

n’ibyo bari kuzakora mu bihe bizaza, ndetse no gukurirwaho imibabaro n’ibihano byari<br />

kubageraho kubera ibyo byaha. Abantu kandi bigishijwe ko guha itorero amafaranga byatuma<br />

bashobora gukizwa ibyaha ndetse bagashobora no gukiza ababo bapfuye babaga bababarizwa<br />

mu muriro. Nguko uko abategetsi b’i Roma bigwijeho ubutunzi, kandi bashimangira<br />

kwishyira hejuru, kwirimbisha ndetse n’ubukozi bw’ibibi byakorwaga n’abiyitaga<br />

abahagarariye Umukiza utarigeze agira aho kurambika umusaya.<br />

Itegeko ryo muri Byanditswe ryerekeye umuhango w’ifunguro ryera bari bararisimbuje<br />

umuhango ujyanye no gutamba igitambo cya misa mu buryo bwo kuramya ibigirwamana.<br />

Abapadiri bakoreraga ubupapa bihamyaga ko bakoresheje imihango yabo idafite icyo ivuze<br />

bahindura umugati na divayi bisanzwe bikaba “umubiri n’amaraso nyakuri bya Kristo.” 21<br />

Mu kwigerezaho kuzuyemo gusuzugura Imana, bavugiraga mu ruhame ko bafite<br />

ubushobozi bwo kurema Imana, ari yo Muremyi wa byose. Abakristo bategetswe guhamya<br />

ko bizeye ubwo buyobe buteye ubwoba kandi butuka Imana, bitaba ibyo bakicwa. Abantu<br />

benshi cyane banze kubyemera baratwitswe.<br />

Mu kinyejana cya cumi na gatatu hashyizweho ikintu giteye ubwoba kurusha ibindi bibi<br />

byose byashyizweho n’ubupapa. Icyo kintu cyabaye urukiko rwo gucukumbura no guhana<br />

bafataga ko bari mu buyobe. Umutware w’umwijima yakoranaga n’abayobozi b’inzego zose<br />

z’abapapa. Mu nama bajyaga bihishe, Satani n’abamarayika be ni bo babaga bayoboye<br />

intekerezo z’abo banyabibi, mu gihe hagati yabo habaga hahagaze umumarayika w’Imana<br />

utaragaragariraga amaso wabaga akora raporo iteye ubwoba y’amategeko y’ubukozi bw’ibibi<br />

36

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!