15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Igice Cya 37 – Ibyanditswe Byer ani Umurinzi<br />

‘‘Nimusange amategeko y’Imana n’ibiyihamya. Nibatavuga ibihwanye n’iryo jambo nta<br />

museke uzabatambikira.’‘ 1 Abantu b’Imana bayoborwa ku Byanditswe Byera kugira ngo<br />

bibarinde abigisha b’ibinyoma n’imbaraga z’imyuka y’umwijima iyobya. Satani akoresha<br />

ubucakura bwose kugira ngo abuze abantu gusobanukirwa na Bibiliya; kuko ihishyira ku<br />

mugaragaro ubuhendanyi bwe. Mu ihembura iryo ari ryo ryose ry’umurimo w’Imana,<br />

umutware w’ikibi arahaguruka agakorana umwete umurimo we; n’ubu arakoresha imbaraga<br />

zirenze urugero mu ntambara iheruka arwanya Kristo n’abayoboke be. Ubuyobe buheruka<br />

kandi bukomeye bugiye kuzigaragariza imbere yacu bidatinze. Anti-Kristo agiye gukorera<br />

ibitangaza n’ibimenyetso mu maso yacu. Azakoresha ubuhendanyi bukomeye busa n’ukuri<br />

ku buryo kubutahura bitazaba byoroshye uretse kuba warasomye Ibyanditswe Byera. Mu<br />

buhamya bw’abo biyita Kristo, ijambo ryose n’igitangaza cyose bigomba gusuzumanwa<br />

ubushishozi.<br />

Abakomeza amategeko yose y’Imana bazarwanywa kandi babakobe. Bazashobora<br />

gushikama mu masezerano y’Imana. Kugira ngo bazabashe kwihanganira ibigeragezo<br />

bibategereje, bakwiriye gusobanukirwa n’ubushake bw’Imana nk’uko buri mu Ijambo ryayo;<br />

bazashobora kuyihesha icyubahiro kuko bamenye ukuri kw’imico yayo, ubutegetsi bwayo<br />

n’imigambi yayo, kandi babe ari byo gusa bagenderaho. Nta n’umwe uzahagarara ashikamye<br />

mu gishuko giheruka, keretse gusa abashikamishije intekerezo zabo mu kuri kw’Ijambo<br />

ryayo. Umuntu wese azagerwaho n’iki kibazo ngo: Mbese nzumvira Imana kuruta abantu?<br />

Iki nicyo gihe cyacu cyo gufata icyemezo giheruka. Mbese ibirenge byacu bihagaze ku rutare<br />

rw’Ijambo ry’Imana ridahinduka? Mbese ubu twiteguye kuzahagarara dushikamye ngo<br />

duhamye amategeko y’Imana no kwizera Yesu?<br />

Mbere y’uko abambwa ku musaraba, Umukiza yasobanuriye abigishwa be ko azicwa,<br />

kandi ko azazuka, kandi abamarayika bari aho biteguye gusohoza ayo magambo mu bwenge<br />

no mu mitima by’abigishwa be. Nyamara bo, bari bahanze amaso ibyo igihe gito aribyo<br />

kubaturwa ku ngoyi y’Abaroma, kandi ntibari kubasha kwihanganira ko Uwari ibyiringiro<br />

bya bose abasha gupfa urupfu rw’urukozasoni nk’urwo. Amagambo bari bakeneye kwibuka<br />

yahanaguritse mu bitekerezo byabo, maze igihe cy’ibigeregezo gisohoye, gisanga batiteguye.<br />

Urupfu rwa Yesu rwarabatunguye bamera nk’aho batigeze babimenyeshwa mbere y’igihe.<br />

Nuko rero, ubuhanuzi butwereka neza ahazaza nk’uko byahishuriwe abigishwa mu magambo<br />

ya Yesu. Ibimenyetso byinshi byerekana ko igihe cy’imbabazi kiri hafi kurangira kandi<br />

n’imyiteguro y’igihe cy’akaga, byose byaragaragajwe. Nyamara abantu ibihumbi byinshi<br />

ntibasobanukiwe n’uko kuri gukomeye nk’aho batigeze baguhishurirwa. Satani araboga<br />

runono ngo ate kure igitekerezo cyose cyabahindura abanyabwenge bagasobanukirwa ibyo<br />

agakiza, maze igihe cy’akaga kizasange batiteguye.<br />

Iyo Imana yoherereje abantu ubutumwa bwayo bw’imbuzi zikomeye, bugatangwa<br />

nk’ubutangajwe n’Abamarayika bera baguruka baringanije ijuru, isaba umuntu wese ufite<br />

429

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!