15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

ahirimbanira guteza imbere ubutegetsi bw’Ijuru, nyamara ahubwo akoresha imbaraga ze zose<br />

rwihishwa kugira ngo abuhirike. Maze umugambi nyakuri yaharaniraga kugeraho<br />

akawugereka ku bamarayika b’indahemuka. Imikorere nk’iyo y’ubushukanyi niyo yaranze<br />

amateka y’itorero Gatolika ry’i Roma. Ryiyise ko rikora nk’Umusimbura w’Imana ku isi,<br />

nyamara rigamije kwishyira hejuru y’Imana kandi rihindura n’amategeko yayo. Ku itegeko<br />

rya Roma, abishwe kubwo kuba indahemuka z’ubutumwa bwiza biswe inkozi z’ibibi;<br />

babashinja ko bakorana na Satani; kandi bagakoresha uburyo bwose bushohoboka ngo<br />

babasebye, babagaragaze imbere y’abantu n’imbere yabo ubwabo ko ari ibivume ruharwa.<br />

Uko rero niko bizamera, no muri iki gihe. Ubwo Satani ahirimbanira gutsemba abakomeza<br />

amategeko y’Imana, azakora kuburyo bashinjwa kuba ari bo bayica, nk’abantu batesha Imana<br />

agaciro kandi isi ikaba igiye gucirwaho iteka ari bo izize.<br />

Ntabwo Imana izigera ihata ubushake cyangwa umutimanama w’umuntu; nyamara Satani<br />

we kugira ngo abone uko yigarurira abo adashobora koshya, yitabaza ubugizi bwa nabi.<br />

Kubera ubwoba cyangwa agahato, yihatira gutegeka umutimanama w’u muntu kugira ngo<br />

amuramye. Kugira ngo agere kuri uwo mugambi, akorera mu idini no mu butegetsi bw’isi,<br />

agahagurukiriza ubutegetsi guhatira abantu gukomeza amategeko y’abantu, bagasuzugura<br />

ay’Imana.<br />

Abakomeza Isabato yo muri Bibiliya bazaregwa ko ari abanzi b’amategeko na gahunda,<br />

ko babangamiye imibereho myiza ya rubanda, ibyigenge kandi byangiritse, kandi bakaba ari<br />

bo batuma Imana igiye gucira isi ho iteka. Ubwitonzi bwabo no gushikama mu byo bizera<br />

bazabyita gukabya, kutava ku izima no gusuzugura ubutegetsi. Bazaregwa ko bahinyura<br />

ubutegetsi. Ababwiriza barwanya amategeko y’Imana bazatangariza ku ruhimbi ko abantu<br />

bafite inshingano yo kumvira ubutegetsi bw’isi nk’ubwashyizweho n’Imana. Mu nteko<br />

ishinga amategeko, no mu nkiko z’ubucamanza, abakomeza amategeko y’Imana bazavugwa<br />

nabi, bacirweho iteka. Amagambo yabo azagorekwa; bazabakekera imigambi mbi batigeze<br />

kugira.<br />

Nk’uko amatorero y’Abaporotesitanti yanga ibihamya by’ukuri byo mu Byanditswe<br />

Byera bishyigikira amategeko y’Imana, bazashaka gucecekesha abafite kwizera gushikamye<br />

kandi badashobora guhirika hakoreshejwe Bibiliya. N’ubwo muri iki gihe bahumiriza ngo<br />

batareba ukuri, bari mu murongo ubaganisha ku gutoteza abazanga gushyira hamwe n’abandi<br />

bakristo ngo bakomeze umunsi w’ikiruhuko washyizweho n’ubupapa.<br />

Abanyacyubahiro bo mu matorero n’abo mu buyobozi bw’igihugu bazishyira hamwe ngo<br />

bahongere, bahendahende cyangwa boshye abantu bo mu nzego zose kuruhuka ku munsi wa<br />

mbere w’icyumweru (Dimanche). Nuko rero, amategeko mvajuru azasimbuzwa amategeko<br />

y’agahato. Kwangirika k’ubutegetsi bizasenya gukunda ubutabera kandi bitume ukuri<br />

kwirengagizwa; ndetse no muri Amerika yigenga ubwayo, abategetsi, abanyamategeko, mu<br />

rwego rwo kwiyegereza abaturage, bazubahiriza ibyo rubanda rushaka bahatira abantu<br />

kuruhuka ku munsi wa mbere w’icyumweru. Umudendezo w’umutimanama wabonetse<br />

427

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!