15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

bifatanye n’ububasha bwa Roma; maze ku bufatanye bw’izo mbaraga uko ari eshatu, icyo<br />

gihugu kizagera ikirenge mu cya Roma gisiribange rwose uburenganzira bwo guhitamo.<br />

Nk’uko imyuka y’abadayimoni yigana cyane abitwa Abakristo bo muri iki gihe, ifite<br />

imbaraga zikomeye zo kuyobya abantu ikabagusha mu mitego yayo. Satani ubwe arihindura<br />

akisanisha n’ibiriho. Azigaragaza afite imico nk’iya Marayika w’umucyo. Binyuze mu<br />

kwizera imyuka, hazakorwa ibitangaza, abarwayi bazakira, kandi hakorwe n’ibindi bitangaza<br />

bitabasha guhinyuzwa. Maze ubwo iyo myuka mibi izatura kwizera gushingiye muri Bibiliya,<br />

kandi ikerekana ko yemera gahunda zose z’ibikorerwa mu itorero, ibikorwa byabo bizemerwa<br />

nk’ibikozwe n’imbaraga mva ijuru.<br />

Muri iyi minsi, biraruhije kubona umurongo utandukanya abiyita abakristo n’abatubaha<br />

Imana. Abizera b’itorero bakunze ibyo ab’isi bakunda, kandi biteguye gufatanya nabo, Satani<br />

na we yiyemeje kubateranyiriza hamwe nk’umubiri umwe noneho agakaza umugambi we wo<br />

kubarundurira mu kwizera imyuka y’abadayimoni. Abizera inyigisho z’ubupapa birata ko<br />

ibitangaza ari ikimenyetso cy’itorero ry’ukuri, biteguye kuyobywa n’izo mbaraga zikora<br />

ibitangaza; kandi Abaporotesitanti bamaze gushyira ku ruhande ingabo y’ukuri, na bo<br />

bazarindagira. Abizera inyigisho z’ubupapa, Abaporotesitanti n’ab’isi, bazemerera hamwe<br />

ishusho y’ubutungane idafite ububasha, kandi muri ubwo bumwe hazabonekamo itsinda<br />

rinini rifashe icyemezo cyo kwemera guhindurwa n’isi kandi babone igitondo<br />

cy’ikinyagihumbi bategereje igihe kirekire gitangaje.<br />

Binyuze mu kwizera imyuka y’abadayimoni, Satani yiyerekana nk’uwifuza kugirira neza<br />

abantu bose, akiza abantu indwara, kandi ahamya ko azanye idini nshya yo mu rwego<br />

ruhanitse ifite kwizera gushya, nyamara kandi na none muri icyo gihe, azaba akora<br />

nk’umurimbuzi. Ibigeragezo bye byose birohe imbaga y’abantu mu irimbukiro. Kutirinda<br />

byimuye gushyira mu gaciro; kurarikira, amahane, ibyo bigakurikirwa no kuvusha amaraso.<br />

Satani anezezwa n’intambara, kuko ibyutsa inzangano mu mitima y’abantu, hanyuma<br />

igatsemba buheriheri abijanditse mu ngeso mbi kandi bavusha amaraso. Umugambi we ni<br />

uguteranyiriza amahanga yose mu ntambara, kuko muri ubwo buryo arimo ashobora gucurika<br />

ibitekerezo by’abantu akabibagiza kwitegura kuzahagarara bashikamye ku munsi ukomeye<br />

w’Imana.<br />

Satani na none akorera no mu biremwa kugira ngo yigarurire abantu benshi batiteguye.<br />

Yiyigishije amabanga y’imibereho y’ibyaremwe, kandi akoresha imbaraga ze zose gutegeka<br />

ibintu byose mu gihe cyose Imana ikibimwemereye. Ubwo Imana yamuhaga uburenganzira<br />

bwo kubabaza Yobu, mbega ukuntu imikumbi n’amashyo, abagaragu, amazu, abana, byose<br />

byayoyotse mu mwanya muto icyago gikurwa n’ikindi! Imana niyo ikingira ibiremwa byayo<br />

kandi ikabirinda imbaraga z’umurimbuzi. Nyamara abakristo basuzuguye amategeko ya<br />

Yehova; kandi Uwiteka azasohoza icyo yavuze - ko azahagarika gusuka imigisha ye ku isi,<br />

kandi akure uburinzi bwe ku bagomera amategeko ye, bakigisha abandi kandi bakabahatira<br />

kugenza nka bo. Satani agenza uko ashatse uwo ari we wese Uwiteka yakuyeho uburinzi bwe.<br />

425

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!