15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

wabyo. Nubwo ibigirwamana biri mu buryo butandukanye, gusenga ibishushanyo byiganje<br />

mu Bakristo b’iki gihe nk’uko byari biri mu Bisirayeli mu gihe cya Eliya. Imana z’abiyita<br />

abahanga, abacurabwenge, abasizi, abategetsi, abanyamakuru, imana z’abanyabukorikori,<br />

imana zo mu mashuri yisumbuye, no muri za Kaminuza, ndetse n’imana zo mu bigo<br />

by’abihaye Imana, zirushije ububi Baali, ariyo mana y’izuba yo muri Fowenike.<br />

Nta cyaha mu byadutse mu Bakristo kibabaza cyane ubutegetsi bw’ijuru, nta na kimwe<br />

cyonona ibitekerezo, nta na kimwe gifite ingaruka ziyobya, nk’inyigisho za none, zikwiza<br />

hose kandi vuba ko amategeko y’Imana atakigenga abantu. Igihugu cyose kigira amategeko<br />

yacyo, agomba kubahirizwa no gukurikizwa; nta butegetsi bwabaho budafite amategeko;<br />

none byashoboka bite ko Umuremyi w’isi n’ijuru atagira amategeko agenga ibyo yaremye?<br />

Tuvuge ko ababwiriza b’akataraboneka bigishije ku mugaragaro ko amabwiriza agenga<br />

igihugu cyabo kandi akarinda uburenganzira bw’abenegihugu, atakiri ngombwa, kuko abuza<br />

abantu umudendezo, bityo akaba atagikwiriye kubahirizwa; mbese umubwiriza nk’uwo<br />

yakwihanganirwa ku ruhimbi igihe kingana iki ? None se, kwirengagiza amategeko ya leta<br />

z’isi n’ay’ibihugu byaba icyaha gikabije kuruta gusiribanga amategeko mvajuru kandi ari yo<br />

rufatiro rw’ubutegetsi bwose?<br />

Byajyaga gukomerera cyane ibihugu gukuraho amategeko yabyo, maze bikemerera<br />

abaturage gukora ikibabereye cyiza, kuruta ko Umutegetsi w’isi n’ijuru yakuraho amategeko<br />

ye, maze isi igasigara idafite itegeko rihana uwacumuye, cyangwa iritsindishiriza utariho<br />

urubanza. Mbese twajyaga kumenya ingaruka zituruka ku gukurwaho kw’amategeko<br />

y’Imana? Byarageragejwe. Dutekereze ibintu biteye ubwoba byabaye mu gihugu<br />

cy’Ubufaransa ubwo igihugu cyategekwaga n’ubuhakanamana. Byagaragariye isi ko<br />

gukuraho amabwiriza Imana yashyizeho, ari ukwemera itegeko rikaze ry’ubugizi bwa nabi.<br />

Iyo urugero rw’ubutungane rushyizwe ku ruhande, umutware w’ibibi byose aba abonye inzira<br />

yo kwimika ingoma ye mu isi.<br />

Ahantu hose amategeko y’Imana yanzwe, icyaha ntikiba kikigaragara nk’icyaha, cyangwa<br />

ngo gukiranuka kwifuzwe. Abanga kumvira ubutegetsi bw’Imana, na bo ubwabo<br />

ntibashobora kwitegeka. Binyuze mu nyigisho zabo z’ibinyoma, ingeso yo kwishyira hejuru<br />

yinjira mu mitima y’abana no mu y’abasore, kuko muri kamere yabo batihanganira<br />

kwitegeka; ntibifuza kugira amategeko abagenga, ariko ntibite no ku ngaruka zizabaho<br />

hanyuma. Igihe bakoba cyane abihutira kumvira amategeko y’Imana, nibwo abantu benshi<br />

bemera ubuyobe bwa Satani batazuyaje. Bemera gutwarwa n’irari kandi bakitangira gukora<br />

ibyaha n’abapagani ubwabo babona ko ari ibyo gucirwaho iteka.<br />

Abigisha abantu gusuzugura amategeko y’Imana, babiba kutumvira hakazasarurwa<br />

kutumvira. Mureke amategeko mvajuru yirengagizwe yose uko yakabaye, amategeko<br />

y’abantu nayo azirengagizwa bidatinze. Kuko Imana ibuzanya ibikorwa biteye isoni; kwifuza,<br />

kubeshya, kwiba, abantu biteguye kuribata amategeko y’Imana, bitwaza ko ababera inkomyi<br />

ituma batagera ku byo bifuza mu isi; ariko kubera kwanga amategeko y’Imana ntizatuma<br />

422

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!