15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Hari indi ntambwe yatewe mu kwikuza k’ubupapa ubwo mu kinyejana cya cumi na<br />

kimwe, Papa Geregori wa VII yatangazaga ko Itorero ry’i Roma ari iriziranenge. Kimwe mu<br />

byo yarivugagaho ni uko, ukurikije icyo Ibyanditswe Byera bivuga, iryo torero ritigeze riyoba<br />

kandi ko ridashobora kuzigera riyoba. Nyamara ntabwo ibihamya byo mu Byanditswe Byera<br />

byigeze bijyana n’ibyo uwo mupapa yavugaga. Uwo mupapa wishyiraga hejuru yanavugaga<br />

ko afite ububasha bwo kuvana abami b’abami ku ngoma kandi avuga ko nta teka aciye<br />

rishobora kugira uwarihindura, ko ahubwo we yari afite uburenganzira bwo guhindura<br />

ibyemezo byafashwe n’abandi bantu.<br />

Urugero rutangaje rwerekana imico y’ubunyagitugu bw’uwo mupapa wahamyaga ko<br />

abapapa badashobora kwibeshya rwagaragariye mu byo yakoreye umwami w’abami<br />

w’Ubudage, Henry wa IV. Kubera guhangara gusuzugura ubutegetsi bwa Papa, uwo mwami<br />

w’abami yabwiwe ko aciwe mu itorero kandi ko anyazwe ingoma. Henry amaze guterwa<br />

ubwoba nuko ibikomangoma bye bimuvuyeho kandi bimurwanyije, muri uko<br />

kumwigomekaho ibyo bikomangoma bikaba byari bishyigikiwe n’itegeko byahawe na Papa,<br />

yabonye ko akwiriye kwiyunga na Roma. Ubwo yafashe urugendo aherekejwe n’umugore we<br />

ndetse n’umugaragu we wamwumviraga anyura mu misozi miremire ya Alps mu gihe<br />

cy’ubukonje bwinshi cyane kugira ngo yereke papa ko yicishije bugufi imbere ye. Ageze ku<br />

ngoro Papa Geregori yari yagiye kuruhukiramo, bamujyanye mu gikari atari kumwe n’abaje<br />

bamuherekeje, maze muri ubwo bukonje bwinshi cyane nta kintu yifubitse mu mutwe no ku<br />

birenge ndetse yambaye imyenda isuzuguritse cyane, aba ari ho ategerereza ko papa amuha<br />

uburenganzira bwo kumusanga aho ari. Amaze iminsi itatu atarya kandi yatura icyaha cye ni<br />

bwo Papa yemeye kumubabarira. Kandi ubwo na bwo yagombaga gutegereza igihano<br />

azagenerwa na papa, akabona kongera kwambara ikamba ry’ubwami no gusubira ku<br />

nshingano z’ubwami. Papa Geregori, mu kwishima no kwiyemera kubera icyo gikorwa,<br />

yirase avuga ko afite inshingano yo gupfobya ubwirasi bw’abami.<br />

Mbega itandukaniro rikomeye riri hagati y’ubwirasi bukabije bw’uwo mupapa no<br />

kwicisha bugufi ndetse n’ubugwaneza biranga Kristo, we ubwe wavuze ahagaze inyuma<br />

y’umutima w’umuntu amwinginga ngo amukingurire kugira ngo amuhe amahoro kandi<br />

amubabarire ibyaha, kandi akaba ari we wigishije abigishwa be ati:<br />

«Kandi ushaka kuba uw’imbere muri mwe agomba kuba umugaragu wanyu.» Matayo<br />

20:27.<br />

Ibinyejana byinshi byahitaga byaranzwe no gukomeza kwiyongera kw’ibinyoma<br />

byagaragaraga mu nyigisho zigishwaga na Roma. Na mbere yuko ubupapa bubaho, inyigisho<br />

z’imyumvire ya gipagani zari zaratwaye ibitekerezo by’abagize itorero kandi zaranabagizeho<br />

ingaruka. Abantu benshi bavugaga ko bihannye babaga bagitsimbaraye ku myemerere<br />

y’inyigisho zabo za gipagani, kandi ntabwo bakomezaga kuziga ubwabo gusa ahubwo<br />

banazihatiraga abandi bavuga ko ari bwo buryo bwo kurushaho kugira ubwiganze mu<br />

bapagani.<br />

35

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!