15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Igice Cya 36 – Intambara Itutumba<br />

Guhera igihe intambara ikomeye yatangiriye mu ijuru, umugambi wa Satani wari uwo<br />

gukuraho amategeko y’Imana. Ibyo byagombaga gusohora ari uko atangiye kugomera<br />

Umuremyi we, kandi n’ubwo yaciwe mu ijuru, ariko aracyakomereje urugamba rwe mu isi.<br />

Kuyobya abantu no kubatera kwica amategeko y’Imana, nicyo kimushishikaje. Yasohoza<br />

umugambi we binyuze mu kwanga amategeko y’Imana yose, yakoresha gukuraho rimwe muri<br />

yo, uko byamera kose ingaruka zizaba zimwe. Umuntu ukurikiza Amategeko iyo agize rimwe<br />

ateshukaho, aba ameze nk’uyishe yose.’‘ 1<br />

Kubwo gushaka gupfobya amabwiriza y’ijuru, Satani yagoretse amahame ya Bibiliya,<br />

maze amakosa yinjizwa mu myizerere y’abantu ibihumbi byinshi bavuga ubwabo ko bizera<br />

Ibyanditswe Byera. Amakimbirane akomeye kandi aheruka hagati y’ukuri n’ibinyoma ni rwo<br />

rugamba rumaze igihe kirekire kandi ruheruka izindi zose rurwanya amategeko y’Imana.<br />

Muri urwo rugamba turimo; urugamba ruhanganishije amategeko y’abantu n’ay’Imana, idini<br />

ya Bibiliya n’idini y’ibihimbano n’imigenzo.<br />

Imbaraga zishyize hamwe ngo zirwanye ukuri no gutungana, ubu zamaze gutangira<br />

umurimo wazo. Ijambo ryera ry’Imana ryatugezeho, binyuze mu mubabaro mwinshi<br />

n’amaraso menshi yamenetse, ariko ntiryahabwa agaciro gakwiye. Bibiliya igera ku bantu<br />

bose, ariko bake gusa nibo bemera ko iba umuyobozi w’ubugingo bwabo. Ubuhemu<br />

bukomeje gukwira hose mu buryo buteye agahinda, atari mu bantu bari ku isi gusa, ahubwo<br />

burarushaho kugwira no mu itorero. Benshi barahakana amahame ariyo shingiro nyakuri<br />

ry’ukwizera kwa Gikristo. Imirimo ikomeye y’irema nk’uko igaragazwa n’abanditsi bari<br />

bayobowe n’<strong>Umwuka</strong> Muziranenge, gucumura k’umuntu, uguhongerera, no guhoraho<br />

kw’amategeko y’Imana, byose byashyizwe iruhande, yaba ari byose uko byakabaye cyangwa<br />

umugabane umwe wabyo, bikozwe n’umugabane munini w’abantu biyita ko ari Abakristo.<br />

Ibihumbi byinshi by’abantu bibona kubwo kwishingikiriza ku buhanga bwabo no kumva<br />

bihagije babona ko gushyira ibyiringiro muri Bibiliya ari ubwenge buke; bagasanga ibyabo<br />

ari ikimenyetso cy’ingabire y’isumbwe maze bigatuma bishuka basobanura Ibyanditswe<br />

Byera birengagije ukuri kw’ibya Mwuka gukubiyemo. Ababwiriza benshi babigisha abizera<br />

babo, kandi abigisha benshi bigisha abanyeshuri babo ko amategeko y’Imana yahindutse<br />

cyangwa yavuyeho, maze abacyizera ko adahinduka kandi akwiriye gukomezwa,<br />

bagahindurwa ibishungero n’insuzugurwa.<br />

Iyo banze ukuri baba banze na Nyirako. Iyo baribata amategeko y’Imana baba bahakanye<br />

n’Uwayatanze. Biroroshye gukora igishushanyo cy’amahame n’inyigisho by’ibinyoma nko<br />

gukora igishushanyo kibajwe mu giti cyangwa mu mabuye. Kugira ngo agaragaze imico<br />

y’Imana uko itari, Satani yoshya abantu kuyikekaho imico y’ibinyoma. Kuri benshi,<br />

ikigirwamana cy’ubucurabwenge cyarimitswe maze Imana irimurwa; nyamara Imana Ihoraho<br />

nk’uko yigaragarije mu Ijambo ryayo, muri Kristo no mu mirimo itangaje yo kurema,<br />

abayiramya ni bake gusa. Abantu ibihumbi basenga ibyaremwe ariko bagahakana Umuremyi<br />

421

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!