15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

bushushanywa n’inyamaswa isa n’ingwe.” Nuko inyamaswa y’amahembe abiri itegeka<br />

abatuye ku isi kurema igishushanyo cy’inyamaswa, maze itera bose aboroheje n’abakomeye,<br />

abatunzi n’abakene, n’ab’umudendezo n’ab’imbata, gushyirwaho ikimenyetso<br />

cy’inyamaswa.” 12 Byagaragaye neza ko Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ari ububasha<br />

bushushanywa n’inyamaswa ifite amahembe abiri nk’ay’umwana w’intama, kandi ko ubu<br />

buhanuzi buzasohozwa igihe Leta Zunze ubumwe za Amerika zizahatira abantu kuruhuka ku<br />

munsi wa mbere w’icyumweru (Sunday), nk’ikimenyetso kidasanzwe kiranga gukomera kwa<br />

Roma. Ariko muri uko kuramya ubupapa, Leta Zunze ubumwe za Amerika ntizaba iri<br />

yonyine. Ibyo Roma yakoresheje mu bihugu yari yarigaruriye bizaba bitarashiraho burundu.<br />

Na none ubuhanuzi bwavuga ko Roma izongera kugarurirwa ububasha bwayo. ” Nuko mbona<br />

umwe mu mitwe yayo usa n’ukomeretse uruguma rwica; ariko urwo ruguma rwayishe<br />

rurakira. Abari mu isi bose bakurikira iyo nyamaswa bayitangarira”. 13 Gukomereka uruguma<br />

rwica, bisobanura gutsindwa k’ubupapa mu mwaka wa 1798. Umuhanuzi aravuga ati<br />

“hanyuma y’ibyo, rwa ruguma rwica rwarakize, maze abantu bose bo ku isi bakurikira iyo<br />

nyamaswa bayitangarira.’‘ Pawulo yerekana yeruye ko ‘uwo mwana wo kurimbuka<br />

azakomeza kubaho kugeza Yesu agarutse. Hafi y’iherezo ry’ibihe, azashyira ahagaragara<br />

imirimo ye y’ubushukanyi. Kandi Umuhishuzi yerekana ubupapa aravuga ati “Abari mu isi<br />

bose bazayiramya, umuntu wese izina rye ritanditswe mu gitabo cy’ubugingo”. Ari mu isi ya<br />

kera no mu ya none, ubupapa buzahabwa ikuzo binyuze mu kuruhuka ku Cyumweru<br />

byerekana nta gushidikanya ububasha bw’itorero Gatolika ry’i Roma.<br />

Guhera hagati y’ikinyejana cya cumi n’icyenda, abigaga iby’ubuhanuzi muri Leta zunze<br />

ubumwe za Amerika, batanze ubu buhamya ku isi yose. Ibyo tubona byaduka mu isi muri iki<br />

gihe, byerekana ko ibyahanuwe biri bugufi gusohora. Abigisha b’Abaporotesitanti, bahamya<br />

ko kuruhuka ku munsi wa mbere w’icyumweru (Sunday) byategetswe n’Imana, nyamara<br />

bakabura ibihamya mu Byanditswe Byera, nk’abayobozi b’ubupapa, bahimbye ibitangaza<br />

kugira ngo bimure itegeko ry’Imana. Amagambo akomeje kwemeza ko iteka ry’Imana riri ku<br />

bantu bagomera itegeko ryo kuruhuka Isabato-Cyumweru (Icyumweru sabato), yatangiye<br />

gukurikizwa. Kandi imyigishirize ihatira abantu kuruhuka ku Cyumweru ubu iramenyerezwa<br />

kandi yahawe intebe.<br />

Ubugizi bwa nabi n’ubucakura bw’Itorero Gatolika ry’i Roma buratangaje. Rishobora<br />

kugenzura ibizaba. Rikoresha igihe cyaryo neza, rireba uko amatorero y’Abaporotesitanti<br />

aryunamira igihe yemera Isabato y’ibinyoma, kandi rikaba ryitegura kuzayihatira umuntu<br />

wese nk’uko ryakoze mu myaka ya kera. Abirengagiza umucyo w’ukuri, bazitabaza abo biyita<br />

ko bafite ubushobozi bwo kuba batagikora icyaha, bagamije gushyira hejuru ibyo bihimbiye<br />

ubwabo. Uburyo biteguye kwifashisha itorero ry’Abaporotesitanti muri uwo murimo ni ibintu<br />

bitabagoye. Ninde usobanukiwe cyane n’uko bagenza abanze kumvira itorero kuruta<br />

abayobozi b’ubupapa ?<br />

Itorero Gatolika ry’i Roma hamwe n’amashami yaryo yose ku isi, bakoze gahunda imwe<br />

ikomeye, bagamije guharanira inyungu z’ubupapa. Milioni nyinshi z’abizera bo mu bihugu<br />

418

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!