15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Nyamara n’ubwo bakoresheje imbaraga kugira ngo icyumweru kibe umunsi muziranenge,<br />

abapapa ubwabo bemeraga ku mugaragaro ko Isabato yashyizweho n’Imana, kandi bakemera<br />

ko yakuweho n’umuntu. Mu kinyejana cya cumi na bitandatu, inama nkuru y’ubupapa<br />

yashyize ku mugaragaro itegeko rivuga ngo, “Abakristo bose bibuke ko umunsi wa karindwi<br />

wejejwe n’Imana, kandi warakiriwe uranakomezwa, bitari ku Bayuda gusa, ahubwo<br />

wanakomejwe n’abantu bose baramya Imana; n’ubwo twebwe abakristo, twahinduye Isabato<br />

yabo tukayishyira ku munsi w’Umwami wacu.’‘ Abakinisha kugomera itegeko ry’Imana,<br />

ntabwo bari bayobewe icyo bakora icyo ari cyo. Ubwabo bishyize hejuru y’Imana ku bushake.<br />

Amategeko ya Roma ajyanye n’uko bagenzaga abo batavugaga rumwe, yashyizwe mu<br />

bikorwa mu cyitegererezo gikomeye batanze cyo gukomeza kuvusha amaraso bamwe mu<br />

Abawalidensi bakomezaga Isabato, barenganywa mu buryo buteye ubwoba. Abandi nabo<br />

bababajwe mu buryo nk’ubwo bazira kuba indahemuka ku itegeko rya kane. Amateka<br />

y’itorero mu gihugu cya Etiyopiya na Abisiniya abisobanura neza. Hagati mu myaka<br />

y’umwijima, Abakristo bo muri Afrika yo hagati babaye nk’abibagiranye ku isi, maze hashira<br />

ibinyejana byinshi banejejwe n’umudendezo bafite wo guhamya kwizera kwabo. Ariko ku<br />

iherezo, Roma yaje kwibuka ko nabo babaho, kandi Umwami w’abami w’Abisiniya aherako<br />

yemera ububasha bwa Papa ko ari umusimbura wa Kristo ku isi. Nuko amatorero akurikiraho.<br />

Hashyizweho itegeko ribuzanya kuruhuka Isabato kandi riteganya ibihano bikomeye ku<br />

batazarikurikiza. 11 Ariko bidatinze, uburetwa bw’ubupapa buhindukira Abanyabisiniya<br />

ingoyi ikomeye kugeza ubwo bafata icyemezo cyo kuyigobotora. Nyuma y’intambara<br />

itoroshye, Itorero rya Roma riratsindwa rivanwa ku butegetsi, maze imyizerere yariho mbere<br />

igarurwa mu mwanya wazo. Amatorero yanejejwe n’uwo mudendezo, kandi ntibigeze<br />

bagirwa isomo bakuye mu bushukanyi, ubwaka, no gukabya bya Roma. Muri uko kubaho<br />

ukwabo, banyuzwe no gusigara ari intamenyekana mu bindi bihugu bya Gikristo.<br />

Amatorero yo muri Afurika yakomezaga Isabato nk’uko itorero Gatolika ryayikomezaga<br />

mbere yuko ryinjira mu buhakanyi nyakuri. Igihe bakomezaga umunsi wa karindwi bumvira<br />

itegeko ry’Imana, barekaga no kugira imirimo bakora ku wa mbere w’iminsi irindwi<br />

(Dimanche) nk’uko byari umuco w’itorero. Bamaze kumva bafite ububasha bukomeye, Roma<br />

yasiribanze Isabato y’Imana igamije kwikuza; ariko amatorero yo muri Afurika akomeza<br />

kubyikinga hashira imyaka hafi igihumbi atarafatanya na Roma muri ubwo buhakanyi. Ubwo<br />

bari munsi y’ubutegetsi bw’i Roma, bahatiwe kureka Isabato y’ukuri bakomeza iy’ibinyoma;<br />

ariko bitinze babonye ubwigenge maze bagaruka ku kumvira itegeko rya kane.<br />

Ibyabaye mu gihe cyahise byerekana neza urwango Roma ifitiye Isabato y’ukuri<br />

n’abayikomeza n’uburyo ikoresha kugira ngo iheshe ikuzo umuhango yishyiriyeho. Ijambo<br />

ry’Imana ryigisha ko ibyo bizongera kubaho, ubwo ubupapa n’ubuporotesitanti bizihuza<br />

kugira ngo bahatire abantu kuruhuka ku munsi wa mbere w’icyumweru (dimanche).<br />

Ubuhanuzi bwo mu Byahishuwe 13 bwerekana ko ububasha bugaragazwa n’inyamaswa<br />

y’amahembe nk’ay’umwana w’intama buzahatira ‘’isi n’abayituye bose,’‘ kuramya ubupapa<br />

417

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!