15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

igitekerezo cy’uko Isabato, ariwo munsi wa karindwi, Kristo yayihinduyemo Icyumweru<br />

(umunsi wa mbere w’icyumweru). Nyamara ariko, nta buhamya na bumwe yashoboye kubona<br />

mu Byanditswe Byera bwemeza izo nyigisho nshya. Eusebius ubwe, n’ubwo atabishakaga,<br />

yemeye ko atari ukuri kandi yerekana ba nyiri iyo mpinduka. Aravuga ati, “Ibintu byose<br />

byagombaga gukorwa ku munsi w’Isabato, “twabyimuriye ku munsi w’Umwami”. 7 N’ubwo<br />

igitekerezo cy’umunsi wa mbere w’icyumweru nta shingiro cyari gifite, cyakoreshejwe mu<br />

gutinyura abantu kuribata Isabato y’Uwiteka Nyiringabo. Abifuje bose icyubahiro cyo mu isi,<br />

bahisemo iminsi mikuru ya gipagani.<br />

Uko ubupapa bwakomeje gushinga imizi, niko n’umunsi w’Icyumweru wakomeje<br />

guhabwa ikuzo. Nyuma y’igihe gito, abaturage bakomeje imirimo yabo y’ubuhinzi, igihe<br />

babaga batagiye mu rusengero, maze umunsi wa karindwi ukomeza gufatwa nk’Isabato.<br />

Ariko ihinduka rigakorwa buhoro buhoro. Abakozi bo mu nkiko babujijwe guca imanza<br />

z’abaturage ku munsi wa mbere w’icyumweru. Nyuma ho gato, abantu bose, mu nzego izo<br />

arizo zose, bategekwa kureka imirimo yose, maze abakoze ku cyumweru, abatari<br />

inkoreragahato bagacibwa ibihano naho abagaragu bagahanishwa gukubitwa ibiboko. Nyuma<br />

y’aho, haje gutangwa itegeko ko abakire bazagira umurimo wose bakora ku cyumweru<br />

bazahanishwa igihano cyo kunyagwa kimwe cya kabiri cy’umugabane w’ubutunzi bwabo;<br />

maze batava ku izima, bakazahindurwa inkoreragahato. Abakene bo hasi bagombaga gucibwa<br />

mu gihugu buheriheri.<br />

Hakurikiyeho kwitabaza ibitangaza by’ibihimbano. Muri ibyo bitangaza havuzwemo<br />

icy’umugabo umwe ngo wagiye mu murima guhinga ku cyumweru afata icyuma cyo<br />

guhanagura igitaka ku isuka ye, cya cyuma ngo kimushinga mu kiganza, akimarana imyaka<br />

ibiri akigendana ‘’aribwa cyane kandi afite isoni nyinshi” 8.<br />

Nyuma y’aho, Papa yategetse abapadiri bayobora paruwasi ko bagomba guhana<br />

bihanukiriye abazazirura Icyumweru, bakabatumira kujya kuvuga amasengesho muri Kiliziya<br />

kugira ngo batihamagarira imivumo ubwabo hamwe n’abaturanyi babo. Inama nkuru<br />

y’amatorero yashyigikiye icyo gitekerezo ivuga ko n’abaporotesitanti byababayeho kenshi,<br />

bitewe n’uko hari abantu bakoze ku cyumweru maze bakubitwa n’inkuba. Niyo mpamvu uwo<br />

munsi koko ugomba kuba uw’Isabato. Abayobozi b’amatorero baravuga bati, Ibyo bigaragaza<br />

“uburyo Imana yarakariye bikabije abantu bazirura uwo munsi.’‘ Abatambyi, abapasitoro,<br />

abami, ibikomangoma, n’abizera bose, bongeye kurarikirwa ‘’gukora uko bashoboye kose,<br />

kugira ngo uwo munsi uziririzwe nk’uko biwukwiriye, kandi nk’uko binakwiranye<br />

n’ubukristo, maze mu idini uwo munsi ukaziririzwa no mu bihe bizaza’‘. 8<br />

Kuko amategeko-teka y’inama nkuru z’idini atari ahagije, ubutegetsi bwa Leta bwasabwe<br />

gushyiraho itegeko-teka ry’iterabwoba rizakura abantu imitima, rikabahatira guhagarika<br />

imirimo ku Cyumweru. Mu nama nkuru yabereye i Roma, imyanzuro yose yari<br />

yarashyizweho mbere yongeye kwemezwa, kandi barushaho kuyashyiramo umurego. Maze<br />

415

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!