15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Muri ubwo buhendanyi bukomeye kandi bunyuranye nimwo umutware w’ibibi byose<br />

asohoreza umugambi we wo gusebya Imana no guheza umuntu mu butindi. Kandi nk’uko<br />

tubona uko Satani ashobora kwiyoberanya, agasohoza umugambi we yifashishije abayobozi<br />

b’itorero, dushobora gusobanukirwa neza impamvu arwanya Bibiliya cyane. Iki Gitabo<br />

nikiramuka gisomwe, imbabazi n’ urukundo by’Imana bizahishurwa; bizagaragara ko Imana<br />

itagira n’umwe yikoreza umutwaro uremereye. Nta kindi idusaba uretse umutima umenetse,<br />

ushenjaguwe, wicisha bugufi, n’umwuka wo kumvira.<br />

Nta cyitegererezo Yesu yadusigiye mu mibereho ye cy’uko abagabo n’abagore bakwiriye<br />

kwifungiranira mu mazu y’abihaye Imana, ngo babone kuba babonereye kujya mu ijuru.<br />

Ntaho yigeze yigisha ko urukundo n’imbabazi bikwiriye kugira ikindi kintu kibisimbura.<br />

Umutima w’Umukiza wahoraga usabwe n’urukundo. Uko umuntu arushaho kwegera<br />

ubutungane mu bya mwuka, ni ko intekerezo ze zihumuka, uko arushaho gusobanukirwa<br />

icyaha ni nako yimbika mu kugirira impuhwe ubabaye. Papa yiyise uhagarariye Kristo ku isi;<br />

ariko se ni buryo ki imico ye igereranywa n’iy’Umukiza wacu? Mbese hari abo Yesu yigeze<br />

ashyira mu nzu y’imbohe cyangwa ngo bababazwe kubera ko batamuhaye icyubahiro<br />

nk’Umwami w’ijuru ? Mbese hari uwigeze kumva ijwi rye acira abantu urubanza rwo gupfa<br />

kubera ko batamwemeye ? Igihe abaturage bo mu mudugudu wa Samariya bamwirukanaga<br />

bakanga kumucumbikira, intumwa Yohana yararakaye, iramubaza ati, “Nyagasani urashaka<br />

ko dutegeka umuriro ngo uve mu ijuru ubatsembe bose bashireho nk’uko Eliya yabigenje?<br />

Yesu yarebye abigishwa be yumva abababariye, maze acyaha uwo mwuka mubi wari ubarimo<br />

ati “Umwana w’umuntu ntiyaje kurimbura abantu, ahubwo yazanywe no kubaha ubugingo.’‘<br />

5 Mbega ukuntu umutima wa Kristo utandukanye cyane n’uwo uwiyitaga ko amuhagarariye<br />

ku isi!<br />

Muri iki gihe itorero ry’i Roma ryerekana uruhande rwiza imbere y’amahanga, ariko<br />

rikikingiriza gusaba imbabazi kubwo ubugome buteye ubwoba rizwiho. Ryiyambika<br />

imyambaro ya gikristo; nyamara ntiryahindutse. Amahame yose ubupapa bwagenderagaho<br />

mu bihe byashize buracyayakurikiza na bugingo n’ubu. Nan’ubu riracyagendera ku nyigisho<br />

ryihimbiye mu gihe cy’umwijima. Ntihakagire umuntu wishuka. Ubwo bupapa, ubu<br />

Abaporotesitanti biteguye gupfukamira ni bumwe na bwa bundi bwategekaga isi mu gihe<br />

cy’Ubugorozi, igihe abantu b’Imana bahagurukiraga icyarimwe, bigatuma bahara amagara<br />

yabo, bagashyira ahagaragara ubugome bwaryo. Ubupapa buracyafite ubwibone no kwishyira<br />

hejuru bwategekeshaga abami n’ibikomangoma buvuga ko buhwanye n’Imana. Itorero<br />

ntiryagabanyije ubugome bwaryo cyangwa gutegekesha igitugu kuruta mu gihe<br />

bwasiribangaga ubudendezo w’ikiremwa muntu, bukamarira ku icumu abera b’Isumbabyose.<br />

Ubupapa buhwanye rwose n’uko ubuhanuzi bubuvuga ko ari bwo buzaba ubuhakanyi<br />

bukomeye bwo mu bihe biheruka. Kwerekana imico yatuma bugera ku mugambi wabwo<br />

neza; ni rimwe mu mategeko abugenga; ariko muri uko kwihinduranya nk’uruvu, buhisha<br />

ubumara budahinduka nk’ubwo inzoka. Baravuga bati “Kwizera ntikugomba kugirwa<br />

n’abahakanyi, haba n’abakekwaho kugira ubuhakanyi.’‘ 6Mbese ubwo bubasha bumaze<br />

412

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!