15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

igahoshwa n’amaturo umuntu ayituye n’imirimo akoze ababaza umubiri we kugira ngo<br />

yerekane ko ababajwe n’icyaha cye!<br />

Nubwo ubuhenebere bwarushagaho kwiyongera mu bantu bose, ndetse no mu bayobozi<br />

b’itorero ry’i Roma, imbaraga z’itorero zasaga n’iziyongera mu buryo butajegajega. Ahagana<br />

mu mpera z’ikinyejana cya munani, abagatolika b’i Roma bavuze ko no mu myaka ibanza<br />

y’itorero abepisikopi b’i Roma bahoranye ububasha bwo mu by’umwuka nk’ubwo na bo bari<br />

bafite. Kugira ngo bashimangire icyo kinyoma kibe ihame, bagombaga kugira uburyo<br />

bakoresha kugira ngo gise n’igifite imbaraga, kandi se w’ibinyoma ni we wabubigishije.<br />

Abapadiri bahimbye inyandiko bazita iza kera. Bashyize ahagaragara amategeko abantu batari<br />

barigeze babwirwa yashyizweho n’inama z’itorero, yavugaga ko uhereye kera kose papa afite<br />

ububasha bwo kuyobora itorero ku isi yose. Ubwo itorero ryari ryaranze ukuri ryasamiye<br />

hejuru ibyo binyoma.<br />

Abizera bake b’indahemuka bari barubatse ku rufatiro nyakuri (1Abakorinto 3:10, 11) bari<br />

bababaye kandi babangamiwe ubwo amanjwe y’inyigisho z’ibinyoma yakomaga umurimo<br />

w’Imana mu nkokora. Bamwe muri bo bari biteguye kuvuga nk’abubatse inkuta za<br />

Yerusalemu mu gihe cya Nehemiya, bati: “ Abikorezi bacitse intege, kandi hariho ibishingwe<br />

byinshi. Nuko ntitukibashije kubaka inkike.” Nehemiya 4:10. Kubera kuzahazwa no guhora<br />

bahanganye n’akarengane, guhora barwanya uburiganya n’icyaha ndetse no guhora barwanya<br />

ibindi bisitaza Satani yashoboraga kubashyira imbere ngo arogoye urugendo rwabo, bamwe<br />

mu bari barabaye abubatsi b’indahemuka bageze ubwo bacogora; maze kubwo gushaka<br />

umutekano n’ubusugire bw’imitungo yabo n’ubuzima bwabo, bava ku rufatiro nyakuri bari<br />

barubatseho. Ariko abandi batigeze bahungabanywa n’ibitero by’abanzi babo, bavuze bashize<br />

amanga bati: «Ntimubatinye; mwibuke Uwiteka, Umwami ukomeye uteye ubwoba»<br />

(Nehemiya 4:14); maze bakomeza umurimo wabo, buri wese acigatiye inkota ye. Abefeso<br />

6:17.<br />

Uwo mutima wo kwanga no kurwanya ukuri wakomeje kugaragara mu banzi b’Imana<br />

babayeho mu bihe byose byagiye bikurikirana, kandi na none umutima wo kuba maso<br />

n’ubudahemuka ni wo abagaragu bayo bagiye basabwa kugira. Amagambo Kristo yabwiye<br />

abigishwa be ba mbere azanagumya kubwirwa abayoboke be bose kugeza ku mperuka y’ibihe<br />

:« Icyo mbabwiye, ndakibwira bose nti ‘Mube maso’.” Mariko 13:37.<br />

Umwijima wasaga n’urushaho kubudika. Gusenga igishushanyo byarushijeho gukwira mu<br />

bantu bose. Bacanaga amatara imbere y’ibishushanyo kandi bakabisenga. Imigenzo<br />

idasobanutse ndetse n’ubupfumu byakomeje kwiyongera. Ibitekerezo by’abantu byose<br />

byayoborwaga n’imyumvire n’imigenzo bipfuye ku buryo gutekereza bashyize mu gaciro<br />

byasaga n’ibyaganjwe. Niba abapadiri n’abepisikopi ubwabo bari abantu bikundira ibinezeza,<br />

bategekwa n’irari kandi barangiritse mu bijyanye n’imico mbonera; ikintu kimwe umuntu yari<br />

kwitega ku bantu babareberagaho ni ugusaya mu bujiji no mu bukozi bw’ibibi.<br />

34

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!