15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Igice Cya 35 – Intego Z’Ubupapa<br />

Muri iki gihe Ubupapa bw’i Roma bwuzuye n’Ubuporotesitanti cyane kuruta mu myaka<br />

ya kera. Mu bihugu bimwe aho Gatolika ifite abizera bake, kandi ubupapa bukaba bukora<br />

ibikorwa byo kwiyunga kugira ngo bwireherezeho abantu, uhasanga hari ukutita ku nyigisho<br />

zatumye amatorero y’ubugorozi atandukana n’ubutegetsi bw’ubupapa; igitekerezo gikomeje<br />

gutangwa, bagira bati, ‘ na mbere hose, ubu ntitugitandukanye cyane ku ngingo z’ingenzi<br />

nk’uko byari bimeze mbere, kandi akantu gato k’umwihariko kari kadutandukanyije<br />

kazatuma twumvikana na Roma. Ibyo ni igihe Abaporotesitanti bahaga agaciro gakomeye<br />

umudendezo w’umutimanama w’umuntu wari waramaze kwigarurirwa. Bigishaga abana<br />

babo ko bakwiriye kugendera kure ubupapa kandi ko gushaka kugirana ubumwe na Roma,<br />

byaba ari ukugomera Imana. Mbega uko muri iki gihe ibyo bitekerezo bitandukanye n’uko<br />

byavugwaga mbere !<br />

Abashyigikiye Ubupapa bahamya ko itorero ryaharabitswe, kandi Abaporotesitanti<br />

bakomeje kwemera iyo mvugo. Abantu benshi bemeza ko bidakwiriye gucira urubanza<br />

itorero ryo muri iki gihe kubera ibizira n’ibidatunganye byariranze mu gihe cy’imyaka<br />

y’ubujiji n’umwijima. Basabye imbabazi z’ubwo bugome buteye ubwoba nk’ingaruka<br />

z’ibikorwa by’ubunyamaswa bwo muri icyo gihe kandi bemeza ko iterambere ryo muri iki<br />

gihe ryahinduye ibitekerezo by’itorero.<br />

Mbese aba bantu baba baribagiwe ingingo ikomeye yari ishyizwe imbere n’ubwo bubasha<br />

bwishyize hejuru mu gihe cy’imyaka magana inani ko badashobora kugwa mu cyaha cyangwa<br />

gufudika? Nyuma y’igihe kirekire iyo mvugo iretswe, yongeye kwemezwa mu kinyejana cya<br />

cumi n’icyenda, afite imbaraga ikomeye kuruta mbere. Nk’uko Roma ibyemeza igira iti, ‘‘<br />

itorero ntiryibeshye; kandi ntirishobora kwibeshya, hagendewe ku Byanditswe, ntiriteze<br />

kuyoba’‘, 1 ni buryo ki ryashobora kwigarika amahame yaryo yarigenze imyaka myinshi?<br />

Itorero ry’ubupapa ntirizigera rireka guhamya ko ritibeshya. Ibyo ryakoze byose<br />

rirenganya abahakanye inyigisho zaryo, riracyahamya ko byari mu kuri; ariko se ntirizongera<br />

gukora ibikorwa nk’ibyo ryakoze niriramuka ribonye umwanya? Mureke amategeko<br />

yashyizweho na leta z’isi akurweho maze Roma yongere gusubirana imbaraga yahoranye<br />

mbere, kandi ububyutse mu gutoteza n’akarengane yakoraga ntibizazuyaza kongera kubaho.<br />

Umwanditsi w’ikirangirire avuga ku myitwarire y’ubutegetsi bw’Ubupapa ku byerekeye<br />

umudendezo w’umutimanama hamwe n’amakuba ateye ubwoba cyane cyane muri Leta zunze<br />

ubumwe z’Amerika atuma zitagera ku miyoborere yayo :<br />

‘‘Hari benshi babona ko ubutegetsi bwa Gatolika y’i Roma bufite ubwoba muri Leta zunze<br />

ubumwe za Amerika kubera uburyarya cyangwa kutagira ibitekerezo bihamye. Bene abo nta<br />

cyo babona mu mico no mu myitwarire y’Ubupapa kibangamiye uburenganzira bw’ibigo<br />

byacu byigenga, cyangwa ngo hagire ikintu kidasanzwe basanga mu majyambere yaryo. None<br />

407

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!