15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Abantu bose bagundira ibyaha, cyangwa bagakora ibyaha nkana, baba bihamagariye<br />

ibishuko bya Satani. Bitandukanya n’Imana ubwabo kandi bakivana mu cyanya cy’uburinzi<br />

bw’abamarayika b’Imana; kandi igihe umurimbuzi abateze ikigoyi, basigaye batakigira<br />

ikibakingira, baherako bakagwa rugikubita. Abiyegurira gutegekwa n’imbaraga za Satani,<br />

ntibabasha kumenya iherezo ry’ubugingo bwabo. Iyo bamaze kurunduka, umushukanyi<br />

abagira igikoresho cyo kuroha abandi mu irimbukiro.<br />

Umuhanuzi Yesaya we yaravuze ati: “Abantu bazababwira kugisha inama abapfumu<br />

n’abashitsi, banwigira kandi bakongorera. Barabaza bati, “mbese abantu ntibari bakwiriye<br />

kwiyambaza imana zabo, bakagisha inama abapfuye bagirira abazima? Muzabasubize muti,<br />

Nimugarukire amabwiriza y’Uhoraho n’inyigisho ze. Utazabikurikiza, ntazongera kubona<br />

umuseke weya.” 8 Iyo abantu bagira ubushake bwo kwakira ukuri nk’uko kuri mu<br />

Byanditswe, ku byerekeye kamere y’umuntu n’imibereho y’abapfuye, bajyaga kuzabona mu<br />

mivugire no mu myitwarire y’abanyamyuka imbaraga za Satani zikora ibimenyetso<br />

n’ibitangaza biyobya. Ariko mu cyimbo cyo kureka ibinezeza imitima yabo ya kamere,<br />

n’ibyaha batonesheje, abantu benshi bahitamo guhumiririza amaso yabo mu mucyo kugira<br />

ngo bakomeze inzira zabo z’umwijima, bakirengagiza imiburo, igihe Satani we abatega<br />

imitego, ashaka kubahindura umuhigo we. “Kuko batemeye gukunda ukuri ngo bakizwe,<br />

nicyo gituma Imana izaboherereza ubuyobe bukomeye cyane butuma bemera ibinyoma”. 9<br />

Abahakana inyigisho z’imyuka mibi, ntibaba barwana n’abantu gusa, ahubwo baba<br />

banarwana na Satani n’abamarayika be. Baba binjiye mu rugamba bahanganyemo n’ubutware<br />

n’imbaraga z’imyuka mibi y’ahantu ho mu ijuru. Satani ntazabavirira na gato, keretse<br />

atsimbuwe n’imbaraga y’intumwa zo mu ijuru. Abantu b’Imana bakwiriye kwitegura<br />

guhangana nawe, nk’uko Umukiza wacu yabigenje, akoresheje, “Handitswe ngo”. Muri iki<br />

gihe, Satani nawe ashobora gutondagura ibyanditswe nk’uko yabikoze mu gihe cya Kristo,<br />

maze akagoreka inyigisho zera kugira ngo akomeze ubushukanyi bwe. Abashaka guhagarara<br />

bashikamye muri iki gihe cy’ibigeragezo bikomeye, bakwiriye kuba basobanukiwe<br />

n’ubuhamya bwo mu Byanditswe Byera.<br />

Benshi bazagendererwa n’imyuka y’abadayimoni, bihinduye nk’abantu babo bakundaga<br />

cyangwa incuti zabo, maze bavuge ibyo ubuhakanyi buteye ubwoba. Abo bashyitsi<br />

bazigaragaza nk’abadufitiye impuhwe kandi bakore ibitangaza kugira ngo bashyigikire<br />

imigambi yabo. Dukwiriye kwitegura guhangana nabo twitwaje ukuri kwa Bibiliya, duhamya<br />

ko abapfuye ntacyo bamenya kandi ko abo ari imyuka y’abadayimoni.<br />

N’ukuri ‘’isaha y’amakuba iradutegereje, ayo makuba agiye kuzakwira isi yose ngo<br />

agerageze abatuye isi.’‘ 10 Abazaba badafite kwizera gushingiye ku ijambo ry’Imana<br />

bazatsindwa. Satani arakoresha imitego yose yo gukiranirwa, kugira ngo yigarurire abana<br />

b’abantu, kandi imitego ye ntizacogora. Ariko ashobora gutsinda gusa ari uko abantu<br />

bamwemereye. Abashishikarira kumenya ukuri, bagaharanira kweza imitima yabo, binyuze<br />

mu kumvira, bakora uko bashoboye kose ngo bitegure iyo ntambara, bazabonera uburinzi<br />

404

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!