15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

insanganyamatsiko zihambaye; anezezwa no kubategesha ibintu by’igiciro cyinshi; kandi<br />

agakora urutonde rw’ibyo bakunda abigaragaza nk’aho abakunze kandi abitayeho. Atera<br />

intekerezo guhora zitekereza ibintu byo mu rwego rwo hejuru, agatera abantu kwiratana<br />

ubwenge bwabo kugira ngo basuzugure Imana Ihoraho mu mitima yabo. Icyo kiremwa<br />

cy’ikinyambaraga cyashoboye kujyana Umucunguzi w’isi mu mpinga y’umusozi muremure<br />

cyane, kikamwereka ubwami bwose bw’isi n’ikuzo ryabwo, niko gitegesha abantu<br />

ibigeragezo kikagoreka ibitekerezo by’abatishingikirije ku mbaraga y’ijuru.<br />

Satani ashukashuka abantu muri iki gihe nk’uko yashukashutse Eva muri Edeni,<br />

akamubwirana ineza kugeza ubwo yifuza kugira ubwenge atemerewe, akamuteramo umutima<br />

w’inarijye no kwishyira hejuru. Kwifuza ibibi nibyo byamugushije, akaba ashaka ko ari nabyo<br />

arohesha abantu mu irimbukiro. Aramubwira ati: “Muzamera nk’Imana” “mumenye icyiza<br />

n’ikibi.” 4 Inyigisho zerekeye ibyo gusenga imyuka zigisha ko umuntu ari ikiremwa<br />

gikomoka kw’ihindagurika ry’ibinyabuzima; kandi ko kuva cyabaho cyagenewe kuzagera<br />

aho gihinduka kugeza aho kiba nk’Imana. Ubundi kandi zikavuga ko umuntu wese azicira<br />

urubanza ntazarucirwa n’undi. ‘’Urubanza ruzaba ari urw’ukuri, kuko ari ukurwicira.... Intebe<br />

y’Ubwami iri muri mwe.’‘ Intekerezo ze zimaze gusabwa n’iby’imyuka, umwigisha<br />

w’abizera imyuka yaravuze ati: ‘’Bavandimwe, abo bose bari mu rugendo bataragera ku Mana<br />

by’ukuri. ” Undi nawe yarahamije ati:“Ikiremwa cyose gikiranuka kandi kiboneye Kristo”.<br />

Nuko rero, mu mwanya w’ugukiranuka n’ubutungane by’Imana Ihoraho, ariyo ikwiriye<br />

gusengwa; mu mwanya w’ubutungane nyakuri bw’amategeko yayo, ariyo rugero<br />

rw’ubutungane nyakuri abantu bakwiriye kugenderaho, Satani yabisimbuje kamere y’icyaha<br />

ya mwene muntu kugirango abe ariwe usengwa, abe ariwe gusa uca imanza, akaba ari nawe<br />

rugero rw’imico mbonera. Ibyo rero si amajyambere, ahubwo ni ukudindira.<br />

Ni itegeko muri kamere y’umutima no mu y’iby’<strong>Umwuka</strong> ko duhindurwa n’ibyo<br />

dutumbiriye. Ibitekerezo byacu ubwabyo bigendera kubyo byerekejweho. Bigera aho bigasa<br />

n’iby’abo dukunda kandi twubaha. Umuntu ntazigera azamuka ngo arenge urugero rwe rwo<br />

kwera cyangwa rw’ineza cyangwa urw’ukuri. Niba inarijye ari yo agira nyambere, ntazigera<br />

arenga aho. Ahubwo, azakomeza guhenebera. Ubuntu bw’Imana bwonyine nibwo bufite<br />

imbaraga zo kuzahura umuntu. Ariko iyo agumye uko ari, nta kabuza ibye bizacurama.<br />

Kuri nyamwigendaho, ukunda ibimunezeza, urarikira, ibyo imyuka ubwayo yiyerekana<br />

ubwayo mu buryo bwiyoberanyije, kuruta uko yiyereka mu buryo bweruye kandi buhanitse;<br />

muri ubwo buryo umuntu wese abonamo ibihwanye n’ibyo ararikiye. Satani yiga imiterere<br />

y’umuntu wese akamenya aho afite intege nke, akamenya n’ibyaha byose bikunda<br />

kumutsinda, akabyitaho kugira ngo ataza kubura akanya ko kubimugushamo. Agerageresha<br />

abantu gukabya mu byo amategeko, kubwo kutirinda, akabatera gucika intege z’umubiri,<br />

iz’ubwenge, n’imbaraga z’ibya Mwuka. Yarimbuye kandi n’ubu aracyarimbura ibihumbi<br />

byinshi, ahereye ku byo kamere yabo irarikiye, ibyo bikonona kamere y’umuntu uko<br />

yakabaye. Kandi kugira ngo arangize umurimo we, akoresheje imyuka, ahamya ko “ubwenge<br />

401

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!