15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

amafuti ateje akaga gakomeye. Kuba rimwe na rimwe bavuga iby’ukuri, kandi hakaba n’igihe<br />

bashobora guhanura ibizabaho mu gihe kizaza, bigatuma amagambo yabo amera nk’ayo<br />

kwiringirwa; maze inyigisho zabo z’ibinyoma zikemerwa uko zakabaye n’imbaga y’abantu<br />

benshi, kandi zikizerwa nk’aho ari ukuri kudashidikanywaho ko muri Bibiliya. Amategeko<br />

y’Imana ntiyitabweho, Mwuka w’ubuntu bw’Imana agasuzugurwa, amaraso y’isezerano<br />

akabarwa nk’ikintu cyanduye. Imyuka mibi ihakana ubumana bwa Kristo kandi igashyira<br />

Umuremyi mu rwego rumwe nayo. Nguko uko icyigomeke kabuhariwe cyihinduranya iyo<br />

kigabye igitero cyo kurwanya Imana, mu ntambara yatangiriye mu ijuru igakomereza mu isi,<br />

ikaba imaze hafi y’imyaka ibihumbi bitandatu.<br />

Benshi bihatira gusobanura uko imyuka yigaragaza bakoresheje abantu biyita ko<br />

bashobora kuba abahuza b’abazima n’abapfuye. Ariko n’ubwo mu by’ukuri ingaruka y’ubwo<br />

buhendanyi zikomeza kwihishahisha nk’aho itariho koko, hari ubwo yishyira ku mugaragaro<br />

isa n’imbaraga zidasanzwe. Imvugo y’amayobera yatangiye gukoreshwa n’abasenga imyuka<br />

bo muri iki gihe, ntabwo ari ikomoka k’ubuhendanyi bw’abantu cyangwa ubucakura, ahubwo<br />

ni umurimo w’abamarayika babi, batangije wo guheza mu gihirahiro abantu ngo barimbuke.<br />

Benshi bazagwa mu mutego wo kwizera ko imyuka mibi ari ibikorwa by’abantu biyoberanya;<br />

igihe bakorera ibitangaza byabo mu maso y’abantu, bo babona ko ari ibintu bisanzwe,<br />

bazayoba kuko bazageza igihe bemera ko abakora ibyo, babikoreshwa n’imbaraga ikomeye<br />

ivuye ku Mana.<br />

Bene abo bantu ntibita ku buhamya bwo mu Byanditswe Byera busobanura ibitangaza<br />

bikorwa na Satani n’abamarayika be. Abapfumu ba Farawo bafashijwe na Satani, bashoboye<br />

kwigana umurimo w’Imana. Pawulo ahamya neza ko mbere yo kugaruka kwa Kristo,<br />

hazabanza kwigaragaza imbaraga za Satani zimeze zityo. Kugaruka kw’Umwami Yesu<br />

kuzabanzirizwa no ‘’gukora kwa Satani gufite imbaraga zose n’ibimenyetso n’ibitangaza<br />

by’ibinyoma.’‘ 1 Kandi n’Intumwa Yohana, yerekana uko mu minsi y’imperuka hazaduka<br />

imbaraga zikora ibitangaza, yaravuze ati: ” Kandi ikora ibimenyetso bikomeye, imanura<br />

umuriro uva mu ijuru ugwa mu isi mu maso y’abantu. Iyobesha abari mu isi ibyo bimenyetso<br />

yahawe gukora.’‘ 2 Nta kwiyoberanya guhanuwe hano. Abantu bashukwa n’ibitangaza<br />

abakozi ba Satani bakora kubera imbaraga bahawe, ntabwo ari ibyo bagerageza gukora.<br />

Umutware w’umwijima wahereye kera kose akoresha ubuhanga bwe mu murimo wo<br />

kuyobya abantu, agena ibishuko akurikije n’ inzego z’abantu bose n’ibihe barimo. Ku bantu<br />

b’abanyabwenge kandi bajijutse, abayobesha imyuka yo mu rwego ruhanitse mu by’ubwenge,<br />

maze bikamushoboza kubona benshi akururira mu mutego we. Ubwenge butangwa n’imyuka<br />

mibi ni ubwavuzwe n’intumwa Yakobo, aho yerekana ko “Bene ubwo bwenge sibwo<br />

bumanuka buvuye mu ijuru, ahubwo ni ubw’isi, ni ubw’inyamaswa bantu ndetse ni<br />

ubw’abadayimoni.’‘ 3 Nyamara uwo mushukanyi ukomeye yiyoberanya iyo abonye ko ari<br />

byo bimuhesha kugera ku cyo agambiriye. Uwashoboye kwigaragaza imbere ya Kristo mu<br />

butayu bw’ibigeragezo, yambaye kurabagirana kw’abaserafi bo mu ijuru, asanga abantu mu<br />

buryo bukurura amaso, ameze nka marayika w’umucyo. Yitwaza impamvu igaragaza<br />

400

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!