15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Igice Cya 34 – Mbese Abacu Bapfuye Bashobora Kuvugana<br />

Natwe?<br />

Nk’uko Ibyanditswe bivuga, umurimo w’abamarayika baziranenge, ni ukuri guhumuriza<br />

kandi gufite agaciro gakomeye kuri buri muyoboke wa Kristo wese. Ariko inyigisho za<br />

Bibiliya kuri iyi ngingo, zagiye zipfukiranwa kandi zikagorekeshwa amafuti y’iyobokamana<br />

ryamamaye. Inyigisho yo kudapfa kwa roho, yakomowe bwa mbere mu bucurabwenge<br />

bw’idini ya gipagani, no mu gihe cy’umwijima w’ubuhakanyi bukomeye hinjijwe iyo<br />

nyigisho mu myizerere ya Gikristo, hakurwaho ukuri kwa Bibiliya kwigisha kweruye ko<br />

“abapfuye nta cyo bamenya. ” Benshi baje kwizera ko imyuka y’abapfuye ‘’ari bo myuka<br />

yoherezwa gukora umurimo wo gufasha abazaragwa agakiza.’‘ Nyamara kandi Ibyanditswe<br />

Byera bivuga imibereho y’abamarayika bo mu ijuru, ndetse n’uruhare rwabo mu mateka ya<br />

muntu mbere yo gupfa kw’ikiremwa muntu.<br />

Inyigisho zivuga ko upfuye akomeza kugira intekerezo nzima, cyane cyane izizera ko<br />

imyuka y’abapfuye igaruka gukorera abantu bazima, nizo zatunganyirije inzira gusengwa<br />

kw’imyuka mibi muri iki gihe. Niba abapfuye bemererwa kujya imbere y’Imana<br />

n’abamarayika bera, kandi bakagira amahirwe yo kugira ubwenge buruta ubwo bari bafite<br />

batarapfa, ni kuki batagaruka mu isi kumurikira no kwigisha abakiri bazima? Niba nk’uko<br />

byavuzwe n’ibyamamare mu by’iyobokamana, abapfuye baza bakaganira n’incuti zabo<br />

basize ku isi, kuki batemererwa kuvugana nabo ngo bababurire bareke ibibi, cyangwa ngo<br />

babahumurize mu mibabaro yabo? Ni kuki abizera ko abapfuye baba bumva, batemera<br />

ibibabayeho nk’umucyo uturuka mu ijuru, babwiwe n’imyuka ifite ikuzo? Ubwo buryo<br />

bugaragara nkaho ari ubuziranenge, nibwo Satani akoresha kugira ngo ashohoze imigambi<br />

ye. Abamarayika bacumuye bamukorera bihinduye intumwa zivuye mu isi y’abapfuye. Iyo<br />

bavuga ko baje guhuza abapfuye n’abazima, umutware w’ibibi byose agakoresha<br />

ubuhendanyi bwe ngo ahindure intekerezo z’abantu bazima.<br />

Afite ubushobozi bwo kuzanira abantu, amashusho y’incuti zabo zapfuye. Uko kwigana,<br />

agukorana ubuhanga buhanitse; uko umuntu yasaga, amagambo ye, ijwi rye, ibyo byose<br />

bigaragazwa mu buryo butangaje. Abenshi birema agatima ko abo bakunda bibereye mu<br />

munezero w’ijuru, maze kubwo kudatahura akaga barimo, bagategera amatwi ‘’imyuka<br />

iyobya n’inyigisho z’abadayimoni.’‘<br />

Iyo bamaze kwizezwa ko abapfuye bagaruka kubasura bakavugana nabo, Satani atuma<br />

abo bagaragara nk’abagiye mu bituro, batiteguye. Bavuga ko banezerewe mu ijuru kandi<br />

bakaba bafiteyo imyanya y’icyubahiro, noneho amafuti akigishwa hose ko nta tandukaniro<br />

riri hagati y’abakiranutsi n’abakiranirwa. Abo biyise abashyitsi bavuye mu isi y’abapfuye,<br />

rimwe na rimwe batanga imiburo isa n’ukuri. Iyo bamaze gufata imitima yabo, baherako<br />

bagatanga inyigisho zitesha agaciro ukwizera ko mu Byanditswe Byera. Kubwo kwerekana<br />

ko bitaye cyane ku mibereho myiza y’incuti zabo ku isi, baboneraho umwanya wo kwinjiza<br />

399

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!