15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

intungane zapfuye zimwe ziri mu ijuru, zinjiye mu munezero zikaba zishima Imana mu<br />

mvugo izahoraho iteka ryose; ariko Hezikiya we yavuze ko nta kuzo ritegerejwe ku bari mu<br />

bituro. Mu magambo ye, yemera ubuhamya bw’umunyazaburi aho yavuze ati, “Kuko upfuye<br />

atakikwibuka. Ninde uzagushimira ikuzimu? Abapfuye ntibashima Uwiteka, cyangwa<br />

abamanuka bajya ahacecekerwa.’‘ 31<br />

Petero ku munsi wa pentekote, yatangaje ko na Sogokuruza wacu Dawidi “yapfuye,<br />

agahambwa, ndetse ko n’ubu igituro cye kiracyari iwacu”. “Kuko Dawidi atazamutse mu<br />

ijuru”. 32 Kuba Dawidi ari mu gituro kugeza ku munsi wo kuzuka kw’abakiranutsi, byerekana<br />

neza ko abakiranutsi batajya mu ijuru iyo bapfuye. Ni kubw’umuzuko w’abapfuye, no kubwo<br />

kuzuka kwa Kristo, umunsi umwe Dawidi azicara iburyo bw’Imana.<br />

Kandi Pawulo nawe yaravuze ati: “Niba abapfuye batazuka, ubwo na Kristo ntarakazuka:<br />

kandi niba Kristo atazutse, kwizera kwanyu ntikugira umumaro, ahubwo muracyari mu byaha<br />

byanyu. Kandi niba bimeze bityo, n’abasinziririye muri Kristo bararimbutse.” 33 Niba mu<br />

myaka ibihumbi bine, abakiranutsi bose bapfuye baragiye bajya mu ijuru, Pawulo yajyaga<br />

kuvugira iki ko niba kuzuka kutariho, ‘’abasinziriye muri Kristo barimbutse ?’‘ Umuzuko<br />

ntacyo waba ukimaze.<br />

Tindale wahowe kwizera kwe avuga yunganira inyigisho zerekeye abapfuye muri aya<br />

magambo: “Ndahamya neruye ko nta gihamya na kimwe kigaragaza ko abapfuye bahawe<br />

ikuzo risesuye nk’irya Kristo, cyangwa iryo Abamarayika b’Imana barimo”. Iyo nyandiko<br />

sinyizera; kuko iyo bizakumera bityo ndabona kwirirwa tubwiriza ibyo kuzuka kw’abapfuye<br />

ari impfabusa”. 34<br />

Ni ikintu kidashidikanywaho ko kwiringira ko umugisha udashira uhabwa abapfuye<br />

byateye abantu benshi guhinyura ihame rya Bibiliya ryerekeye umuzuko. Ibyo Adamu Clarke<br />

we yabibonye atya: “Inyigisho y’umuzuko igaragara nk’iyahawe agaciro cyane mu Bakristo<br />

ba mbere kurusha abo muri iki gihe! Mbese bimeze bite? Intumwa zakomezaga kwibanda ku<br />

muzuko, kandi zigakangurira abakurikira Kristo kugira umwete, kumvira n’umunezero ku<br />

bwawo. Muri iki gihe, ababasimbuye ntibashishikazwa cyane n’iryo hame. Nuko rero,<br />

intumwa zarabwirizaga, maze Abakristo ba mbere bakizera; n’ubu turabwiriza, na none abo<br />

tubwirije bakizera. Nta nyigisho iri mu butumwa bwiza yibanzweho cyane; kandi nta nyigisho<br />

yo muri iki gihe tubwirizamo ihabwa agaciro gake!” 35<br />

Ibyo byarakomeje kugeza igihe ihame ritangaje ry’umuzuko ryijimishwa n’Abakristo bo<br />

muri iki gihe maze rita agaciro karyo. Nicyo cyatumye Umuyobozi umwe w’umunyedini<br />

yanditse atanga ubusobanuro ku magambo ya Pawulo yo mu 1 Abatesaloniki 4:13-18. ati:<br />

“Bitewe n’impamvu z’ibiduhumuriza, inyigisho y’uko abakiranutsi bafite amahirwe yo<br />

kudapfa, kuri twe ifashe umwanya w’inyigisho benshi bashidikanyaho ariyo kugaruka kwa<br />

Nyagasani. Iyo dupfuye nibwo Nyagasani aba agarutse. Icyo nicyo dukwiriye gutegereza,<br />

kandi nicyo dukwiriye kwitegura. Abapfuye bamaze kwigerera mu ikuzo rihebuje.<br />

Ntibagitegereje impanda yo gucirwa urubanza no guhabwa umugisha.”<br />

396

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!