15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

y’iby’idini muri iki gihe. “Uko niko uwiyita umukozi wa Kristo ahora atondagura ikinyoma<br />

cya ya nzoka yo muri Edeni ati: “Ni ukuri ntimuzapfa”. Umunsi mwakiriyeho, amaso yanyu<br />

azahumuka maze muhinduke nk’imana”. “Avuga ko abanyabyaha ruharwa: Abicanyi, abajura<br />

n’abasambanyi, nyuma y’urupfu bategurirwa kwinjira mu munezero utazashira<br />

None se umubwiriza nk’uwo, ugoreka Ibyanditswe Byera bene iyo myanzuro ayikura he?<br />

Mu ngingo imwe gusa igaragaza uko Dawidi yishingikirije ku Mpuhwe. Umutima we yari<br />

awerekeje kuri Abusalomu kuko yari amaze gushira agahinda abonye ko umuhungu we<br />

yakundaga, Amunoni amaze gupfa”. Uko intimba Se yari afite yakomezaga kugabanuka uko<br />

iminsi yahitaga, ibitekerezo bye biva k’upfuye bigana k’ukiri muzima, wari watorongejwe no<br />

gutinya igihano cy’icyaha yakoze. Iki ni igihamya cy’uko inkoramahano, umusinzi<br />

nk’Amunoni, wahise ajyanwa aho yerezwa akimara gupfa kandi agategurirwa kubana<br />

n’abamarayika batacumuye! Amagambo anejeje y’amahimbano koko, agenewe gushimisha<br />

umutima wa kamere. Iyo ni inyigisho ya Satani ubwe, kandi yageze ku ntego yayo. Mbese<br />

tugomba gutangazwa n’uko, izi nyigisho z’ubugome zigwira ?<br />

Uburyo uwo mwigisha w’ibinyoma yakoreshaga, bugaragarira no mu mikorere y’abandi<br />

benshi. Batandukanya ijambo rimwe n’ayajyaga kuryumvikanisha kugira ngo ubusobanuro<br />

barihaye bube buhabanye cyane n’icyo ryavugaga; maze iyo mirongo iciwemo uduce<br />

ikagorekwa kandi igakoreshwa mu gushyigikira izindi nyigisho zidashingiye ku Ijambo<br />

ry’Imana. Ubuhamya bwatanzwe haruguru bw’uko Amunoni w’umusinzi ari mu ijuru, buhita<br />

bubeshyuzwa n’amagambo asobanutse kandi atarimo urujijo yo mu Byanditswe Byera ko nta<br />

musinzi uzaragwa Ubwami bw’Imana. 9 Uko niko abashidikanya n’abatizera, hamwe<br />

n’abahakanyi bahindura ukuri ibinyoma. Kandi abantu batabarika bayobejwe n’ubwo<br />

bucakura, none ubu bihishe mu rutare rwo kwishuka.<br />

Iyaba byari ukuri koko, ko roho z’abantu bose ziherako zijya mu ijuru mu gihe umwuka<br />

ubavuyemo, noneho twajya twifuza gupfa kuruta kubaho. Benshi bagiye bizera izo nyigisho,<br />

maze bagahita bashyira iherezo ku buzima bwabo. Igihe bagoswe n’amakuba, impagarara, no<br />

gucika intege, byakorohera benshi guca akagozi kangiritse k’ubuzima maze bakigira mu<br />

munezero w’isi izahoraho iteka.<br />

Imana yatanze ibihamya by’ukuri mu Ijambo ryayo ko izahana abica amategeko yayo.<br />

Abishuka ko Imana ari Inyambabazi nyinshi byatuma idasohoza ubutabera bwayo ku<br />

munyabyaha, bakwiye guhanga amaso ku Musaraba w’i Kaluvari gusa. Urupfu rw’Umwana<br />

w’Imana w’umuziranenge ruhamya ko “ibihembo by’ibyaha ari urupfu”, kandi ko kwica<br />

amategeko y’Imana kwose gukwiriye guhabwa igihembo cyako. Kristo utigeze gukora<br />

icyaha, yahindutse icyaha kubw’umuntu. Yikoreye umutwaro w’ibicumuro, ahishwa mu<br />

maso ha Se, kugeza ubwo umutima we waciye maze ubugingo bwe burasandara. Uko<br />

kwitanga kose yabikoreye kugira ngo abanyabyaha bacungurwe. Nta hantu na hamwe<br />

umunyabyaha ashobora guhungira igihano cy’icyaha. Kandi umutima wose wanga kwakira<br />

391

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!