15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

b’abanyakuri, ariko bakaba baratwawe ingamira n’ubucakura bwa Satani. Akabatera<br />

kugoreka amagambo yo mu Byanditswe, bakayasiga ibara bayasobanuza imvugo ikarishye<br />

n’uburyarya bya Satani, ariko bitari iby’Umuremyi wacu. “Umwami Uwiteka aravuga ati:<br />

“Ndirahiye sinezezwa no gupfa k’umunyabyaha, ahubwo nezezwa n’uko umunyabyaha<br />

ahindukira akava mu nzira ye, maze akabaho; nimuhindukire, mugaruke muve mu nzira zanyu<br />

mbi. Kuki mwarinda gupfa?”. 7<br />

Mbese Imana byayungura iki turamutse twemeje ko ishimishwa no kubona abicwa rubozo<br />

ubudatuza; ikanezezwa no kumva kuniha n’imiboroga n’ibitutsi bitewe n’umubabaro<br />

w’ibiremwa byayo yajugunye mu birimi by’umuriro utazima ? Mbese ayo majwi<br />

y’umuborogo yahinduka indirimbo zinejeje mu matwi y’Inyarukundo rutarondoreka? Ibyo<br />

bivuze ko igihano cy’ umubabaro udashira ku banyabyaha, cyajyaga kwerekana uko Imana<br />

yanga icyaha cyo mwanzi watsembye amahoro na gahunda mu isi. Yoo! Mbega igitutsi giteye<br />

ubwoba! Nk’aho urwango Imana yanga icyaha, rwayitera kugihozaho iteka. Kuko, ukurikije<br />

inyigisho z’aba bahanga mu by’iyobokamana, iyica rubozo ‘rihoraho hatarimo ibyiringiro<br />

byo kubabarirwa uzarisha abababazwa, kandi igihe bagize umujinya bagatukana kandi<br />

bagasebanya, bazaba bongera imitwaro y’ibyaha iteka ryose. Icyubahiro cy’Imana<br />

nticyongerwa n’uko gukomeza kubaho no kwiyongera kw’ibyaha muri iyo mibabaro uko<br />

ibihe bihaye ibindi.<br />

Birenze ubushobozi bw’intekerezo za muntu kumenya neza ibibi bituruka ku buhakanyi<br />

buvuga ibyo kubabazwa by’iteka ryose. Idini ya Bibiliya yuzuye urukundo n’ineza,<br />

n’imbabazi ziyisendereye, yijimishijwe n’imigenzo, kandi itwikirizwa iterabwoba. Iyo<br />

twitegereje amabara y’ikinyoma Satani yambitse imico y’Imana, twatangazwa se n’uko<br />

Umuremyi wacu ugira imbabazi nyinshi atinywa, akanegurwa ndetse akanangwa n’abantu?<br />

Intekerezo zishishana z’uburyo abantu batekereza Imana zamaze kwamamara ku isi yose<br />

binyuze mu nyigisho zivugirwa ku ruhimbi zahinduye ibihumbi n’ibihumbi, amamiliyoni<br />

menshi y’abantu ahorana ibibazo by’ubuhakanyi.<br />

Inyigisho yo kubabazwa by’iteka ryose ni imwe mu nyigisho zipfuye zigize ya nzoga<br />

y’ibizira Babuloni yanywesheje amahanga yose. Kuba intumwa za Kristo zikwiriye kwemera<br />

kandi zikamamaza ubwo buhakanyi ku ruhimbi ruziranenge, nabyo ni iyobera rikomeye.<br />

Barihawe na Roma nk’uko bakiriye i sabato y’ibinyoma. Ukuri ni uko icyo kinyoma<br />

cyabwirijwe n’abantu bakomeye kandi beza; ariko umucyo werekeye iyo nyigisho<br />

ntiwabarasiye nk’uko waturasiye. Bazabazwa gusa umucyo wabarasiye mu gihe cyabo; natwe<br />

tuzabazwa uwaturasiye mu gihe cyacu. Nidutera umugongo ibihamya by’Ijambo ry’Imana,<br />

maze tukemera inyigisho zipfuye ngo n’uko basogokuru bacu bazigishije, tuzaba duciriweho<br />

iteka ryaciriwe kuri Babuloni; tuzanywa ku nzoga y’ibizira byayo.<br />

Abagize umubare munini w’abo inyigisho zerekeye kubabazwa by’iteka ryose ryayobeje,<br />

berekejwe mu rindi futi ritandukanye n’iryo. Babona ko Ibyanditswe Byera bigaragaza ko<br />

Imana ari urukundo n’imbabazi, maze ntibizere ko yagenera ibiremwa byayo umuriro<br />

389

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!