15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

uburibwe butangaje bagaragurikira mu birimi by’umuriro ugurumana, Umuremyi wabo<br />

yabitegereza akanezerwa.<br />

Uko niko Satani yiyambura umwambaro we w’ubugizi bwa nabi, akawambika Umuremyi<br />

n’Umugiraneza w’ikiremwamuntu. Ubugizi bwa nabi buturuka kuri Satani. Imana ni<br />

urukundo; kandi ibyo yaremye byose byari bitunganye, biboneye kandi ari iby’igikundiro,<br />

kugeza igihe icyigomeke ruharwa cya mbere cyinjije icyaha. Satani ubwe ni umwanzi woshya<br />

umuntu gukora icyaha, kandi ngo nabishobora amurimbure; maze igihe azaba atagishidikanya<br />

ko yamaze kumuhindura uwe, nibwo azamujugunya mu rwobo yamucukuriye. Iyo abishobora<br />

yajyaga kurundanyiriza ikiremwamuntu uko cyakabaye mu rushundura rwe. Iyo imbaraga<br />

z’ijuru zitahagoboka, nta muhungu cyangwa umukobwa w ‘Adamu wajyaga kurokoka.<br />

Muri iki gihe, Satani arashakisha uko yatsinda abantu nk’uko yatsinze ababyeyi bacu ba<br />

mbere, ubwo yajegezaga icyizere bari bafitiye Umuremyi wabo maze akabatera gushidikanya<br />

ubwenge bw’ubuyobozi bw’Imana, n’ubutabera bw’amategeko yayo. Satani n’intumwa ze<br />

bakwiza hose ko Imana igira nabi kubarusha, kugirango bahishe uburyarya n’ubugome byabo.<br />

Umushukanyi ukomeye yihatira kugereka ubugome bwe buteye ubwoba n’imico ye kuri Data<br />

wo mu ijuru, kugira ngo yerekane ko yamusagariye amwirukana mu ijuru bitewe n’uko yanze<br />

gupfukamira uwo mutegetsi utonesha. Agaragariza isi ko bashobora kugira umudendezo<br />

bayobotse ubutegetsi bwe, kandi uwo mudendezo utandukanye n’ububata bashyizwemo<br />

n’amategeko-shingiro ya Yehova. Uko niko yatekerezaga kuzaba yegukanye abantu<br />

abatandukanyije n’Imana.<br />

Mbega uburyo bihabanye n’urukundo n’imbabazi, ndetse n’uko dutekereza ubutabera,<br />

gukwiza ihame ry’uko abanyabyaha bapfuye bari kubabarizwa mu muriro n’amazuku bihora<br />

bigurumana iteka ryose; kandi kubw’ibyaha byo muri ubu buzima bw’isi y’igihe gito,<br />

bagomba kubabazwa igihe cyose Imana izaba ikiriho. Nanone, izi nyigisho zabwirijwe henshi<br />

kandi na n’ubu ziracyigishwa mu matorero menshi ya Gikristo. Umunyabwenge umwe mu<br />

by’Iyobokamana yaravuze ati:“Kureba abantu bababarizwa mu muriro w’iteka, bizagwiza<br />

umunezero w’abera iteka ryose. Iyo babona abameze nka bo n’abavutse nk’uko nabo bavutse,<br />

bijanditse mu buhanya, maze bakitarura, ibyo bizagaragaza uburyo banezerewe.’‘ Undi<br />

mwanditsi yakoresheje aya magambo: “Ubwo iteka ryo kurimbuka rizaba risutswe ku banze<br />

kumvira, umwotsi wo kubabazwa kwabo uzacumba iteka ryose, uzamuke imbere y’abagiriwe<br />

imbabazi, mu cyimbo cyo kugirira impuhwe abo banyamubabaro, bazavuga bati: “Amen,<br />

Haleluya! Muhimbaze Uwiteka!”<br />

Mbese inyigisho nk’izo zanditswe ku zihe mpapuro mu Ijambo ry’Imana ? Mbese<br />

abacunguwe nibagera mu ijuru ntibazaba bakigira impuhwe n’imbabazi, cyangwa ngo<br />

bagaragarize abantu baremanywe amarangamutima? Mbese ibi ntibihuje n’intekerezo<br />

z’abavuga ko umuntu w’umunyabwenge atagomba kugira amarangamutima cyangwa bikaba<br />

ubugome bwa kinyamaswa? Oya, oya izo si inyigisho zikomoka mu gitabo cy’Imana.<br />

Abanditse ayo magambo yavuzwe mbere hari ubwo baba ari abantu bize, abantu<br />

388

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!