15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Adamu na Eva bamaze gusuzugura Imana, amaso yabo yarahweje babona ubupfu bwabo,<br />

bamenye ikibi, kandi batangira kurya ku mbuto zisharira zo kutumvira.<br />

Hagati mu murima wa Edeni hari igiti cy’ubugingo, imbuto zacyo zari zifite imbaraga<br />

itanga ubugingo buhoraho. Iyo Adamu akomeza kumvira Imana, yajyaga gukomeza kujya<br />

arya ku mbuto zacyo akabaho ubuzira-herezo. Ariko amaze gukora icyaha, yabujijwe kongera<br />

gusoroma ku giti gihesha ubugingo, maze ahinduka uwo gupfa. Iteka ry’Imana ngo: “Uri<br />

umukungugu, mu mukungugu nimwo uzasubira,“nta ryerekezaga ku kuvuga ko ubugingo<br />

bwe buzimye.<br />

Ukudapfa kwasezeranyijwe umuntu biturutse ku kumvira, kwakomwe mu nkokora no<br />

gucumura. Adamu ntiyajyaga kuraga urubyaro rwe icyo adafite; kandi nta byiringiro ubwoko<br />

bwacumuye bwashoboraga kugira, iyo Imana, kubwo igitambo cy’Umwana wayo, itabazanira<br />

ukudapfa hafi yabo. Igihe “urupfu rwageraga ku bantu bose, kuko bose bakoze ibyaha, ”<br />

Kristo yazanye ubugingo no kudapfa binyuze mu mucyo w’ubutumwa bwiza.’‘ 4 Kandi muri<br />

Kristo gusa, niho habonerwa ukudapfa. Yesu yaravuze ati:“Uwizera uwo Mwana aba abonye<br />

ubugingo buhoraho: Ariko utumvira uwo Mwana, ntazabona ubugingo, ahubwo umujinya<br />

w’Imana uguma kuri we.’‘ 5 Umuntu wese akwiriye kuza kwakira iyo migisha adahenzwe<br />

niba agendera mu byo asabwa. “Abashaka ubwiza n’icyubahiro no kudapfa, babishakisha<br />

gukora ibyiza, badacogora baziturwa ubugingo buhoraho.” 6<br />

Uwasezeraniye Adamu ubugingo bitewe gusa no kutumvira, nta wundi utari umushukanyi<br />

ukomeye. Kandi amagambo inzoka yabwiriye Eva mu murima wa Edeni ngo:“Ni ukuri<br />

ntimuzapfa,“yari ikibwirizwa cya mbere cyigishijwe cyo kudapfa k’ubugingo. Nyamara ayo<br />

magambo yakomotse gusa ku bubasha bwa Satani, niyo ajya yumvikanira ku ruhimbi<br />

rw’amatorero ya Gikristo kandi akemerwa n’abantu batagira ingano nk’uko yahise yakirwa<br />

n’ababyeyi bacu ba mbere. Iteka ry’Imana ngo “Ubugingo bukora icyaha nibwo buzapfa”<br />

ryahinduwe ngo, Ubugingo bukora ibyaha ntabwo buzapfa, ahubwo buzahoraho iteka.<br />

Ntidushobora uretse gutangazwa n’ikintu kidasanzwe gituma abantu bizera ibyerekeye<br />

amagambo ya Satani kuruta ay’Imana.<br />

Iyo umuntu aza kwemererwa kurya ku mbuto z’igiti cy’ubugingo nyuma yo gukora<br />

icyaha, yajyaga gukomeza kubaho iteka, maze icyaha na cyo kikazahoraho iteka. Ariko<br />

Abakerubi bafite inkota zakaga umuriro bugariye inzira ijya kuri cya giti cy’ubugingo, kandi<br />

nta n’umwe wo mu muryango w ‘Adamu wemererwaga kurenga urwo rubibi ngo abe<br />

yasoroma ku mbuto zitanga ubugingo. Nuko rero, nta munyabyaha ufite kudapfa.<br />

Ariko umuntu amaze gukora icyaha, Satani yategetse abamarayika be kwihatira cyane<br />

cyane gutera mu muntu imyizerere yuko kamere y’abantu ari ukudapfa; maze abantu<br />

nibamara kwemera ubwo buyobe, ku iherezo ba bamarayika babi bazemeza abantu ko<br />

umunyabyaha azahora mu buhanya iteka ryose. Noneho umutware w’umwijima, abinyujije<br />

mu bamarayika be, avuga ko Imana ari inyabukana ihora inzigo, abatayumvira bose ikabaroha<br />

mu muriro utazima, maze bagahora bababazwa n’umujinya wayo bumva; kandi igihe bumva<br />

387

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!