15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Satani ashobora kuzana ibindi bintu bijya gusa n’ukuri kugira ngo ayobye abashaka<br />

kuyoba, badashaka kwizinuka no kwitanga ukuri kubasaba; ariko ntibishoboka ko hagira<br />

n’umwe yafata ku ngufu kandi yifuza nta buryarya kumenya ukuri uko byamera kose. Kristo<br />

niwe Kuri kandi “niwe Mucyo waje mu isi kumurikira umuntu wese.” 8 Mwuka w’ukuri<br />

yoherejwe kuyobora abantu mu kuri kose. Kandi ku bwo ububasha bw’Umwana w’Imana<br />

byanditswe ngo: “Mushake muzabona.” 9 Umuntu wese ukunda gukora ibyo Data ashaka<br />

azamenya ukuri.” 10<br />

Abayoboke ba Yesu bazi bike gusa kubijyanye n’imigambi mibi Satani n’ingabo ze<br />

babafitiye. Nyamara Uwicaye ku ntebe yo mu ijuru, aziganzura ubwo buhenzi bwose kugira<br />

ngo asohoze ibyo yagambiriye kuva kera kose. Uhoraho yemera ko ubwoko bwe bugerwaho<br />

n’ibigeragezo biteye ubwoba, bidatewe n’uko yishimira imibabaro n’uburibwe bahura nabyo,<br />

ahubwo bitewe n’uko ari bwo buryo bw’ingenzi bubageza ku nsinzi iheruka. Kubwo ikuzo<br />

rye, ntashobora kubakingira ibigeragezo; kuko umugambi nyakuri w’ishungura ari<br />

ukubategurira guhangana n’ibitero byose by’umwanzi.<br />

Haba abagome cyangwa abadayimoni ntibabasha gukoma mu nkokora umurimo w’Imana,<br />

cyangwa ngo babuze Imana kuba mu bantu bayo, niba bafite ubushake, bitanze, n’imitima<br />

imenetse, bakatura ibyaha kandi bakitandukanya nabyo, maze bakishyuza amasezerano<br />

y’Imana bizeye. Igishuko cyose, imigambi mibi yose, byaba ku mugaragaro cyangwa mu<br />

ibanga, bishobora guhashywa nta gushidikanya, kuko “atari kubw’ububasha bwawe cyangwa<br />

imbaraga zawe bizagushoboza umurimo wanjye, ahubwo uzawushobozwa na Mwuka<br />

wanjye, niko Uhoraho Nyir’ingabo avuga11.”<br />

“Amaso y’Uwiteka ari ku bakiranutsi, n’amatwi ye ari ku byo basaba.... “Mbese ninde<br />

uzabagirira nabi nimugira ishyaka ryo gukora ibyiza?” 12 Ubwo Balamu yirukiraga<br />

ingororano z’igiciro cyinshi yari yasezeranijwe, akajya kuvuma ubwoko bw’Abisirayeli,<br />

kandi akoresheje gutambira Uwiteka ibitambo yashatse kuvuma ubwoko bwe, <strong>Umwuka</strong><br />

w’Uwiteka abuza umuvumo gusohoka mu kanwa ka Balamu, ahubwo ahatirwa kuvuga aya<br />

magambo akurikira: “Navuma nte abo Uwiteka atavumye? Kandi narakarira nte abo Uwiteka<br />

atarakariye? Icyampa nkipfira nk’uko abakiranutsi bapfa. Iherezo ryanjye rikaba nk’iryabo!”<br />

Ubwo bongeraga gutamba ibitambo, umuhanuzi mubi yarahamije ati: “Dore nategetswe<br />

kubahesha umugisha, nayo yarawubahaye sinabihindura. Ntihakabeho ibyago mu bakomoka<br />

kuri Yakobo, umubabaro ntukarangwe muri abo Bisirayeli, Uhoraho Imana yabo abe hamwe<br />

na bo, niwe mwami wabo bavugiriza impundu. Nta bupfumu bwagira icyo butwara<br />

abakomoka kuri Yakobo, nta n’umutukiro wafata Abisirayeli. Kuva ubu abantu bazatangara<br />

bati, ‘Dore ibyo Imana yakoreye Abisiraheli! Ku nshuro ya gatatu, igicaniro cyarubatswe,<br />

maze Balamu yongera gushaka kugerageza kuvuma ubwoko bw’Imana. Ariko, <strong>Umwuka</strong><br />

w’Imana ahamiriza ubwoko bwe bwatoranyijwe kugira ihirwe akoresheje akanwa<br />

k’Umuhanuzi utarabishakaga kandi acyaha ubupfapfa n’uburyarya by’abanzi babo:<br />

Uzabasabira umugisha wese nawe azawuhabwe, kandi uzabavuma wese na we azavumwe”.<br />

13<br />

384

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!