15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

y’Imana, kuduha ibisubizo by’amasengesho dusenganye kwizera, maze tugahabwa n’ibyo<br />

tutari dukwiriye n’ibyo tutasabye.<br />

Hariho inyigisho zitagira ingano ziyobya abantu n’intekerezo zikabya zaduka mu<br />

matorero ya gikristo. Ntibishoboka kugereranya ingaruka ziteye ubwoba ziterwa no gukuraho<br />

rimwe mu biranga amahame shingiro y’Ijambo ry’Imana. Bake bahangara gukora ibyo,<br />

bahera ku ngingo idakanganye ivuga ukuri bakayihakana. Abenshi bakomeza kwirengagiza<br />

rimwe mu mahame y’ukuri, ejo bakirengagiza irindi, kugeza ubwo bahinduka abapagani<br />

beruye.<br />

Amafuti y’iby’iyobokamana yamamaye, yaroshye benshi mu rujijo igihe bagombaga<br />

kwizera Ibyanditswe Byera. Ntibishoboka ko umuntu yizera inyigisho zimuciraho iteka,<br />

zitarimo ubutabera, imbabazi no kugira neza; kandi igihe abyigishijwe nk’inyigisho za<br />

Bibiliya, yanga kuzakira nk’izikomoka mu Ijambo ry’Imana.<br />

Uwo niwo mugambi Satani yashishikariye gusohoza. Nta kindi yifuza kirenze gukura<br />

ibyiringiro by’abantu ku Mana no ku Ijambo ryayo. Satani niwe mugaba mukuru w’ingabo<br />

z’abashidikanya, kandi akoresha imbaraga ze zose yoshya abantu ngo abigarurire. Ubu<br />

gushidikanya byahindutse ibigezweho. Hariho abantu benshi babona ko Ijambo ry’Imana<br />

atari iryo kwiringirwa nk’uko batiringira Nyiraryo - ari ukubera ko ryamagana icyaha kandi<br />

rikagiciraho iteka. Abadashaka kumvira ibyo ribabwira bahirimbanira guhirika ubuyobozi<br />

bwaryo. Basoma Bibiliya cyangwa bategera amatwi inyigisho zayo nk’uko zivugiwe ku<br />

ruhimbi, bashakisha gusa inenge mu Byanditswe Byera cyangwa mu kibwirizwa. Benshi<br />

bahinduka abapagani kugira ngo bisobanure cyangwa no gutanga impamvu zatumye<br />

birengagiza inshingano. Abandi bigira nyamujyiryanino bitewe n’ubwibone n’ubunebwe.<br />

Bakunda kwiyerekana ubwabo bakora ikintu cyose cyabahesha icyubahiro, n’aho cyaba<br />

kigomba imbaraga cyangwa ubwitange, bagamije kwerekana ko ari ibyamamare mu<br />

by’ubwenge buhambaye, bakabikora banenga Bibiliya. Hari byinshi intekerezo za muntu<br />

zifite aho zigarukira, zitamurikiwe n’ubwenge mvajuru, zidashobora gusobanukirwa; maze<br />

bakaba babonye umwanya wo kunenga Ibyanditswe Byera. Hari benshi bumva ko ibyiza ari<br />

ukuba mu ruhande rw’abatizera cyangwa abafashe impu zombi n’abatizerwa. Nyamara<br />

ucukumbuye neza, usanga bene abo bantu babikorera kwishyira hejuru no kwiyiringira<br />

ubwabo. Benshi banezezwa no kubona muri Bibiliya ijambo bazakoresha baburagiza<br />

ibitekerezo by’abandi. Ku ikubitiro, bamwe banenga kandi bagatekereza ku ruhande rubi,<br />

bashaka gushoza intambara gusa. Ntabwo bamenya ko biboheye ubwabo mu mitego<br />

y’umwanzi. Ariko kuba barihamije ubuhakanyi ku mugaragaro, bumva bagomba<br />

kubushikamamo. Nuko bakifatanya n’abatubaha Imana maze ubwabo bakikingiranira inyuma<br />

y’amarembo ya Paradizo.<br />

Imana yatanze ibihamya bihagije mu ijambo ryayo bigaragaza imico y’ubumana bwayo.<br />

Ukuri gukomeye kwerekeye gucungurwa kwacu kwarahishuwe. Kubwo gufashwa na Mwuka<br />

Muziranenge, wasezeraniwe abamushakana ukuri bose, uko kuri gukwiriye kumenywa<br />

382

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!