15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

buhoro buhoro itorero ryagiye ryinjizwamo gahunda yo kuramya ibishushanyo n’ibisigazwa<br />

by’imibiri y’abatunganiye Imana bo mu gihe cya kera. Hanyuma, inama rusange y’itorero<br />

yashyizeho iteka rishimangira ubwo buryo bwo kuramya ibishushanyo. Mu kuzuza icyo<br />

gikorwa cy’agahomamunwa, itorero ry’i Roma ryahangaye gukuraho itegeko rya kabiri mu<br />

mategeko y’Imana, ari ryo ribuzanya gusenga ibishushanyo, maze irya cumi barigabanyamo<br />

kabiri, kugira ngo umubare w’amategeko ukomeze kuba icumi.<br />

Uwo mutima wo kwemera ko imigenzo ya gipagani ikorwa no mu itorero watumye habaho<br />

ukundi gusuzugura ubutware bw’Imana kurushijeho. Satani yakoreye mu bayoboraga itorero<br />

batari bariyeguriye Imana maze ahindura n’itegeko rya kane, agerageza gukuraho Isabato yari<br />

yarabayeho kuva kera, ari yo munsi Imana yahaye umugisha kandi ikaweza (Itangiriro 2:2,3);<br />

maze mu cyimbo cyawo agerageza kwerereza umunsi mukuru abapagani bizihizaga bawita<br />

“umunsi ukwiye kubahwa w’izuba.” Ku ikubitiro, uwo munsi ntiwahise uhindurwa mu buryo<br />

bugaragara. Mu myaka amagana make nyuma ya Yesu, Abakristo bose bakomezaga Isabato<br />

nyakuri. Bitaga cyane ku kubaha Imana uko bikwiye, kandi kuko bizeraga ko amategeko yayo<br />

adahinduka, bagiraga umwete wo kwitondera ibyo yategetse. Ariko Satani yakoreye mu<br />

bakozi be akoresheje uburiganya bukomeye kugira ngo asohoze imigambi ye.<br />

Kugira ngo abantu barangamire umunsi wo Ku cyumweru, uwo munsi wagizwe umunsi<br />

mukuru wo kwizihiza kuzuka kwa Kristo. Bawugiragaho gahunda z’amateraniro; nyamara<br />

bawufataga nk’umunsi w’ikiruhuko n’imyidagaduro ariko Isabato na yo bagakomeza<br />

kuyubahiriza nk’umunsi wera.<br />

Igihe Satani yiteguraga gusohoza umugambi yashakaga kuzageraho, yari yarakoresheje<br />

Abayahudi mbere yo kuza kwa Kristo maze baremereza Isabato bakoresheje amabwiriza<br />

akarishye cyane bituma kuyubahiriza bihindukira abantu umutwaro. Muri icyo gihe rero cya<br />

nyuma ya Kristo, ashingiye ku kuntu yari yaratumye uwo munsi ufatwa nabi, yatumye abantu<br />

bawusuzugura bakawufata nk’umunsi wishyiriweho n’Abayuda. Mu gihe muri rusange<br />

Abakristo bari bakomeje kubahiriza umunsi wo ku cyumweru (kuwa mbere) nk’umunsi<br />

mukuru, yabateye gufata Isabato bayigira umunsi wo kwiyiriza ubusa, w’umubabaro ndetse<br />

n’agahinda, babikoreye kwerekana urwango bangaga idini y’Abayuda.<br />

Mu ntangiriro z’ikinyejana cya kane, umwami w’abami Constantine yashyizeho itegeko<br />

rivuga ko umunsi wo Kucyumweru ubaye umunsi mukuru ku bantu bose batuye aho ingoma<br />

y’Abanyaroma yategekaga. (Soma iryo tegeko ku mugereka). Uwo munsi w’izuba<br />

wubahirizwaga n’abayoboke be b’abapagani kandi ukanubahwa n’Abakristo. Bityo rero uwo<br />

mwami w’abami yari afite ingamba zo guhuriza hamwe izo mpande zari zihabanye<br />

z’ubupagani n’Ubukristo. Nyamara nubwo Abakristo benshi bubahaga Imana bagendaga<br />

buhoro buhoro bafata umunsi wo Kucyumweru nk’ufite urugero runaka rw’ubuziranenge,<br />

bari bacyubahiriza Isabato nyakuri bayifata nk’umunsi wera wa Nyagasani kandi<br />

bakawizihiza bumvira itegeko rya kane.<br />

31

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!