15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

bakabona ko amagambo ya Bibiliya atari ayo kwizerwa. Abashidikanya ukuri kw’amagambo<br />

yo mu Isezerano rya Kera n’ayo mu Rishya bose barakomeza bakageza n’aho bashidikanya<br />

ko Imana ibaho, ahubwo imbaraga z’Ushoborabyose bakazitirira ibyaremwe. Iyo bamaze<br />

kugera ahantu nk’aho, ikibasigariye ni ukurekwa bagakubita ku bitare byo gukiranirwa.<br />

Niyo mpamvu benshi barorongotana bava mu byizerwa maze bagashukwa n’umwanzi.<br />

Abantu barahirimbanira kugira ubwenge burenze ubw’Umuremyi wabo; ubucurabwenge<br />

bw’abantu buri kugerageza ngo burebe ko bwavumbura kandi busobanure amayobera adateze<br />

kuzigera amenyeshwa abantu na rimwe. Iyaba abantu bashakashakaga uburyo basobanukirwa<br />

uko Imana ubwayo yabihishuriye n’imigambi yayo, bajyaga kwerekwa iryo kuzo, icyubahiro,<br />

n’imbaraga bya Yehova kugira ngo bamenye neza ko ubwabo ntacyo bashoboye, kandi<br />

bakanyurwa n’ibyo bahishuriwe hamwe n’abana babo.<br />

Ikintu cy’ingenzi mu byo Satani akoresha mu bushukakanyi bwe, ni ugufatira ibitekerezo<br />

by’abantu mu bushakashatsi bwo kwivanga mu byo Imana itaduhishuriye, ndetse no mu byo<br />

itashatse ko dusobanukirwa. Icyo ni na cyo cyatumye Lusiferi akurwa k’umwanya we mu<br />

ijuru. Ntiyanyuzwe n’uko atamenyeshejwe amabanga yose y’imigambi y’Imana, bituma<br />

abona ko icyubahiro n’umurimo yari yarahawe nta gaciro bifite. Kubwo gutera izo mpagarara<br />

mu bamarayika yayoboraga, yabateye gucumura. No muri iki gihe Satani arashaka uko<br />

yakwigarurira intekerezo z’abantu nk’uko yabigenje mu ijuru kugira ngo abayobye<br />

basuzugure amategeko y’ingoma y’Imana.<br />

Abadashaka kwemera ukuri kwa Bibiliya gufututse kandi kwahuranyije, bazakomeza<br />

kwiruka inyuma y’ibihimbano bibanezeza, kugira ngo bibareme agatima. Uko amahame<br />

y’ibya mwuka, kwizinukwa, no kwicisha bugufi yigishwa gahoro, ninako azarushaho<br />

kugenda gukendera. Abo bantu batesha agaciro imbaraga z’ubwenge kugira ngo bahaze ibyo<br />

kamere zabo zifuza. Abanyabwenge muri bo ni abashakisha mu Byanditswe Byera bicishije<br />

bugufi, bafite imitima imenetse kandi basenga kugira ngo bayoborwe n’ijuru, abo ntibazigera<br />

bayoba. Satani ahora yiteguye guha umuntu wese icyo umutima we wifuza cyose, maze<br />

ubushukanyi bwe bugasimbura ukuri. Uko niko Ubupapa bwabonye imbaraga yo kwigarurira<br />

ibitekerezo by’abantu; kandi kubwo kwanga ukuri kuko gusaba kwikorera umusaraba,<br />

Abaporotestanti nabo bakurikira iyo nzira. Abirengagiza Ijambo ry’Imana bose, bakanga<br />

kwiga amabwiriza shingiro akwiriye, kugira ngo batitandukanya n’isi, bazarekwa kugira ngo<br />

birundurire mu buhakanyi buciraho iteka abahakanye itorero ry’ukuri. Ububi ubwo aribwo<br />

bwose, buzemerwa n’abanze nkana ukuri kw’Ijambo ry’Imana bose. Uhindishwa umushyitsi<br />

n’ikigeragezo kimwe wese, azaba yiteguye kwakira n’ikizakurikiraho. Intumwa Pawulo<br />

avuga iby’abantu “batakiriye urukundo rw’Imana ngo bakizwe” agira ati: “Nicyo gituma<br />

Imana izaboherereza ubushukanyi bukomeye cyane ngo bizere ibinyoma, kugira ngo<br />

abatizeye iby’ukuri bose, bakishimira gukiranirwa bacirweho iteka”. 5 Kubw’aya magambo<br />

y’imbuzi tubwiwe, ni ingenzi cyane kwitondera inyigisho duhabwa.<br />

380

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!