15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

ubutegetsi bwazo buzakurwaho bidatinze. Satani yagize umujinya nk’uwo intare iziritswe,<br />

maze akoresha imbaraga ze zose kura ngo yigarurire imibiri n’imitima by’abantu.<br />

Kuba abantu baterwa n’abadayimoni bigaragarira neza mu Isezerano Rishya. Ababaga<br />

bafashwe n’abadayimoni ntibababazwaga gusa n’indwara zisanzwe zitewe n’ibyo. Yesu yari<br />

asobanukiwe neza n’icyo arwana nacyo, kandi yari azi ko imyuka mibi iriho n’uko ikora.<br />

Icyitegererezo gikomeye cy’umubare, imbaraga n’ubuhendanyi by’abadayimoni, ndetse<br />

n’icy’imbaraga n’imbabazi bya Kristo, byose bigaragarizwa mu Byanditswe igihe yirukanaga<br />

abadayimoni mu muntu i Gadara. Abo banyabyago bari batewe n’abadayimoni, ntibashakaga<br />

ubegera, bikebeshaga ibyuma, bakabira ifuro, bagahirita, bagataka cyane bavuza induru,<br />

bakishwanyagura kandi bakagirira nabi abagerageje kubegera. Imibiri yabo yaraviriranaga,<br />

yarahindanye n’intekerezo zabo zari zarangiritse, byerekanaga uburyo umutware<br />

w’umwijima yanezerwaga. Umwe mu badayimoni wari wateye abantu yarivugiye ati:“Nitwa<br />

Gitero-nyamwinshi kuko turi benshi cyane”. 11Mu ngabo z’Abaroma igitero-nyamwinshi<br />

kimwe cyabaga kigizwe n’umubare w’abasirikare kuva ku bihumbi bitatu kugeza ku bihumbi<br />

bitanu. Ingabo za Satani nazo ziremamo imitwe, kandi umutwe mutoya w’abadayimoni bari<br />

bateye abo bantu babazwe ntibari munsi y’igitero-nyamwinshi kimwe.<br />

Kubwo itegeko rya Yesu, iyo myuka mibi yavuye muri abo bantu, basigara batuje bicaye<br />

ku birenge by’Umukiza, bitonze, bafite ubwenge kandi baguye neza. Ariko abadayimoni<br />

bahawe uburenganzira bwo kuroha umugana w’ingurube mu nyanja; maze abaturage b’i<br />

Gadara babona ko bagize igihombo kubirutisha umugisha yari atanze, maze bituma bahatira<br />

Umukiza waturutse mu ijuru kuva aho. Icyo ni cyo Satani yifuzaga kugeraho. Kuba<br />

barashinjaga Yesu ko afite uruhare mu gihombo cyabo, Satani yabyuririyeho maze yinjiza<br />

inarijye mu mitima y’abo baturage bituma banga kumva amagambo y’Umukiza. Satani<br />

akomeje kurega Abakristo ko aribo bateza igihombo, ubukene n’imibabaro, aho gutunga<br />

urutoki ku gucumura — kuko ariwe nkomoko ndetse n’ingabo ze.<br />

Nyamara umugambi wa Kristo ntiwagwabijwe. Yemereye imyuka mibi kurimbura<br />

umugana w’ingurube kugira ngo acyahe Abayuda boroye ayo matungo zanduye kubwo<br />

gushaka indamu. Iyo Yesu ataza kwirukana abo badayimoni mu bantu, ntibajyaga kuroha<br />

ingurube mu nyanja gusa, ahubwo bajyaga kuzirohanamo n’abashumba bazo ndetse na bene<br />

zo. Kurokoka kw’abashumba na bene izo ngurube kwaturutse gusa ku mbaraga ye n’<br />

imbabazi ze byakoreshejwe kugira ngo abakize. Nuko rero, ibyo byabereheyo kugira ngo<br />

bibere akabarore abigishwa babone imbaraga zikabije z’ubugome bwa Satani agirira abantu<br />

n’inyamaswa. Umukiza yifuzaga ko abigishwa be bamenya umwanzi bagiye kuzasakirana<br />

nawe, kugira ngo batazayobywa kandi bagatsindwa n’uburiganya bwe. Nanone kandi<br />

yashakaga ko abaturage bo muri ako gace bibonera imbaraga ze zica ingoyi z’ububata bwa<br />

Satani zikabohora abo yari yaragize imbohe. Nubwo Yesu ubwe yahavuye, abo bantu<br />

bakorewe igitangaza cyo gukizwa basigaye bahamya imbabazi z’uwo Mugiraneza.<br />

374

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!