15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

bafungiwe muri gereza y’Abanyafilipi; batumwe kuri Pawulo na bagenzi be igihe baterwaga<br />

n’umuraba uteye ubwoba mu ijoro ubwo bari mu nyanja ngari; batumwe gukingura umutima<br />

wa Kaluneliyo kugira ngo yakire ubutumwa bwiza; batumwe kuri Petero ngo ashyire<br />

umusirikare w’umunyamahanga ubutumwa bw’agakiza. Uko niko abamarayika baziranenge<br />

bagiye bakorera abantu b’Imana mu bihe byose.<br />

Buri mwigishwa wa Kristo wese yagenewe Marayika wo kumurinda. Abo barinzi bo mu<br />

ijuru, bakingira abakiranutsi imbaraga z’umubi. Ibyo na Satani yari abizi nicyo cyatumye<br />

avuga ati: ‘Mbese Yobu yubahira Imana ubusa ? Ntiwagiye umurinda we n’inzu ye n’ibyo<br />

atunze byose ?’ 9 Uburyo Imana irinda abantu bayo, bwavuzwe n’Umunyazaburi muri aya<br />

magambo: “Marayika w’Uwiteka abambisha amahema yo kugota abamwubaha, akabakiza. ”<br />

Umukiza yavuze iby’abamwizera ati:“Mwirinde mudasuzugura umwe muri aba bana bato.<br />

Ndababwira yuko abamarayika babo bo mu ijuru, bahora bareba mu maso ha Data wo mu<br />

ijuru”. 10 Abamarayika batumwe gukorera abana b’Imana, bemererwa guhora imbere<br />

y’Imana ibihe byose.<br />

None rero, ubwo abantu b’Imana bugarijwe n’imbaraga z’ubushukanyi n’ubucakura<br />

bw’umutware w’umwijima utagoheka, bakaba banahanganye n’imbaraga z’imyuka mibi<br />

yose, bafite ubwishingizi butajegajega bwo kurindwa n’abamarayika bo mu ijuru. Ubwo<br />

bwishingizi ntibwatanzwe kuko butari bukenewe. Niba Imana yarahaye abana bayo isezerano<br />

ry’ubuntu n’uburinzi bwayo, ni uko hari ingabo zikomeye z’umubi bagomba gusakirana,<br />

ingabo zitabarika, zikora ubudacogora kandi zabyiyemeje, kandi nta n’umwe ukwiriye<br />

kuyoberwa ubucakura n’imbaraga zayo cyangwa ngo abure kubwirinda.<br />

Iyo myuka mibi mbere na mbere bari ibiremwa biziranenge, bifite kamere, imbaraga<br />

n’ubwiza bihwanye n’ibyo ibiremwa byera byo mu ijuru ari byo ubu byitwa intumwa<br />

z’Imana. Ariko bimaze gucumura, byafatanyirije hamwe gutesha Imana agaciro no kurimbura<br />

umuntu. Bifatanyije na Satani kwigomeka, maze bakirukananwa mu ijuru, bakomeje<br />

gushyigikirana mu ntambara yo kurwanya ubutegetsi bwo mu ijuru uko ibihe byagiye<br />

bisimburana. Ibyanditswe Byera bitubwira ibyo ishyirahamwe ryabo, ubutegetsi bwabo<br />

n’amategeko yabo y’uburyo bwinshi, ubuhanga bwabo, n’ubwicanyi bwabo, n’uburyarya<br />

bwabo, bwo guhungabanya amahoro n’umunezero bya mwenemuntu.<br />

Isezerano rya Kera ryerekana imibereho n’imikorere y’iyo myuka mibi; ariko igihe Kristo<br />

yari mu isi, nibwo imyuka mibi yigaragaje mu mbaraga no mu buryo bukomeye. Kristo<br />

yazanywe no gusohoza umugambi w’inama y’agakiza, ubwo Satani yari yiyemeje<br />

kwigarurira isi yose. Yari yarashoboye gukwiza ibigirwamana mu mpande zose z’isi, usibye<br />

muri Palestina. Icyo gihugu cyonyine umushukanyi atari yarashoboye kwigarurira, nicyo<br />

Yesu yasanzemo abantu, abamurikishiriza umucyo wo mu ijuru. Aho niho imbaraga ebyiri<br />

zihanganye zahiganiraga gutsinda.Yesu yari ateze ibiganza bye byuje urukundo, ararika<br />

abashaka bose kwakira imbabazi n’amahoro bye. Ingabo z’umwijima zibonye ko nta bubasha<br />

busesuye zifite ku isi, kandi zasobanukiwe ko Kristo naramuka ashohoje umurimo we,<br />

373

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!