15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Ntibita kubyo Satani akomeza gukora n’ibyo yagezeho; bagahinyura imiburo y’ubushukanyi<br />

bwe; ariko bagasa n’abatazi ko abaho rwose.<br />

Iyo benshi badasobanukiwe n’ubuhendanyi bwe, uwo mwanzi w’imitima ahora ari maso,<br />

abubikiriye igihe cyose. Yinjira mu byumba by’amazu yose, no mu nzira zo mu midugudu<br />

yacu yose, mu nsengero, mu nama z’ubutegetsi, mu nkiko zica imanza, akabateramo<br />

gushidikanya, akabayobya, akabashukashuka, ahantu hose akangiza imitima myinshi,<br />

agahindanya imibiri y’abagabo, abagore n’abana, agasenya imiryango, akabiba inzangano mu<br />

bantu, kwifuza ubukire, amahane, ubuhendanyi n’ubwicanyi. Maze aho Abakristo bari bagasa<br />

n’ababona ko ibyo byose bituruka ku Mana kandi bigomba kubaho.<br />

Satani akomeje kwihatira kurwanya abantu b’Imana akoresheje gusenya insika zose zari<br />

zibatandukanyije n’isi. Abisirayeli ba kera baguye mu cyaha igihe bivangaga n’amahanga ya<br />

gipagani kandi bari barabibujijwe. Nguko uko n’Abisirayeli bo muri iki gihe baguye. “imana<br />

y’iki gihe yabahumye imitima, kugira ngo umucyo w’ubutumwa bwiza bwa Kristo, ariwe<br />

shusho y’Imana utabatambikira”3 Abatarafata umwanzuro wo gukurikira Yesu, baba<br />

baritangiye kuba abakozi ba Satani. Mu mutima utarahindutse haba harimo gukunda icyaha,<br />

kandi ugahora ugishakira urwitwazo. Naho umutima wahindutse, wanga icyaha urunuka,<br />

kandi uhora uharanira kugitsinda. Iyo Abakristo bahisemo kwifatanya n’abatubaha Imana<br />

kandi batayizera, baba bishyize mu kaga k’ibigeragezo. Satani wiyoberanyije, abarakingiriza<br />

ngo batamubona. Ntibabasha kubona ko bene abo bazababera umutego wo kubashyira mu<br />

kaga; kandi ko igihe cyose bazaba bafatanyije n’ab’isi mu mico, mu magambo, no mu<br />

migenzereze, buhoro buhoro bazakomeza bahume kugeza ubwo bazarindagira.<br />

Gukurikiza imigenzo y’ab’isi bituma isi ihindura itorero; ntibyigera bihindurira isi ku<br />

kwakira Kristo. Kwimenyereza icyaha nta kabuza bigera aho bisa nk’aho kitakiri ikibi.<br />

Uhitamo gufatanya n’abakozi ba Satani, bidatinze, nawe azagera ubwo atagitinya shebuja<br />

wabo. Mu gihe turi mu murimo, tukageragezwa, nk’uko byagenze kuri Daniyeli ari i bwami,<br />

dukwiriye kumenya tudashidikanya ko Imana izaturinda; ariko niba ari twe ubwacu twishyize<br />

mu bigeragezo, bitinde bitebuke tuzatsindwa.<br />

Kenshi na kenshi umushukanyi akorana n’abadakekwaho kuba mu buyobozi bwe. Abafite<br />

ingabire kandi bakagira ubwenge, barishimirwa bagahabwa icyubahiro, nk’aho iyo mico yabo<br />

yaba nk’icyiru cyo kutubaha Imana cyangwa igatuma Imana ibareba neza. Ingabire n’umuco<br />

bishingikirizaho, ni impano z’Imana; ariko iyo bifashwe nk’ibitanga umwanya<br />

w’ubutungane, igihe byakagombye kwegereza abantu Imana, ahubwo bikajyana kure yayo,<br />

ku iherezo bibahindukira umuvumo n’umutego. Ibyo bikomeza kuba kuri benshi batekereza<br />

ko umuntu wese wumvira, mu ruhande rumwe, akwiriye kwifatanya na Kristo. Nta gicumuro<br />

gikomeye kirimo. Ibyo nibyo bikwiriye kuranga imico mbonera ya buri Mukristo wese, kuko<br />

ari byo bimenyekanisha idini y’ukuri; ariko bigomba kwegurirwa Imana, cyangwa se bikaba<br />

imbaraga z’umubi igihe byiraswe. Umuntu ujijutse w’umuhanga kandi w’imigenzereze myiza<br />

wahangara gukora ibiteye isoni, yaba ameze nk’intwaro ityaye cyane mu ntoke za Satani.<br />

370

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!