15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Igice Cya 30 – Urwango Hagati Y’Umuntu Na Satani<br />

“Nzashyira urwango hagati yawe n’uyu mugore, no hagati y’urubyaro rwawe n’urwe,<br />

ruzagukomeretsa umutwe nawe uzarukomeretsa agatsinsino”1. Urubanza Imana yaciriye<br />

Satani nyuma yo gucumura k’umuntu, na rwo rwari ubuhanuzi bukomatanya ibihe byose<br />

kugeza ku munsi w’imperuka, kandi bugatunga agatoki ku ntambara ikomeye y’abantu<br />

b’amoko yose yagombaga gutura ku isi.<br />

Imana iravuga iti: “Nzashyira urwango”. Uru rwango si rwa rundi rusanzwe mu bantu.<br />

Ubwo umuntu yicaga amategeko y’Imana, kamere ye yahindutse iyo gukora icyaha, maze<br />

yunga ubumwe na Satani. Ubwo rero mu buryo busanzwe nta rwango rwari rukiri hagati<br />

y’umunyabyaha n’inkomoko y’icyaha. Bombi babaye babi binyuze mu buhakanyi.<br />

Umuhakanyi nta na rimwe aruhuka, keretse amaze kubona abafatanya nawe gukurikiza<br />

icyitegererezo cye. Kubwo iyo mpamvu, abamarayika bacumuye hamwe n’abantu bagomye<br />

bishyize hamwe. Iyo Imana itahagoboka, Satani n’umuntu baba barafatanije kugomera Ijuru;<br />

maze aho guharanira kwanga Satani, ikiremwamuntu cyose uko cyakabaye kigahagurukira<br />

rimwe kurwanya Imana.<br />

Satani yoheje umuntu gukora icyaha nk’uko yoheje abamarayika kugomera Imana, kugira<br />

ngo abone abo bafatanya mu mugambi we wo kurwanya Ijuru. Nta kutumvikana kwari hagati<br />

ye n’abamarayika bagomye kubyerekeranye n’urwango bari bafitiye Kristo; n’ubwo mu bindi<br />

batahuzaga, biyungiye kurwanya ububasha bw’Umutegetsi w’isi n’ijuru. Ariko ubwo Satani<br />

yumvaga itangazo rivuga ko hagati ye n’umugore hagomba kuba urwango ndetse no hagati<br />

y’abazabakomokaho, nibwo yamenye ko umuhati we wose wo guhindanya ishusho ya mwene<br />

muntu uzagira ikiwukoma mu nkokora; ko hari ubwo umuntu yazabashishwa kwiganzura<br />

imbaraga ze.<br />

Urwango Satani yanga ikiremwamuntu rwarabyutse, bitewe n’uko binyuze muri Yesu<br />

Kristo, ikiremwamuntu nicyo shingiro ry’ urukundo n’imbabazi by’Imana. Yifuza kugwabiza<br />

umugambi w’Imana wo gucungura umuntu, gusebya Imana akoresheje guhindanya ibyo<br />

yaremye; yashakaga guteza umubabaro mu ijuru maze isi yose ikuzuramo ibyago no kwiheba.<br />

Kandi yerekana ko ibyo bibi byose bitewe n’uko Imana yaremye umuntu.<br />

Ubuntu bwa Kristo nibwo butera umutima w’umuntu kwanga Satani. Hatabayeho ubu<br />

buntu n’imbaraga bihindura, umuntu yajyaga gukomeza kuba imbohe ya Satani, n’umugaragu<br />

we uhora yiteguye gukora ibyo amutegetse byose. Ariko ihame rishya ryinjiye mu mutima<br />

we, rizana intambara ahahoze amahoro. Imbaraga itangwa na Kristo, ibashisha umuntu<br />

guhangana n’umunyagitugu w’umushukanyi. Umuntu wese wanga icyaha mu cyimbo cyo<br />

kugikunda, umuntu wese urwanya kandi agatsinda ibishuko bigose umutima, aba yerekanye<br />

ko amabwiriza y’ijuru akorera muri we.<br />

Urwango ruri hagati ya Kristo na Satani rwigaragaje cyane igihe isi yakiraga Yesu. Kuba<br />

Abayuda baramwamaganye ntibyatewe n’uko ataje mu isi afite ubutunzi bw’isi, ishusho<br />

368

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!