15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Ibirego by’ibinyoma Satani yashinjaga imico y’Imana n’ubutegetsi bwayo, byagaragaye<br />

nk’uko biri. Yari yarareze Imana ko igihe isaba ibiremwa byayo kuyiyoboka no kuyubaha<br />

ngo iba yishakira kwishyira hejuru gusa. Satani yari yaravuze kandi ko Imana isaba abandi<br />

kwitanga ariko yo ntibikore kandi ntigire igitambo itanga. Noneho byari bigaragaye ko kugira<br />

ngo agakiza k’abantu baguye bagahinduka abanyabyaha kagerweho, Umutegetsi w’ijuru n’isi<br />

yatanze igitambo kiruta ibindi urukundo rubasha gutanga kuko “muri Kristo ari mo Imana<br />

yiyungiye n’abari mu isi.” 2Abakorinto 5:19. Na none kandi byagaragaye ko nubwo Lusiferi<br />

yaciriye icyaha icyanzu kubwo gushaka icyubahiro n’isumbwe, Yesu Kristo we yicishije<br />

bugufi, yemera kumvira kugeza ku rupfu kugira ngo arimbure icyaha.<br />

Imana yari yaragaragaje uko yanga amahame y’ubwigomeke. Ijuru ryose ryabonye ukuntu<br />

ubutabera bwayo bwagaragariye haba mu gucira Satani ho iteka no mu gucungura umuntu.<br />

Lusiferi yari yaravuze ko niba amategeko y’Imana adahinduka kandi igihano gikomotse ku<br />

kutayumvira kikaba kitabasha gukurwaho, abica ayo mategeko bose batagomba kugirirwa<br />

ubuntu n’Umuremyi. Yari yaravuze ko inyokomuntu yacumuye itabasha gucungurwa kandi<br />

ko kubera iyo mpamvu abantu babaye umuhigo we afiteho uburenganzira. Nyamara urupfu<br />

rwa Kristo rwabaye ingingo iburanira umuntu idashobora gutsindwa. Igihano cyagenwe<br />

n’amategeko cyahanwe Uwari uhwanye n’Imana, bityo umuntu aba agize umudendezo wo<br />

kwemera ubutungane bwa Kristo, kandi kubw’imibereho yo kwihana no kwicisha bugufi,<br />

abashishwa kunesha imbaraga za Satani nk’uko Umwana w’Imana yanesheje. Uko ni ko<br />

Imana ari intabera nyamara kandi igatsindishiriza abizera Yesu Kristo bose.<br />

Ariko icyazanye Kristo ku isi kuyibabarizwaho no kuyipfiraho ntabwo byari ugusohoza<br />

umugambi wo gucungura umuntu gusa. Yazanywe kandi no “guha amategeko y’Imana<br />

agaciro” no “kuyubahisha.” Ntabwo yazanywe mu isi gusa no kugira ngo abaturage bayo<br />

babone amategeko nk’uko akwiriye gufatwa; ahubwo yanazanwe no kugaragariza isanzure<br />

ryose ko amatageko y’Imana adahinduka. Iyo amategeko y’Imana akurwaho, Umwana<br />

w’Imana ntaba yaratangiye ubugingo bwe kuba impongano y’icyaha cyo kuyagomera.<br />

Urupfu rwa Kristo ruhamya ko amategeko y’Imana adahinduka. Igitambo cyatanzwe kubwo<br />

urukundo rw’Imana n’Umwana wayo kugira ngo abanyabyaha bacungurwe, kigaragariza isi<br />

n’ijuru ko ubutabera n’imbabazi ari byo rufatiro rw’amategeko y’Imana n’ubutegetsi bwayo.<br />

Mu gihe cy’irangizarubanza bizagaragara ko icyaha nta shingiro gifite. Igihe<br />

Umucamanza w’isi yose azabaza Satani ati: “Ni mpamvu ki wanyigometseho kandi ukanyaga<br />

bamwe bo mu bwami bwanjye?” nyirabayazana w’ikibi nta rwitwazo azatanga. Akanwa kose<br />

kazacecekeshwa, kandi abamarayika bose bigometse bazabura icyo bavuga.<br />

Nubwo umusaraba w’i Kaluvari werekana ko amategeko y’Imana adahinduka,<br />

ugaragariza isi n’ijuru n’isanzure ko ibihembo by’ibyaha ari urupfu. Mu ijambo Umukiza<br />

yavuze ubwo yapfiraga ku musaraba agira ati: “Birarangiye”, ryasobanuraga ko inzogera ya<br />

nyuma ihamya urupfu rwa Satani ivuze. Intambara ikomeye yari imaze igihe kirekire yari<br />

ifatiwe umwanzuro ubwo, kurandurwa guheruka kw’ikibi kwari kugizwe impamo. Umwana<br />

366

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!