15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Igice Cya 3 – Umwijima Mu By’<strong>Umwuka</strong><br />

Mu rwandiko rwa kabiri intumwa Pawulo yandikiye Abanyatesalonike, yahanuye<br />

iby’ubuyobe bukomeye bwajyaga kuzaba inkurikizi y’ishyirwaho ry’ubutegetsi bw’ubupapa.<br />

Yavuze yeruye ko umunsi wa Kristo utazaza « kurya kwimura Imana kutabanje kubaho, kandi<br />

urya munyabugome atarahishurwa, ni we mwana wo kurimbuka, ni umubisha wishyira hejuru<br />

y’icyitwa imana cyose cyangwa igisengwa, kugira ngo yicare mu rusengero rw’Imana,<br />

yiyerekane ko ari Imana.» Byongeye kandi, Pawulo yaburiye abavandimwe be ati:<br />

«amayoberane y’ubugome n’ubu yatangiye gukora.” 2Abatesalonike 2:3, 4, 7.<br />

Ayo “mayoberane y’ubugome,” yatangiye rwihishwa kandi bucece maze nyuma agenda<br />

arushaho gukora ku mugaragaro uko yagendaga agwiza imbaraga kandi yigarurira ibitekerezo<br />

by’abantu, buhoro buhoro yakomeje umurimo wayo w’ubushukanyi no gutuka Imana.<br />

Imigenzo ya gipagani yinjiye mu itorero rya Gikristo mu buryo busa n’ubutagaragara.<br />

Akarengane itorero ryagiriwe n’abapagani katumye hashira igihe abakristo badafite umutima<br />

wo kudohoka ku kwizera kwabo ngo bifatanye n’abapagani kandi ngo bigane imigenzo yabo.<br />

Nyamara aho akarengane karangiriye maze ubukristo bukagera no mu ngoro z’abami, itorero<br />

ryaretse kwicisha bugufi no kwiyoroshya kwa Kristo n’intumwa ze maze rikurikiza kwishyira<br />

imbere n’ubwibone by’abapadiri n’abayobozi b’abapagani; kandi mu cyimbo cyo gukora<br />

ibitegetswe n’Imana rikurikiza inyigisho n’imigenzo byahimbwe n’abantu. Kwihana bya<br />

nyirarureshwa kwa Constantine kwabaye mu ntangiriro z’ikinyejana cya kane kwanejeje<br />

abantu cyane; maze ingeso mbi z’isi ziherako zinjira mu itorero ziyoberanyije zisa<br />

n’ubutungane. Ubwo konona itorero byariyongereye kandi bikorwa vuba cyane. Ubupagani<br />

bwasaga n’ubwatsinzwe ariko ni bwo bwatsinze. Imikorere yabwo ni yo yategekaga itorero.<br />

Inyigisho zabwo, imihango yabwo, ndetse n’imigenzo yabwo ishingiye ku kwizera imbaraga<br />

z’ubupfumu, byinjijwe mu myizerere no mu misengere y’abiyitaga abayoboke ba Kristo.<br />

Ubwo bwumvikane bw’ubupagani n’Ubukristo bwaje kuvamo gukomera k’<br />

umunyabugome wari warahanuwe ko azarwanya Imana kandi akishyira hejuru yayo. Iyo<br />

mikorere ikomeye y’iyobokamana ry’ibinyoma ni wo murimo ukomeye w’ububasha bwa<br />

Satani, ukaba ugaragaza umuhati agira wo kwiyimika ngo ategeke isi uko abishaka.<br />

Satani yigeze gushaka ko Kristo adohoka ku mahame ye kugira ngo bagirane<br />

ubwumvikane. Yamusanze mu butayu yamugeragerejemo, nuko amaze kumwereka ubwami<br />

bw’isi bwose n’ikuzo ryabwo, amusezeranira kubimuha byose aramutse gusa yemeye<br />

kumvira uwo mutware w’umwijima. Kristo yacyashye uwo mushukanyi wigerejeho ahangara<br />

kumugerageza maze amutegeka kuva aho ari. Nyamara Satani arushaho kugera ku byo<br />

yashakaga iyo ashukishije umuntu ikigeragezo nk’icyo yagerageresheje Yesu. Gushaka<br />

kwibonera indamu n’icyubahiro by’isi byatumye itorero rishaka kwemerwa no gushyigikirwa<br />

n’abakomeye bo ku isi; kandi kuko ryari ryihakanye Kristo, ryohejwe kuyoboka uhagarariye<br />

Satani, ari we mwepisikopi w’i Roma.<br />

29

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!