15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

agenga iyo ngoma. Imana ishaka ko abo yaremye bose bayikorera mu rukundo — bakayiha<br />

ikuzo biturutse ku kunyurwa n’imico yayo. Ntabwo Imana ishimishwa no guhatira umuntu<br />

kuyubaha, kandi iha abantu bose umudendezo wo kwihitiramo icyo bashaka, kugira ngo<br />

babashe kuyikorera biturutse ku bushake bwabo.<br />

Ariko habayeho umwe wahisemo gukoresha uwo mudendezo nabi. Icyaha cyakomotse ku<br />

wari ukurikiye Kristo, uwari yarahawe ikuzo n’Imana kandi warushaga imbaraga n’ikuzo<br />

abaturage bo mu ijuru. Lusiferi ataracumura, yari umukerubi utwikira, uzira inenge kandi<br />

utunganye rwose. “Umva uko Umwami Uwiteka avuga ngo ‘wari intungane rwose, wuzuye<br />

ubwenge n’ubwiza buhebuje. Wahoze mu Edeni, ya ngobyi y’Imana; umwambaro wawe wari<br />

ibuye ryose ry’igiciro cyinshi. . . Wari warasigiwe kugira ngo ube umukerubi utwikira, kandi<br />

nagushyizeho kugira ngo ube ku musozi wera w’Imana, wagendagendaga hagati y’amabuye<br />

yaka umuriro. Wari utunganye bihebuje mu nzira zawe zose uhereye umunsi waremweho,<br />

kugeza igihe wabonetsweho gukiranirwa.’” 699<br />

Lusiferi yajyaga gukomeza kuba inkoramutima ku Mana, agakundwa kandi akubahwa<br />

n’ingabo z’abamarayika bose, agakoresha imbaraga yahawe zigahesha abandi umugisha<br />

kandi zigahesha Umuremyi we ikuzo. Ariko umuhanuzi aravuga ati: “Ubwiza bwawe ni bwo<br />

bwateye umutima wawe kwishyira hejuru, kubengerana kwawe ni ko kononnye ubwenge<br />

bwawe.” (Ezekiyeli 28:17). Ni ruto ni ruto, Lusiferi yageze aho aha intebe icyifuzo cyo<br />

kwikuza. “Wagereranije umutima wawe n’umutima w’Imana.” (Umurongo wa 6).<br />

“Waribwiraga uti: ‘Nzazamuka njye mu ijuru, nkuze intebe yanjye y’ubwami, isumbe<br />

inyenyeri z’Imana’, kandi uti: ‘Nzicara ku musozi w’iteraniro, . . . nzaba nk’Isumbabyose.”<br />

700 Mu cyimbo cyo guharanira gushyira Imana imbere mu rukundo n’icyubahiro<br />

by’ibiremwa byayo, Lusiferi yashishikariye ko ari we uhabwa icyubahiro kandi agakorerwa<br />

n’abo mu ijuru. Kubwo kwifuza icyubahiro Imana ihoraho yari yarahaye Umwana wayo, uyu<br />

wari umutware w’abamarayika yararikiye ubutware bwari bugenewe Kristo wenyine.<br />

Ijuru ryose ryishimiraga kugaragaza ikuzo ry’Umuremyi no kumusingiza. Igihe Imana<br />

yahabwaga ikuzo ityo, mu ijuru hose hari amahoro n’umunezero. Ariko akajwi kamwe<br />

kanyuranyije n’andi noneho kahungabanyije uguhuza kwari mu ijuru. Kwishyira hejuru,<br />

gucisha ukubiri n’umugambi w’Umuremyi byateye kwikanga ikibi mu bashyiraga imbere<br />

ikuzo ry’Imana. Nuko mu ijuru hateranira inama zo gukebura Lusiferi. Umwana w’Imana<br />

yamweretse ugukomera, ubugwaneza ndetse n’ubutabera bw’Umuremyi, kandi anamwereka<br />

kamere itunganye kandi idahinduka y’amategeko y’Imana. Imana ubwayo ni yo yari<br />

yarashyizeho gahunda ikurikizwa mu ijuru; kandi gucisha ukubiri n’iyo gahunda byatumye<br />

Lusiferi asuzugura Umuremyi we maze yizanira kurimbuka. Nyamara imiburo yakomeje<br />

gutanganwa urukundo n’imbabazi ariko icyo yakoze ni ukumutera kwinangira. Lusiferi<br />

yemereye ishyari yari afitiye Kristo kumuganza, maze arushaho gushikama ku mugambi we.<br />

Kwirata ikuzo yari afite ni byo byamuteye kwifuza umwanya ukomeye. Icyubahiro<br />

gikomeye cyane Lusiferi yari yarahawe n’Imana nk’impano ntiyanyuzwe na cyo kandi<br />

360

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!