15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

kureba uko Satani abishima hejuru, bakareba uko Satani akwena Kristo n’abamarayika mu<br />

murimo wabo, bakwihutira kwicuza ibyaha byabo no kubizibukira burundu. Satani abinyujije<br />

mu ngeso mbi zo mu mico y’abantu, akora kugira ngo agenge intekerezo zose, kandi azi ko<br />

azabasha kugera ku nsinzi igihe izo ngeso zigundiriwe. Kubw’ibyo, ahora ashaka kuyobya<br />

abayoboke ba Kristo akoresheje ubuhendanyi bwe bukomeye ku buryo gutsinda<br />

bitabashobokera. Nyamara Yesu abasabira yerekana inkovu zo mu biganza bye n’umubiri we<br />

washenjaguwe; maze akabwira abamukurikira bose ati: “Ubuntu bwanjye burabahagije.” 2<br />

Abakorinto 12:9. “Mwemere kuba abagaragu banjye, munyigireho, kuko ndi umugwaneza<br />

kandi noroheje mu mutima; namwe muzabona uburuhukiro mu mitima yanyu: kuko<br />

kunkorera kutaruhije, n’umutwaro wanjye utaremereye.” 697 Kubw’ibyo rero, nimureke he<br />

kugira umuntu ufata ko ibidatunganye kuri we bitavaho ngo bikire. Imana izatanga kwizera<br />

n’ubuntu maze ibyo bitsindwe.<br />

Ubu turi mu gihe cy’umunsi ukomeye w’impongano. Mu gihe cy’imihango yo ku munsi<br />

w’impongano yakorwaga mu buturo bwera bwo ku isi, iyo umutambyi yabaga ari<br />

guhongerera ubwoko bw’Abisirayeli, bose basabwaga kubabaza imitima yabo babinyujije mu<br />

kwihana ibyaha no kwicisha bugufi imbere y’Umwami Imana kandi uwabaga atabikoze<br />

yacibwaga mu bwoko bwe. Mu buryo nk’ubwo, muri iyi minsi mike isigaye y’igihe<br />

cy’imbabazi, abantu bose bifuza ko amazina yabo adahanagurwa mu gitabo cy’ubugingo,<br />

bakwiriye kwibabariza imbere y’Imana batewe agahinda n’icyaha kandi bafite kwihana<br />

nyakuri. Bakwiriye kwinira bakisuzuma mu mitima yabo.<br />

<strong>Umwuka</strong> udafashije kandi w’ubupfapfa ugundiriwe na benshi bavuga ko ari Abakristo<br />

ugomba kurekwa. Imbere y’umuntu wese ushaka gutsinda ingeso mbi zirwanira kugenga<br />

umuntu, hari urugamba rukomeye. Umurimo wo kwitegura ni uw’umuntu wese ku giti cye.<br />

Ntabwo dukirizwa mu matsinda. Ntabwo ubutungane no kwitanga by’umuntu umwe<br />

bishobora gukemura ubukene bw’iyo mico mu wundi muntu. Nubwo amahanga yose agomba<br />

guca mu rubanza imbere y’Imana, ariko Imana izagenzurana ubwitonzi urubanza rw’umuntu<br />

wese nk’aho nta wundi muntu uri ku isi. Umuntu wese azagenzurwa ngo harebwe niba adafite<br />

ikizinga cyangwa umunkanyari cyangwa ikindi kintu cyose gisa gityo.<br />

Ibizaba bijyanirana n’irangira ry’umurimo wo guhongerera biratangaje. Uko uwo murimo<br />

ukorwa bifite agaciro gakomeye. Muri iki gihe urubanza ruri gucibwa mu buturo bwera bwo<br />

mu ijuru. Hashize imyaka myinshi uyu murimo ukorwa. Vuba bidatinze ( nta muntu uzi icyo<br />

gihe icyo ari cyo) urwo rubanza ruzagera ku by’abariho. Imibereho yacu igomba kunyuzwa<br />

imbere y’Imana y’igitinyiro. Muri iki gihe kurenza ibindi bihe byose, ni ngombwa ko buri<br />

wese yumvira umuburo w’Umukiza uvuga ati: “Mube maso, musenge: kuko mutazi igihe<br />

ibyo bizasohoreramo.” Mariko 13:33. “Ariko rero, nutaba maso, nzaza nk’umujura, nawe<br />

ntuzamenya igihe nzagutungurira.” Ibyahishuwe 3:3.<br />

Igihe umurimo w’urubanza rw’igenzura uzaba urangiye, iherezo ry’abantu bose rizaba<br />

rizaba ryarafashweho umwanzuro ryaba ari ubugingo cyangwa urupfu. Igihe cy’imbabazi<br />

357

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!