15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Amategeko y’Imana ni yo azaba urugero ngenderwaho rwo gusuzumiraho imico<br />

n’imibereho y’abantu mu rubanza. Umunyabwenge yaravuze ati: “Wubahe Imana kandi<br />

ukomeze amategeko yayo, kuko ari byo bikwiriye umuntu wese. Kuko Imana izazana<br />

umurimo wose mu rubanza.” 688 Intumwa Yakobo yihanangirije abavandimwe be ati:<br />

“Muvuge kandi mukore nk’abajya gucirwa urubanza n’amategeko atera umudendezo.”<br />

Yakobo 2:12.<br />

Abazasangwa batunganye mu rubanza, bazaba mu mugabane wo kuzuka kw’abakiranutsi.<br />

Yesu yaravuze ati: « Ariko abemerewe kuzagera muri ya si yindi, bakaba bakwiriye no kugera<br />

ku kuzuka mu bapfuye, . . . bazamera nk’abamarayika, bakaba ari abana b’Imana, kuko ari<br />

abana b’umuzuko. »639 Na none kandi Yesu aravuga ati: “abakoze ibyiza bazazukira<br />

ubugingo.” Yohana 5:29. Abakiranutsi bapfuye ntibazazuka kugeza aho urubanza<br />

ruzarangirira rukabashyira mu mugabane w’abakwiriye kuzukira guhabwa ubugingo. Ubwo<br />

ibyanditswe kuri bo bizaba bisuzumwa kandi bagafatirwa umwanzuro, ntabwo bo ubwabo<br />

bazaba bahagaze muri urwo rukiko.<br />

Yesu azahagoboka ababere umuvugizi, ababuranire imbere y’Imana. “Icyakora, nihagira<br />

umuntu ukora icyaha, dufite Umurengezi kuri Data wa twese, ni we Yesu Kristo ukiranuka.”<br />

1Yohana 2:1. “Kuko Kristo atinjiye Ahera haremwe n’intoki, hasuraga ha handi h’ukuri,<br />

ahubwo yinjiye mu ijuru ubwaho, kugira ngo none ahagarare imbere y’Imana ku bwacu.” “Ni<br />

cyo gituma abasha gukiza rwose abegerezwa Imana na we, kuko ahoraho iteka ngo<br />

abasabire.” 690<br />

Ubwo ibitabo by’ibyanditswe ku bantu byabumburwaga, imibereho y’abantu bose bizeye<br />

Yesu igaragazwa imbere y’Imana. Ahereye ku babanjirije abandi bose kuba ku isi, Umuvugizi<br />

wacu yerekana iby’ibisekuru byose byagiye bikurikirana, maze asoreza ku bakiriho. Izina<br />

ryose riravugwa, urubanza rwa buri wese rugasuzumanwa ubushishozi. Amazina amwe<br />

akemerwa, ayandi ntiyemerwe. Igihe hagize umuntu ufite ibyaha bicyanditswe mu bitabo byo<br />

mu ijuru, ibyaha bitihanwe ngo bibabarirwe, izina rye rizahanagurwa mu gitabo cy’ubugingo,<br />

kandi ibyanditswe bigaragaza imirimo myiza bakoze bizahanagurwa mu gitabo cy’Imana<br />

cy’urwibutso. Uwiteka yabwiye Mose ati: “Uncumuyeho wese, ni we nzahanagura mukure<br />

mu gitabo cyanjye.” Kuva 32:33. N’umuhanuzi Ezekiyeli yaravuze ati: “Ariko umukiranutsi<br />

nareka gukiranuka kwe agakora ibibi, . . . Ibyo gukiranuka yakoze byose, nta na kimwe<br />

kizibukwa. . . ” Ezekiyeli 18:24.<br />

Abantu bose bihannye ibyaha byabo by’ukuri, kandi kubwo kwizera bakisunga amaraso<br />

ya Yesu we gitambo cyabo gikuraho ibyaha, bagiriwe imbabazi maze zandikwa imbere<br />

y’amazina yabo mu bitabo byo mu ijuru. Kuko bahindutse abafite umugabane ku butungane<br />

bwa Kristo kandi imico yabo igasangwa ihuje n’amategeko y’Imana, ibyaha byabo<br />

byarahanaguwe, kandi bo bazasangwa bakwiriye guhabwa ubugingo buhoraho. Uhoraho<br />

avugira mu muhanuzi Yesaya iti: “Ubwanjye ni jye uhanagura ibicumuro byawe<br />

nkakubabarira ku bwanjye, kandi ibyaha byawe sinzabyibuka ukundi.” 691 Yesu yaravuze<br />

352

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!