15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

cy’akarengane n’imibabaro myinshi maze arababwira ati : «Mwibuke ijambo nababwiye nti<br />

‘Umugaragu ntaruta shebuja’. Niba bandenganije, namwe bazabarenganya.” Yohana 15:20.<br />

Yesu yababajwe ku bwacu kuruta uko undi muyoboke we wese yababazwa n’ubugome<br />

bw’inkozi z’ibibi. Abababazwa by’agashinyaguro ndetse bakicwa bahorwa kwizera kwabo<br />

baba bageze ikirenge cyabo mu cy’Umwana w’Imana ukundwa.<br />

«Umwami Imana ntitinza isezerano ryayo.» 2 Petero 3:9. Ntabwo yibagirwa cyangwa ngo<br />

yirengagize abana bayo; ahubwo yemera ko ababi bagaragaza uko imico yabo imeze kugira<br />

ngo hatagira ushaka gukora ibyo Imana ishaka ubibeshyaho. Na none abakiranutsi banyuzwa<br />

mu mubabaro ukaze kugira ngo ubwabo batunganywe; kugira ngo batange urugero rwemeza<br />

abantu ko kwizera n’ubutungane byabo ari ukuri; ndetse no kugira ngo imyitwarire yabo<br />

itunganye ikebure abanyabyaha n’abatizera.<br />

Imana yemera ko abanyabyaha batera imbere kandi bakerekana urwango bayanga kugira<br />

ngo igihe bazaba bujuje urugero rw’ibicumuro byabo, mu gihe cyo kurimbuka buheriheri<br />

kwabo bazibonere ko Imana itabera kandi ko ari inyambabazi. Umunsi wo kwihorera kwayo<br />

uri bugufi ubwo abagomeye amategeko yayo bakanarenganya ubwoko bwayo bazahabwa<br />

ingororano ikwiriye ibyo bakoze, ubwo buri bugome n’akarengane kose bakoreye intore<br />

z’Imana zayinambyeho bazabihanirwa nk’ababikoreye Kristo ubwe.<br />

Hari ikindi kibazo amatorero yo muri iki gihe cyacu agomba kwitaho. Intumwa Pawulo<br />

yaravuze ati, «abashaka kujya bubaha Imana bose, bari muri Kristo Yesu, bazarenganywa.»<br />

2 Timoteyo 3:12. None se kuki kurenganya ubwoko bw’Imana bisa n’ibyacogoye cyane?<br />

Impamvu imwe rukumbi ibitera ni uko itorero ryataye ukwera kwaryo rigakurikiza ibyo ab’isi<br />

bakora ku buryo ntagituma barirwanya. Ntabwo iyobokamana ryo muri iki gihe cyacu<br />

rirangwa n’imico itunganye yarangaga kwizera kwa Gikristo kw’abo mu gihe cya Kristo<br />

n’abo mu gihe cy’intumwa ze. Impamvu imwe rukumbi ituma muri iki gihe ubukristo busa<br />

n’ubufatanyije n’isi ni uko abakristo badohotse bagashyigikira icyaha, ni uko kandi bakabije<br />

kutita ku kuri gukomeye ko mu Ijambo ry’Imana, ni ukubera ko gukiranuka kuzima<br />

kugaragara mu itorero ari guke cyane. Nihabaho ivugururwa mu kwizera n’imbaraga<br />

byarangaga itorero rya mbere, muzirebera uko umutima wo kurenganya uzongera ukabaho<br />

kandi imiriro yo kurenganya izongera gukongezwa.<br />

28

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!