15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

gushyigikira umurimo w’ubutumwa bwiza. Iyaba abantu bose biyita abayoboke ba Kristo bari<br />

bejejwe mu by’ukuri, mu cyimbo cyo gutagaguza ubutunzi bwabo ku bitagira umumaro<br />

ndetse no kwinezeza mu buryo bwangiza, ubwo butunzi bwajyanwa mu mutungo w’Uwiteka,<br />

kandi Abakristo batanga urugero rwiza ku byo kwirinda, kwiyanga no kwitanga. Bityo baba<br />

umucyo w’isi.<br />

Abatuye isi birunduriye mu binezeza imibiri yabo. “Irari ry’umubiri, irari ry’amaso no<br />

kwibona ku by’ubugingo”, ni byo bisigaye biyobora imbaga nyamwinshi y’abantu. Ariko<br />

abayoboke ba Kristo bo, bahamagariwe kuba abera. “Muve hagati ya ba bandi,<br />

mwitandukanye, ni ko Uwiteka Ushobora byose avuga, kandi ntimugakore ku kintu cyose<br />

gihumanye.” Mu mucyo w’ijambo ry’Imana, dushobora guhamya tudashidikanya ko kwezwa<br />

kudatera umuntu kwitandukanya rwose n’ibyifuzwa by’ibyaha ndetse no guhaza irari<br />

ry’iby’isi, atari ukwezwa nyakuri.<br />

Abantu buzuje ibi bisabwa ngo: “Nuko muve hagati ya ba bandi . . . kandi ntumugakore<br />

ku kintu cyose gihumanye,” Imana ibaha iri sezerano ngo: “Nzabakira, kandi nzababera So,<br />

namwe muzambera abahungu n’abakobwa, ni ko Uwiteka Ushoborabyose avuga.” 666<br />

Kumenya neza no gukungahara mu by’Imana, ni amahirwe ndetse n’inshingano bya buri<br />

Mukristo wese. Yesu yaravuze ati: “Ni jye mucyo w’isi: unkurikira ntazagenda mu mwijima<br />

na hato, ahubwo azaba afite umucyo w’ubugingo.” 667 “Ariko inzira y’umukiranutsi ni<br />

nk’umuseke utambitse, ugakomeza gukura ukageza ku manywa y’ihangu.” 668 Intambwe<br />

yose yo kwizera no kumvira yegereza umuntu komatana na Kristo we Mucyo w’isi, we<br />

“utarangwamo umwijima na muke.” Imyambi irabagirana ya Zuba ryo Gukiranuka irasira<br />

abagaragu b’Imana, bityo na bo bagomba kumurikishiriza abandi imirasire Ye. Nk’uko<br />

inyenyeri zitwereka ko mu kirere hari umucyo mwinshi ufite ubwiza uzitera kurabagirana, ni<br />

ko n’Abakristo bakwiriye kwerekana ko hariho Imana yicaye ku ntebe ya cyami mu isanzure,<br />

ifite imico ikwiriye gusingizwa no kwiganwa. Ubuntu buva kuri Mwuka wayo, ukubonera<br />

n’ubutungane by’imico ya Yo bizagaragarira mu bahamya bayo.<br />

Mu rwandiko Pawulo yandikiye Abanyakolosi, agaragaza imigisha myinshi yahawe abana<br />

b’Imana. Yaranditse ati: “Ni cyo gituma tudasiba kubasabira, uhereye igihe twabyumviye,<br />

twifuza ko mwuzuzwa ubwenge bwose bw’<strong>Umwuka</strong> no kumenya kose, ngo mumenye neza<br />

ibyo Imana ishaka, mugende nk’uko bikwiriye ab’Umwami wacu, mumunezeze muri byose,<br />

mwere imbuto z’imirimo myiza yose, kandi mwunguke kumenya Imana, mukomereshejwe<br />

imbaraga zose, nk’uko ubushobozi bwayo bw’icyubahiro bungana, ngo mubone uko<br />

mwiyumanganya muri byose mukihanganana ibyishimo.” 669<br />

Yongera kwandikira Abanyefezi, agira ngo bene Data bo muri Efezi bagere ku rugero rwo<br />

gusobanukirwa neza n’ubugari bw’amahirwe y’abakristo. Yabagaragarije neza imbaraga<br />

itangaje n’ubumenyi bakwiriye guhabwa nk’abahungu n’abakobwa b’Imana Ishobora byose.<br />

Bahawe “gukomezwa cyane mu mitima yabo kubw’<strong>Umwuka</strong> we, bahabwa gushora imizi no<br />

gukurira mu rukundo, kumenyera hamwe n’abera bose ubugari n’uburebure<br />

347

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!