15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Muziranenge azakangurira ubushobozi bwabo gukora ibyo Imana ishaka. Kubwo gushaka<br />

guhaza ipfa n’irari ry’umubiri, ntabwo bazigera batera intege nke cyangwa ngo banduze ituro<br />

batura Se wo mu ijuru.<br />

Intumwa Petero aravuga ati: “Mwirinde irari ry’umubiri ry’uburyo bwinshi rirwanya<br />

ubugingo.” (1 Petero 2:11). Icyaha cyose kigusha ikinya ubushobozi bw’umuntu kandi<br />

cyikica imyumvire mu by’ubwenge n’iby’umwuka bityo ijambo ry’Imana na Mwuka wayo<br />

ntibishobore gukora ku mutima. Pawulo yandikira Abanyakorinti avuga ati: “Twiyezeho<br />

imyanda yose y’umubiri n’umutima, tugende twiyejesha rwose kubaha Imana.” (2 Abakorinto<br />

7:1). Kandi ku mbuto z’<strong>Umwuka</strong>: “urukundo, ibyishimo, amahoro, kwihangana, kugira neza,<br />

ingeso nziza, ukwizera no kugwa neza,” yongeyeho “kwirinda.” (Abagalatiya 5:22, 23).<br />

Nubwo hari aya magambo yahumetswe n’Imana, ni abantu bangahe bavuga ko ari<br />

Abakristo baca intege imbaraga zabo kubwo gukurikirana inyungu cyangwa gutwarwa<br />

n’ibigezweho? Ni abantu bangahe banduza ishusho y’Imana bafite babinyujije mu kugwa<br />

ivutu, kunywa ibisindisha ndetse no kujya mu binezeza bibuzanyijwe! Kandi itorero naryo<br />

aho kugira ngo ricyahe, akenshi rishyigikira ikibi ryemerera abantu guhaza irari ryabo ry’inda,<br />

kurarikira inyungu cyangwa gukunda ibibanezeza kugira ngo risibe icyuho kiri mu butunzi<br />

bwaryo kidashobora kuzuzwa n’urukundo bakunda Kristo. Yesu aramutse yinjiye mu<br />

matorero yo muri iki gihe maze akabona ibirori n’ubucuruzi bwanduye bihakorerwa mu izina<br />

ry’itorero, mbese ntiyakwirukana abo batesha agaciro itorero nk’uko yirukanye abavunjiraga<br />

mu rusengero?<br />

Intumwa Yakobo avuga yuko ubwenge buva mu ijuru, irya mbere “buba buboneye.”<br />

Mbese iyo iyi ntumwa iza guhura n’abo bantu bavugisha izina ry’icyubahiro rya Yesu iminwa<br />

yandujwe n’itabi, abantu bafite umwuka n’impagarike byandujwe n’umunuko w’itabi, kandi<br />

banduza umwuka wo mu kirere ndetse bagatera ababakikije bose guhumeka uburozi, - mbese<br />

iyo Yakobo abona inyifato inyuranyije n’ubutungane buvugwa mu butumwa bwiza, aho<br />

ntiyajyaga kuyirwanya akavuga ko ari inyifato “y’isi, y’irari ry’umubiri kandi ko ikomoka<br />

kuri Satani”? Ababaswe n’itabi, bavuga ko bafite umugisha wo kwezwa, barata ko bafite<br />

ibyiringiro by’ijuru; nyamara ijambo ry’Imana rivuga ryeruye ko “muri ryo hatazinjira ikintu<br />

gihumanya.” (Ibyahishuwe 21:27).<br />

“Mbese ntimuzi yuko imibiri yanyu ari insengero z’<strong>Umwuka</strong> Wera, uri muri mwe, uwo<br />

mufite wavuye ku Mana? Kandi ntimuri abanyu ngo mwigenge; kuko mwaguzwe igiciro.<br />

Nuko rero mutume imibiri yanyu ihimbaza Imana.” 665 Umuntu wese weguriye umubiri we<br />

kuba urusengero rwa Mwuka Muziranenge, ntabwo azabatwa n’ingeso mbi. Imbaraga ze<br />

azikesha Kristo wamuguze amaraso ye. Ibyo atunze ni iby’Uwiteka. Mbese yabura ate<br />

kubarwaho icyaha igihe apfusha ubusa ibyo yaragijwe? Buri mwaka abiyita Abakristo<br />

batagaguza amafaranga menshi ku bitagira umumaro kandi bihumanya mu gihe abantu benshi<br />

barimbuka bazira kubura ijambo ry’ubugingo. Biba Imana icyacumi n’amaturo mu gihe ku<br />

gicaniro cyo kurimbura irari baharira ibirenze ibyo batanga mu gufasha abakene cyangwa mu<br />

346

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!