15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

kariho muri iki gihe, yaravuze ati: “Inkomoko imwe rukumbi y’ako kaga ni uko ababwiriza<br />

birengagiza gushimangira amategeko y’Imana. Mu bihe byashize uruhimbi rwarangururaga<br />

ijwi ry’umutimanama. . . Ababwiriza bacu b’imena, batangaga ubutumwa butangaje mu<br />

bibwirizwa byabo, bakurikizaga icyitegererezo cya Shebuja Kristo, bakerereza amategeko<br />

y’Imana, amabwiriza yayo ndetse n’ibihano bigenewe abatayubahiriza. Basubiragamo<br />

imvugo y’ingenzi y’uburyo bubiri ivuga ko, “amategeko ari inyandiko y’ubutungane<br />

bw’ijuru, kandi ko umuntu udakunda amategeko y’Imana aba adakunda n’ubutumwa bwiza;<br />

kubera ko amategeko y’Imana kimwe n’ubutumwa bwiza, ari indorerwamo igaragagaza<br />

imico nyakuri y’Imana. Akaga kayobora ku kandi ni ako gupfobya ububi bw’icyaha, ubugari<br />

bwacyo n’ingaruka zacyo. Ku ruhande rumwe, uko uburemere bw’ubutungane bw’amategeko<br />

buri ni ko ubwo kutayumvira na bwo buri. . .<br />

Kuri ka kaga kavuzwe mbere, hiyongeraho akandi kaga ko gupfobya ubutabera bw’Imana.<br />

Ibibwirizwa byo muri iki gihe byerekeza ku gutandukanya ubutabera bw’Imana<br />

n’ubugiraneza bwayo, kumanura ubwo bugiraneza bugahindurwa amarangamutima mu<br />

cyimbo cyo kubwerereza ku rwego rw’ihame. Iyobokamana rigezweho ritandukanya icyo<br />

Imana yateranyije. Mbese amategeko y’Imana ni meza cyangwa ni mabi? Ni meza. Ku<br />

bw’ibyo rero, ubutabera ni bwiza kuko umugambi wabwo ari ukubahiriza amategeko. Kubwo<br />

kumenyera gupfobya amategeko n’ubutabera by’Imana, ndetse no gupfobya kutumvira<br />

n’akaga by’abantu, mu buryo bworoshye, abantu bagwa mu kamenyero ko guha agaciro gake<br />

ubuntu bwatanze impongano y’icyaha.” Bityo rero, bituma ubutumwa bwiza butakaza agaciro<br />

kabwo mu bwenge bw’abantu, maze bidatinze bakaba biteguye no kwirengagiza Bibiliya<br />

ubwayo.<br />

Abigisha benshi mu by’idini bemeza bakomeje ko Kristo yakujeho amategeko urupfu rwe,<br />

kandi ko kubw’ibyo abantu batarebwa n’ibyo asaba. Hari bamwe bayafata nk’umutwaro<br />

uremereye cyane, maze mu buryo buhabanye n’ububata bwayo, bakigisha iby’umudendezo<br />

umuntu abasha kwishimira ari mu butumwa bwiza.<br />

Nyamara uko si ko intumwa n’abahanuzi bafataga amategeko yera y’Imana. Dawidi<br />

yaravuze ati: “Kandi nzagendana umudendezo, kuko njya ndondora amategeko wigishije.”<br />

647 Intumwa Yakobo wanditse nyuma y’urupfu rwa Yesu Kristo, yavuze ku mategeko cumi,<br />

ko “atunganye, atera umudendezo.” 648 Kandi umuhishuzi nawe, hashize nk’imyaka 50<br />

nyuma y’urupfu rwa Yesu, yavuze umugisha uzaba ku “bakurikiza amategeko y’Imana,<br />

kugira ngo bemererwe kwegera cya giti cy’ubugingo, kandi banyure mu marembo binjire<br />

muri rwa rurembo.” 649<br />

Ibivugwa ko Kristo kubw’urupfu rwe yakuyeho amategeko ya Se, nta shingiro bifite. Iyo<br />

biza kuba bishoboka ko amategeko y’Imana ahinduka cyangwa akurwaho, ntibyari kuba<br />

ngombwa ko Kristo apfa kugira ngo akize umuntu igihano cy’icyaha. Urupfu rwa Kristo, aho<br />

kuba rwarakuyeho amategeko, ahubwo ruhamya ko amategeko y’Imana adakuka. Umwana<br />

w’Imana yazanywe no “kogeza amategeko no kuyubahiriza.” Yaravuze ati: “Mwitekereza ko<br />

340

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!