15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Imana. Amasambu n’ubutunzi, ibyo abantu bakora muri iyi si ni byo byuzuye intekerezo<br />

z’abantu maze ibizahoraho bigahabwa agaciro gake.<br />

Nubwo kwizera n’ubutungane byagabanutse hirya no hino, muri ayo matorero harimo<br />

abayoboke nyakuri ba Kristo. Mbere y’uko urubanza ruheruka rw’Imana rucirwa isi, mu<br />

bwoko bw’Imana hazabamo ububyutse bwo kubaha Imana k’umwimerere kutigeze kubaho<br />

uhereye mu bihe by’intumwa. Mwuka w’Imana n’imbaraga zayo bizasukwa ku bana bayo.<br />

Icyo gihe abantu benshi bazasohoka muri ayo matorero aho urukundo rw’iby’isi rwasimbuye<br />

gukunda Imana n’ijambo ryayo.<br />

Abantu benshi bo mu babwirizabutumwa n’abizera, bazemerana ibyishimo uko kuri<br />

gukomeye Imana yatumye kwamamazwa muri iki gihe kugira ngo gutegurire abantu kugaruka<br />

k’Umwami. Umwanzi w’abantu ashaka gukoma uwo murimo mu nkokora; kandi mbere<br />

y’uko igihe cyo kwamamaza uko kuri kigera, azashishikarira kuwubuza kubaho akoresheje<br />

kwinjiza ibyiganano. Muri ayo matorero umwanzi abasha gushyira munsi y’ubushobozi bwe<br />

bushukana, azatuma hagaragara ko hasutswe umugisha w’Imana udasanzwe. Hazagaragara<br />

icyo abantu bazatekereza ko ari ugukanguka gukomeye mu by’iyobokamana. Abantu benshi<br />

bazashimishwa cyane no kwibwira ko Imana iri kubakorera ibitangaza kandi mu by’ukuri<br />

uwo murimo uri gukorwa n’undi mwuka. Satani yiyoberanyije mu mwitero w’idini,<br />

azagerageza kwagura ubutware bwe aharangwa Ubukristo hose. Mu bubyutse bwinshi<br />

bwagiye bubaho mu kinyejana gishize, imbaraga nk’izo zagiye zikora ku rwego runini<br />

cyangwa se ruto. Izo mbaraga kandi zizigaragariza mu bikomeye bizabaho mu gihe kiri<br />

imbere. Hariho ugutwarwa gushingiye ku marangamutima, uruvange rw’ukuri n’ibinyoma<br />

rwateguriwe kuyobya abantu. Nyamara nta muntu n’umwe ukwiriye gushukwa. Mu mucyo<br />

w’ijambo ry’Imana, biroroshye gusobanukirwa n’iyo mikorere ya Satani. Ahantu hose abantu<br />

bahinyura ubuhamya bw’Ibyanditswe Byera, bagatera umugongo uko kuri kumvikana,<br />

gukora ku mutima kandi gusaba abantu kwitanga no kwitandukanya n’iby’isi, tumenye neza<br />

ko bene aho hantu nta migisha y’Imana hahabwa. Kandi ufatiye ku itegeko Kristo ubwo<br />

yatanze agira ati: “Muzabamenyera ku mbuto zabo,” bigaragara neza ko iyo mikorere atari<br />

umurimo wa Mwuka w’Imana. 646<br />

Mu kuri kw’ijambo ryayo, Imana ubwayo yihishuriye abantu; kandi abantu bose bemera<br />

uko kuri bafite ingabo ibakingira ubushukanyi bwa Satani. Kutita kuri uko kuri ni byo<br />

byakinguriye urugi ibibi biriho biba gikwira mu matorero yo mu isi. Kamere y’amategeko<br />

y’Imana ndetse n’akamaro kayo byaribagiranye ku rwego rukomeye. Imyumvire itari ukuri<br />

ku byerekeye kamere y’amategeko y’Imana, guhoraho iteka kwayo ndetse n’ibyo asaba,<br />

yayoboye abantu mu buyobe ku birebana no guhinduka no kwezwa, bityo ingaruka ziba izo<br />

kumanura urwego rw’ubutungane mu itorero. Aha ni ho hihishe ibanga ryo kubura kwa<br />

Mwuka w’Imana n’imbaraga zayo mu bubyutse bwo muri iki gihe cyacu.<br />

Mu matorero menshi, harimo abantu bakomeje kurinda ubutungane bwabo babizirikana<br />

kandi bikabababaza cyane. Ubwo uwitwa Edwards A. Park yagaragazaga akaga mu by’idini<br />

339

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!