15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Bashoboraga kuvugwaho aya magambo ngo: “Mwagize agahinda gatera kwihana.”<br />

“Burya agahinda gahuje n’ibyo Imana ishaka gatera umuntu kwihana kakamugeza ku gakiza,<br />

agahinda nk’ako nta mpamvu yo kukicuza. Naho agahinda gasanzwe ko muri iyi si kageza<br />

umuntu ku rupfu. Mbega ibyiza mwazaniwe n’agahinda gahuje n’ibyo Imana ishaka! Mbega<br />

umwete kabateye wo kwita ku byabaye ngo mwiregure! Mbega ukuntu kabateye kurakara no<br />

guhagarika umutima! Mbega ibyifuzo n’ishyaka kabateye ngo mwemere guhana uwagize<br />

nabi! Muri byose mwagaragaje ko muri abere muri urwo rubanza.” 645<br />

Uyu ni wo musaruro uva mu murimo wa Mwuka Muziranenge. Nta gihamya cy’uko<br />

umuntu yihanye by’ukuri keretse gusa iyo bimuteye guhinduka. Kwihana nyakuri gutera<br />

umuntu gutanga icyo yarahiriye, akagarura ibyo yibye, akihana ibyaha bye, agakunda Imana<br />

na bagenzi be, icyo gihe nibwo umunyabyaha abasha kumenya neza ko afitanye amahoro<br />

n’Imana. Mu myaka yashize uwo ni wo musaruro wakurikiraga ibihe by’ikangura mu<br />

by’iyobokamana. Bamenyekaniraga ku mbuto zabo, bakabita abahiriwe n’Imana<br />

kubw’agakiza k’abantu no kubwo kuzahura inyokomuntu.<br />

Ariko amenshi mu mavugurura yo muri iyi minsi yagiye arangwa no guhabana bikomeye<br />

na kwa kwigaragaza k’ubuntu bw’Imana kwakurikiraga imirimo y’abagaragu b’Imana mu<br />

bihe bya kera. Ni iby’ukuri ko umuriro wo gukanguka ugurumana hirya no hino, abantu<br />

benshi bavuga ko bahindutse, kandi amatorero yuzuyemo abantu benshi; nyamara umusaruro<br />

uvamo uteye ku buryo utashingirwaho ngo umuntu yizere ko habayeho gukura mu bya<br />

Mwuka guhuje no gukura kw’amatorero. Umuriro ugurumana mu gihe gito maze ukazima<br />

bidatinze, bityo ugasiga umwijima w’icuraburindi uruta uwariho mbere.<br />

Akenshi ububyutse bwabaye rusange buterwa no gukangura intekerezo z’abantu<br />

hakoreshejwe gukangura amarangamutima, gushyigikira urukundo rw’ibintu bishya kandi<br />

bidasanzwe bikangaranya abantu. Abihana muri ubwo buryo, baba bafite ubushake buke bwo<br />

kumva ukuri kwa Bibiliya ndetse no kudashishikarira ubuhamya bw’abahanuzi n’intumwa.<br />

Gahunda zo mu itorero ntizigera zibashishikaza keretse gusa iyo zirimo ikintu kidasanzwe<br />

kibakangura. Ubutumwa budakangura amarangamutima ntibugira icyo bubahinduraho.<br />

Imiburo yeruye itangwa n’ijambo ry’Imana yerekeranye n’ibyiza byabo bizahoraho,<br />

ntiyitabwaho.<br />

Ku muntu wese wahindutse by’ukuri, kugirana isano n’Imana n’ibintu bizahoraho, ni byo<br />

bizaba ingingo y’ingenzi mu buzima. Ariko se mu matorero y’ibirangirire yo muri iki gihe,<br />

ni hehe hari umwuka wo kwiyegurira Imana? Usanga abizera batararetse ubwibone bwabo<br />

ndetse no gukunda iby’isi. Usanga badashaka kwiyanga no kwikorera umusaraba, kuruta uko<br />

bari bameze mbere y’uko bahinduka, ngo bakurikire Yesu w’umugwaneza kandi woroheje.<br />

Iyobokamana ryahindutse umukino w’abatizera n’abashidikanya kubera ko abantu benshi<br />

baryitirirwa batazi amahame yaryo. Imbaraga yo kubaha Imana isa n’iyenda gushira mu<br />

matorero menshi. Gukora ingendo zo kujya kwishimisha, amakinamico yo mu nsengero,<br />

ibitaramo, za tombora, kurimbisha amazu no kwibona byamaze kubuza abantu gutekereza<br />

338

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!