15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Muri iki gihe nk’uko byagenze mu myaka ya kera, kwigisha ukuri gucyaha ibyaha<br />

n’ubuyobe byo muri iki gihe bizabyutsa kurwanywa. “Kuko umuntu wese ukora ibibi yanga<br />

umucyo, kandi ntaza mu mucyo, ngo ibyo akora bitamenyekana.” 638 Iyo abantu babonye ko<br />

batabasha gushyigikira ukuri kwabo bakoresheje Ibyanditswe Byera, benshi biyemeza<br />

kugushyigikiza amagambo gusa, kandi kubw’umwuka w’ubugome, bibasira imico<br />

n’imigambi by’abashyigikiye ukuri kutemerwa na benshi. Iyo ni yo gahunda yagiye<br />

ikurikizwa mu bihe byose. Eliya yavuzweho ko yateje ibyago Isirayeli, Yeremiya yagizwe<br />

umugambanyi, Pawulo yarezwe ko yahumanyije urusengero. Guhera icyo gihe kugeza ubu,<br />

abantu bagiye baba indahemuka ku kuri, bagiye barwanywa bakitwa abashukanyi, abayobe,<br />

cyangwa abateza amacakubiri. Imbaga y’abantu binangiye ku buryo badashobora kwemera<br />

ijambo ry’ubuhanuzi, bazemera badashidikanya ikirego kizashyirwa ku batinyuka gucyaha<br />

ibyaha bikorwa muri iki gihe. Uwo mwuka uzagenda urushaho kwiyongera. Na Bibiliya<br />

yigisha yeruye ko igihe kiri hafi ubwo amategeko y’igihugu azarwana n’amategeko y’Imana<br />

ku buryo umuntu wese uzumvira amategeko yose y’Imana azamaganwa kandi agahabwa<br />

ibihano nk’inkozi y’ibibi.<br />

Mu gihe ibintu bimeze bityo, inshingano y’umubwirizabutumwa ni iyihe? Mbese azafata<br />

umwanzuro ko ukuri kudakwiriye kuvugwa bitewe n’uko akenshi ingaruka ukuri gutera ari<br />

ugukangurira abantu kwima amatwi cyangwa kurwanya ibyo kuvuga? Oya, nta mpamvu<br />

umuvugabutumwa afite zo guhisha ubuhamya bw’ijambo ry’Imana bitewe n’uko ngo byateza<br />

abantu guhaguruka bakaburwanya nk’uko abagorozi ba mbere na bo batagize izo mpamvu.<br />

Ubuhamya bwo kwizera bwatanzwe n’intungane n’abishwe bazira ukwizera kwabo<br />

bwanditswe kubw’inyungu z’ab’ibisekuru byagiye bikurikiraho. Izo ngero nzima<br />

z’ubutungane n’ubudahemuka bushikamye zatangiwe kugira ngo zitere ubutwari<br />

abahamagariwe guhaguruka bagahamya Imana muri iki gihe. Bahawe ubuntu n’ukuri,<br />

batabiherewe kubigira ibyabo bwite, ahubwo ari ukugira ngo, binyuze kuri bo, kumenya<br />

Imana bibashe kumurikira isi. Mbese Imana yahaye umucyo abagaragu bayo bo muri iki gihe?<br />

Nuko rero bakwiriye kuwumurikishiriza abatuye isi.<br />

Mu bihe bya kera Imana yabwiye umuvugizi wayo iti: “Ariko ab’inzu ya Isirayeli<br />

ntibazakumvira, kuko nanjye banga kunyumvira.” Nubwo bimeze bityo yaravuze iti: “Maze<br />

uzababwira amagambo yanjye, nubwo bazumva naho batakumva, kuko ari abagome<br />

bikabije.” 639 Iri tegeko rihabwa umugaragu w’Imana muri iki gihe ngo: “Shyira ejuru uvuge<br />

cyane, we kugerura; rangurura ijwi ryawe, ubwire ubwoko bwanjye ibicumuro byabwo,<br />

ubwire inzu ya Yakobo ibyaha byabo.” 640<br />

Mu bushobozi bwose yaba yarahawe, umuntu wese wakiriye umucyo w’ukuri, afite iyo<br />

nshingano ikomeye nk’iyo umuhanuzi wo mu Bisirayeli yari afite, wa wundi ijambo<br />

ry’Uwiteka ryajeho rivuga riti: “Nuko rero, mwana w’umuntu, nagushyiriyeho kuba umurinzi<br />

w’umuryango wa Isirayeli, nuko wumve ijambo riva mu kanwa kanjye, ubanyihanangiririze.<br />

Nimbwira umunyabyaha nti: ‘Wa munyabyaha we, gupfa ko uzapfa’, maze nawe ntugire icyo<br />

uvuga cyo kuburira umunyabyaha ngo ave mu nzira ye, uwo munyabyaha azapfa azize ibyaha<br />

335

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!