15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

itsinda ry’abibwira ko ari intungane kandi bagasa n’abagaragaza gushishikarira umurimo<br />

w’Imana. Nyamara gucyaha gukomeye k’Urondora imitima kugaragaza ko baribata<br />

amategeko y’Imana.<br />

Bityo rero, umuhanuzi agaragaza itegeko ryirengagijwe agira ati: “Uzongera gushinga<br />

imfatiro zariho ku ngoma nyinshi; kandi uzitwa Uwica icyuho kandi Usibura inzira zijya mu<br />

ngo. Nuhindukira ntukandagire Isabato, ukanga gukora ibyo wishakiye ku munsi wanjye<br />

wera, ahubwo ukita Isabato umunezero, umunsi wera w’Uwiteka ukawita uw’icyubahiro,<br />

ukawubaha, ntube icyigenge, ntiwishakire ibyo kwinezeza, ntiwivugire ibyo ushaka ku<br />

bwawe, nuko uzishimira Uwiteka.” (Yesaya 58:12-14). Ubu buhanuzi burerekeza no ku gihe<br />

cyacu. Icyuho cyaciwe mu mategeko y’Imana igihe Isabato yahindurwaga n’ububasha<br />

bw’ubutegetsi bw’i Roma. Ariko igihe cyarageze kugira ngo itegeko ryatanzwe n’ijuru<br />

risubire mu mwanya waryo. Icyuho kigomba gusanwa kandi imfatiro zariho ku ngoma nyinshi<br />

na zo zigomba kuzamurwa zikubakwa.<br />

Isabato yubahishijwe n’uko Umuremyi yayiruhutseho kandi ayiha umugisha, bityo<br />

Adamu nawe yubahirizaga Isabato muri Edeni itunganye nawe akiri intungane. Adamu kandi<br />

yakomeje kubahiriza Isabato ubwo yari amaze gucumura akirukanwa muri Edeni yari<br />

imunejeje nyamara nyuma y’aho akihana. Isabato yubahirijwe n’abakurambere bose uhereye<br />

kuri Abeli ukageza ku mukiranutsi Nowa, kuri Aburahamu no kuri Yakobo. Igihe ubwoko<br />

bwatoranyijwe bwari buri mu bubata mu gihugu cya Misiri, buri hagati mu muco wari uganje<br />

wo gusenga ibigirwamana, benshi muri bo batakaje kumenya amategeko y’Imana; ariko ubwo<br />

Imana yabaturaga Isirayeli, mu buryo bukomeye, yatangarije amategeko yayo iryo teraniro<br />

rinini kugira ngo babashe kumenya ubushake bwayo, kandi bayitinye (bayubahe) ndetse<br />

bayumvire iteka ryose.<br />

Guhera icyo gihe kugeza ubu kumenya amategeko y’Imana byagiye birindwa bikomeza<br />

kuba ku isi, kandi Isabato yo mu itegeko rya kane yagiye yubahirizwa. Nubwo wa<br />

“munyabugome” yageze ku mugambi we wo kuribatira itegeko ryera ry’Imana munsi<br />

y’ibirenge bye, no muri cya gihe cy’ububasha bwe bukomeye, hariho abantu b’indahemuka<br />

bubahiririzaga Isabato mu rwiherero. Kuva mu gihe cy’ubugorozi, muri buri gisekuru hagiye<br />

habaho abantu bamwe bakomezaga kuyubahiriza. No mu bihe byinshi byo gukwenwa<br />

n’itotezwa, hakomeje gutangwa ubuhamya bugaragaza ko amategeko y’Imana ahoraho ibihe<br />

byose, kandi bukerekana n’inshingano yihariye yo kubahiriza Isabato yashyizweho mu irema.<br />

Uko kuri nk’uko kugaragarira mu Byahishuwe 14, gufatanye “n’ubutumwa bwiza<br />

bw’iteka ryose,” kandi kuzerekana itorero rya Kristo igihe azagarukira. Bityo, nk’ingaruka<br />

y’ubutumwa bw’abamarayika batatu havugwa aya magambo ngo: “Aba ni abakurikiza<br />

amategeko y’Imana kandi bakizera Yesu.” Ubu nibwo butumwa buheruka bugomba kuvugwa<br />

mbere y’uko Umukiza agaruka. Umuhanuzi yabonye ko ubwo butumwa nibumara kuvugwa,<br />

uwo mwanya umwana w’umuntu azaza mu ikuzo rye aje gusarura isi.<br />

331

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!