15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

butegetsi bwayahinduye. Igikorwa nk’icyo cyo kumvira amategeko y’ubupapa kizaba ari<br />

ikimenyetso cy’isumbwe rihawe Papa mu cyimbo cy’Imana.<br />

Ubupapa bwagerageje guhindura amategeko y’Imana. Itegeko rya kabiri ribuzanya<br />

kuramya ibishushanyo, ryakuwe mu mategeko y’Imana, kandi n’itegeko rya kane na ryo<br />

ryarahinduwe kugira ngo hemerwe kubahiriza umunsi wa mbere w’icyumweru nk’Isabato mu<br />

cyimbo cy’umunsi wa karindwi. Ariko impamvu yo gukuraho itegeko rya kabiri abashyigikira<br />

inyigisho z’ubupapa batanga ni uko ngo iryo tegeko atari ngombwa ko ribaho, ko rikubiye<br />

mu rya mbere, kandi bakavuga ko bigisha amategeko y’Imana nk’uko Imana ubwayo yagenye<br />

ko yumvikana. Kuri bo, bavuga ko iryo hinduka atari ryo ryavuzwe n’umuhanuzi. Uguhindura<br />

amategeko bigambiriwe byavuzwe muri aya magambo: “Azigira inama zo guhindura ibihe<br />

n’amategeko.” Impinduka zakozwe ku itegeko rya kane zisohoza ryose ibyo ubuhanuzi<br />

buvuga. Ibyo byakozwe n’ububasha bumwe ari bwo bw’itorero. Aha rero ububasha<br />

bw’ubupapa ubwabwo bwishyize hejuru y’Imana ku mugaragaro.<br />

Mu gihe abaramya Imana bazagaragazwa by’umwihariko n’agaciro baha itegeko rya kane,<br />

(kuko iri tegeko ari ryo kimenyetso cy’ububasha bw’Imana bwo kurema ndetse rikaba<br />

n’igihamya cy’uko isaba umuntu kuyubaha no kuyiha ikuzo), abaramya inyamaswa nabo<br />

bazamenyekanira ku muhati wabo wo gukuraho urwibutso rw’Imana Umuremyi maze<br />

bakubahiriza gahunda yashyizweho na Roma. Mu rwego rwo gushigikira umunsi wa mbere<br />

w’icyumweru ni ho ubupapa bwahamije bwa mbere ibyo bwigamba; kandi inshuro ya mbere<br />

bwitabaje imbaraga za Leta byari uguhatira abantu kubahiriza umunsi wa mbere<br />

w’icyumweru nk’“umunsi w’Umwami.” Ariko Bibiliya yerekana ko umunsi wa karindwi ari<br />

wo munsi w’Umwami, ntabwo ivuga umunsi wa mbere. Yesu Kristo yaravuze ati: “Umwana<br />

w’umuntu ni Umwami w’Isabato na yo.” Itegeko rya kane riravuga riti: “Umunsi wa karindwi<br />

ni wo Sabato y’Uwiteka Imana yawe.” Ubundi kandi Uwiteka avuga iby’uwo munsi<br />

akoresheje umuhanuzi Yesaya ati: “Umunsi wanjye Wera.” 624<br />

Amagambo akunze kuba urwitwazo kenshi abantu bavuga ko Kristo yaba yarahinduye<br />

Isabato avuguruzwa n’ibyo we ubwe yivugiye ati: “Ntimwibwire ko nazanywe no kuvanaho<br />

Amategeko cyangwa ibyanditswe n’abahanuzi. Sinazanywe no kubivanaho, ahubwo<br />

nazanywe no kubisohoza. Ndababwira nkomeje ko nta kanyuguti habe n’akadomo na kamwe<br />

ko mu Mategeko kazavaho, kugeza ubwo byose bizaba birangiye, ijuru n’isi bigashira.<br />

Umuntu wese uzaca ku itegeko rimwe, naho ryaba rito muri ayo yose, akigisha abandi<br />

kugenza nka we, azagirwa uwa nyuma mu bwami bw’ijuru. Ariko uzayumvira, akayigisha<br />

abandi, azitwa mukuru mu bwami bw’ijuru.” 625<br />

Abaporotesitanti muri rusange bemera neza ko Bibiliya idatanga uburenganzira bwo<br />

guhindura Isabato. Ibyo bivugwa neza mu bitabo byandikwa n’Ishyirahamwe ry’Ishuri<br />

ry’Icyumweru muri Amerika. Kimwe muri ibyo bitabo gihamya ko ‘ntacyo Isezerano Rishya<br />

rivuga ku kuba hari itegeko risobanutse ryatanzwe rihindura Isabato umunsi wa mbere<br />

326

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!