15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

mu buryo bukomeye, kandi nta kindi cyashyizweho cyigisha uku kuri. Urufatiro nyakuri rwo<br />

gusenga Imana ntirushingiye ku kuramya ku munsi wa karindwi gusa, ahubwo mu kuramya<br />

kose, uko kuramya gushingiye ku itandukaniro riri hagati y’Umuremyi n’ibiremwa bye. Uko<br />

kuri gukomeye ntigushobora guta agaciro cyangwa ngo kwibagirane na hato. 610 Imana<br />

yatangije Isabato muri Edeni ari ukugira ngo uku kuri gukomeze kuba mu bwenge bw’abantu;<br />

kandi igihe cyose igihamya cy’uko ari yo Muremyi gikomeje kuba impamvu y’uko dukwiriye<br />

kuyiramya, ni ko Isabato izahora ari ikimenyetso n’urwibutso rw’uko Imana ari Umuremyi.<br />

Iyo Isabato iza kuba yarubahirijwe n’abantu bo ku isi yose, ibitekerezo by’abantu n’urukundo<br />

rwabo biba byarerekejwe ku Muremyi akaba ari we wubahwa kandi agasengwa. Ntabwo haba<br />

harabayeho umuntu usenga ibigirwamana, uhakana Imana n’utizera. Kubahiriza Isabato ni<br />

ikimenyetso cyo kuyoboka Imana nyakuri, ‘Yo yaremye ijuru n’isi n’inyanja n’amasoko<br />

y’amazi.” Igikurikiraho ni uko ubutumwa butegeka abantu kuramya Imana no gukurikiza<br />

amategeko yayo, mu buryo bw’umwihariko, buzabahamagarira gukurikiza itegeko rya kane.<br />

Mu buryo butandukanye n’abakurikiza amategeko y’Imana kandi bakizera Yesu,<br />

marayika wa gatatu avuga ku rindi tsinda rifite ubuyobe bwatumye rihabwa umuburo<br />

ukomeye kandi uteye ubwoba muri aya magambo: “Umuntu naramya ya nyamaswa<br />

n’igishushanyo cyayo, agashyirwaho ikimenyetso cyayo mu ruhanga rwe cyangwa ku<br />

kiganza, uwo ni we uzanywa ku nzoga ni yo mujinya w’Imana.” (Ibyahishuwe 14:9,10).<br />

Ubusobanuro nyakuri bw’ibi bimenyetso byakoreshejwe burakenewe cyane kugira ngo ubu<br />

butumwa bwumvikane. Inyamaswa isobanura iki ? igishushanyo n’ikimenyetso se byo ni iki<br />

?<br />

Umurongo w’ubuhanuzi ibi bimenyetso bibonekamo uri mu Byahishuwe 12, ahavugwa<br />

ikiyoka cyashakaga kurimbura Kristo akivuka. Icyo kiyoka ni Satani (Ibyahishuwe 12 : 9), ni<br />

we wahagurukije Herode kugira ngo yice Umukiza. Ariko umukozi mukuru wa Satani mu<br />

kurwanya Kristo n’abe wabayeho mu kinyejana cya mbere mu gihe cya Gikristo, ni ingoma<br />

y’Abaroma yarangwaga n’idini ya gipagani. Bityo rero, mu gihe ku ikubitiro ikiyoka<br />

gihagarariye Satani, mu busobanuro bwa kabiri, icyo kiyoka ni ikimenyetso gihagarariye<br />

Roma ya gipagani.<br />

Mu gice cya 13 cy’Ibyahishuwe (umurongo wa 1 — 10) havugwa indi nyamaswa, ‘isa<br />

n’ingwe,’ ikiyoka cyayihaye ‘imbaraga zacyo, n’intebe yacyo y’Ubwami, n’ububasha<br />

bukomeye.” Iki kimenyetso nk’uko Abaporotesitanti benshi babyizera, cyerekana Ubupapa,<br />

kuko ari bwo bwasimbuye ingoma ya kera y’Abaroma bugafata ubutware n’intebe<br />

n’ububasha byari bifitwe n’ubwo bwami. Inyamaswa isa n’ingwe yavuzweho ibi ngo:<br />

“Ihabwa akanwa kavuga ibikomeye, n’ibyo gutuka Imana. . . . Ibumburira akanwa kayo<br />

gutuka Imana no gutuka izina ryayo n’ihema ryayo, n’ababa mu ijuru. Ihabwa kurwanya abera<br />

no kubanesha, ihabwa no gutwara imiryango yose n’amoko yose n’indimi zose n’amahanga<br />

yose.” Ubu buhanuzi buri hafi guhwana n’ibyavuzwe ku gahembe gato ko muri Daniel 7, nta<br />

gushidikanya bwerekeza ku bupapa.<br />

320

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!