15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

watanzwe ubwo Kristo yazaga ubwa mbere, kandi bakanga kumwizera we Mukiza w’abantu,<br />

ntibashoboraga guhabwa imbabazi ku bwe. Igihe Yesu ubwo yazamukaga mu ijuru, akinjira<br />

mu buturo bwo mu ijuru kubwo amaraso ye kugira ngo asesekaze ku bigishwa be imigisha<br />

iva ku murimo we w’ubuhuza, Abayahudi bakomeje kuba mu mwijima w’icuraburindi,<br />

bakomeza gutamba ibitambo byabo no gutanga amaturo bitagira umumaro. Umurimo<br />

w’ubutambyi wagiraga ibyo ushushanya wari wahagaze. Rwa rugi abantu bari basanzwe<br />

banyuramo ngo bagere ku Mana rwari rutagikinguye. Abayahudi bari baranze gushaka Imana<br />

banyuze mu nzira imwe rukumbi bashoboraga kuyiboneramo binyuze mu murimo<br />

wakorerwaga mu buturo bwo mu ijuru. Nicyo cyatumye batigeze basabana n’Imana. Kuri bo,<br />

urugi rwari rukinzwe. Ntibari bazi ko Kristo ari we gitambo nyakuri kandi akaba Umuhuza<br />

wenyine imbere y’Imana. Kubw’ibyo rero, ntibashoboraga kwakira ibyiza biva kuri uwo<br />

murimo w’ubuhuza.<br />

Imibereho y’Abayahudi batizeraga igaragaza neza imibereho y’abatagira icyo bitaho<br />

kandi batizera bo mu bavuga ko ari Abakristo, ariko bakinangira ku bushake bwabo<br />

badashaka kumenya umurimo w’Umutambyi wacu Mukuru w’umunyambabazi. Mu murimo<br />

wo mu buturo bwo ku isi, igihe umutambyi mukuru yinjiraga ahera cyane, Abisirayeli bose<br />

basabwaga guteranira ahazengurutse ubwo buturo maze bakicisha bugufi mu mitima imbere<br />

y’Imana mu buryo bukomeye kugira ngo bahabwe imbabazi z’ibyaha byabo, no kugira ngo<br />

badacibwa mu iteraniro. Mbega ukuntu ari ngenzi, muri iki gihe cy’umunsi nyakuri<br />

w’Impongano, ko dukwiriye gusobanukirwa umurimo w’Umutambyi wacu Mukuru kandi<br />

tukamenya inshingano dusabwa gukora.<br />

Ntabwo abantu bashobora kwanga umuburo Imana iboherereza kubw’imbabazi zayo ngo<br />

babure guhanwa. Mu gihe cya Nowa, ubutumwa bwaturutse mu ijuru, kandi agakiza k’abantu<br />

b’icyo gihe kari gashingiye ku buryo bafashe ubwo butumwa. Kubera ko banze kwemera<br />

umuburo, Mwuka w’Imana yakuwe kuri abo bantu babi, maze barimburwa n’umwuzure. Mu<br />

gihe cya Aburahamu, imbabazi zahagaritse kwinginga abaturage babi bari batuye i Sodomu<br />

maze bose bakongorwa n’umuriro uvuye mu ijuru, uretse Loti n’umugore we n’abakobwa be<br />

babiri. No mu gihe cya Kristo niko byagenze. Umwana w’Imana yabwiye Abayahudi<br />

batizeraga muri icyo gihe ati: “Dore inzu yanyu muyisigiwe ari umusaka.” 591 Urebye mu<br />

minsi iheruka, wa Munyabushobozi butagira iherezo avuga ku bantu “batemeye gukunda<br />

ukuri ngo bakizwe” ati: “Ni cyo gituma Imana izaboherereza ubushukanyi bukomeye cyane,<br />

ngo bizere ibinyoma, kugira ngo abatizeye iby’ukuri bose, bakishimira gukiranirwa,<br />

bacirweho iteka.” 592 Uko birengagiza inyigisho z’Ijambo ryayo, Imana ibakuraho Mwuka<br />

wayo maze ikabarekera mu bushukanyi bikundira.<br />

Nyamara Kristo aracyakorera umuntu umurimo wo kumuhuza n’Imana, kandi umucyo<br />

uzahabwa abawushaka. Nubwo ku ikubitiro Abadiventisiti batabashije gusobanukirwa ibyo,<br />

byaje gusobanurwa neza ubwo Ibyanditswe byera bibisobanura neza byatangiraga<br />

kubihishurira imbere yabo.<br />

315

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!