15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

w’impongano umutambyi mukuru yavaga ahera, yinjiraga ahera cyane imbere y’Imana<br />

akahajyana amaraso y’igitambo gitambirwa ibyaha mu cyimbo cy’Abisirayeli bose babaga<br />

mu by’ukuri bihanye ibyaha byabo. Bityo rero, Kristo yarangije umugabane umwe gusa<br />

w’umurimo we nk’umuvugizi wacu, kandi kubw’amaraso ye aracyasabira abanyabyaha<br />

imbere ya Se.<br />

Ntabwo mu mwaka wa 1844 Abadiventisiti basobanukiwe neza n’iyi ngingo. Nyuma<br />

y’irangira ry’igihe bari biteze ko Umukiza yari kuziraho, bakomeje kwizera ko kuza kwe<br />

kwegereje; bari bazi ko bageze mu gihe cy’akaga gakomeye kandi ko umurimo wa Kristo<br />

nk’umuhuza w’abantu n’Imana wahagaze. Kuri bo babonaga ko Bibiliya yigisha ko igihe<br />

cy’imbabazi cyahawe umuntu cyagombaga kurangira mbere gato yo kuza k’Umukiza<br />

atungutse mu bicu. Ibyo byasaga n’ukuri ukurikije ibyanditswe bivuga iby’igihe abantu<br />

bazashakashaka, bagakomanga kandi bakaririra ku rugi rw’imbabazi, ariko ntibakingurirwe.<br />

Na none kandi bibazaga niba umunsi bari barategerejeho kugaruka kwa Kristo waba ahubwo<br />

utarabaye itangiriro ry’icyo gihe cyagombaga kubanziriza kugaruka kwe. Ubwo bari bamaze<br />

kuvuga ubutumwa bw’imbuzi bwerekeye urubanza rwegereje, bibwiraga ko barangije<br />

umurimo bagomba gukorera abatuye isi, maze ntibaba bacyiyumvamo inshingano bafite yo<br />

kugira ikindi bakora kubw’agakiza k’abanyabyaha. Icyo gihe kandi amagambo y’ubwibone<br />

no gukerensa yasohokaga mu kanwa k’abatubaha Imana yababereye nk’ikindi gihamya<br />

cy’uko <strong>Umwuka</strong> w’Imana yakuwe mu bantu banze kwakira imbabazi zayo. Ibyo byose<br />

byabahaga gushikama mu kwizera ko igihe cy’imbabazi cyarangiye, cyangwa se, nk’uko<br />

babivugaga icyo gihe, “urugi rw’imbabazi rwari rwafunzwe.”<br />

Ariko umucyo uruseho waje kumurika kubwo gusesengura ikibazo cyerekeye ubuturo<br />

bwera. Noneho baje kubona ko bari bafite ukuri mu myizerere yabo y’uko iherezo ry’iminsi<br />

2300 (mu mwaka wa 1844) ryaranze akaga gakomeye. Nyamara nubwo byari ukuri yuko<br />

umuryango w’ibyiringiro n’ubuntu abantu bari bamaze imyaka igihumbi na magana inane<br />

banyuramo ngo begere ku Mana wari ukinzwe, urundi rugi rwarakinguwe kandi imbabazi<br />

z’ibyaha zahabwaga abanyabyaha binyuze mu murimo Kristo akorera ahera cyane.<br />

Umugabane umwe w’umurimo we wari umaze kurangira, kugira ngo ukurikirwe n’undi. Hari<br />

hakiriho “urugi rukinguye” ryekereza mu buturo bwo mu ijuru aho Kristo yakoreraga<br />

umurimo we kubw’umunyabyaha.<br />

Noneho habonetse ubusobanuro bw’amagambo ari mu Byahishuwe, ayo Kristo yabwiye<br />

itorero muri icyo gihe avuga ati: “Uwera kandi w’ukuri, ufite urufunguzo rwa Dawidi,<br />

ukingura ntihagire ukinga, kandi ukinga ntihagire ukingura, aravuga aya magambo ati: ‘Nzi<br />

imirimo yawe: Dore nshyize imbere yawe urugi rukinguye kandi ntawe ubasha kurukinga.<br />

590<br />

Kubwo kwizera, abakurikira Yesu mu murimo we w’ingenzi wo guhongerera, ni bo gusa<br />

babona inyungu z’umurimo w’Ubuhuza Kristo akora ku bwabo, mu gihe abanga umucyo<br />

ugaragaza uyu murimo bo batagira icyo bunguka. Abayahudi banze kwakira umucyo<br />

314

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!